Kuzamurwa kw’Itorero n’Ibihe by’Imperuka (The Rapture and End Times)

Igice Cya Makumyabiri n'Icyenda (Chapter Twenty-Nine)

Igihe Yesu yari akiri hano mu isi nk’umuntu, yabwiye abigishwa be ku mugaragaro ko ko azagenda kandi ko umunsi umwe azagaruka. Kandi nagaruka, azabajyana hamwe na we mu ijuru (ni byo abakrisito muri iki gihe cyacu bita “kuzamurwa/kujyanwa”[“the Rapture”]). Urugero, araye ari bubambwe, Yesu yabwiye abigishwa be cumi n’umwe ati:

Ntimuhagarike imitima yanyu, mwizere Imana nanjye munyizere. Mu rugo rwa Data harimo amazu menshi: iyaba adahari mba mbabwiye, kuko ngiye kubategurira ahanyu. Kandi ubwo ngiye kubategurira ahanyu, nzagaruka mbajyane iwanjye, ngo aho ndi namwe muzabeyo (Yohana 14:1-3).

Icyumvikana neza muri ayo magambo ya Yesu ni uko yashoboraga kugaruka abo cumi n’umwe bakiriho. Mu byukuri, bamaze kumva ibyo Yesu avuze, nta kindi uretse gutekereza ko azagaruka bakiriho.

Kandi Yesu yihanangirije abigishwa be kenshi guhora biteguriye kugaruka kwe, na none ibyo bikumvikanisha ko ashobora kugaruka bakiriho (urugero, reba, Mat. 24:42-44).

Kwegereza Ko Kugaruka kwa Yesu Mu Nzandiko Za Bibiliya

(Jesus’ Imminent Return in the Epistles)

Intumwa zanditse inzandiko zo mu Isezerano Rishya nta gushidikanya ko zashimangiraga ko zizeye ko Yesu ashobora kugaruka zikiriho muri icyo gihe cy’abasomaga izo nzandiko. Urugero, Yakobo yaranditse ati:

Nuko bene Data, mwihangane mugeze aho Umwami Yesu azazira. Dore umuhinzi ategereza imyaka y’ubutaka y’igiciro, ayirindira yihanganye kugeza aho azabonera imvura y’umuhindo n’iy’itumba. Mube ari ko namwe mwihangana, mwikomeze imitima kuko kuza k’Umwami Yesu kubegereye (Yak. 5:7-8).

Nta mpamvu yari kuhaba yo kugira ngo Yakobo ahamagarire abasoma urwandiko rwe kwihangana bihanganira ikintu kitazabaho mu gihe cyo kubaho kwabo. Ahubwo yizeraga ko kuza k’Umwami “kwegereje.” Turebye ibihe urwo rwandiko rwandikiwemo, Yakobo yarwanditse igihe itorero ryarimo rinyura mu mibabaro y’itotezwa (reba Yak. 1:2-4), igihe abizera bifuzaga cyane kugaruka k’Umwami wabo.

Na Pawulo ni uko, na we yizeraga ko Yesu ashobora kugaruka abenshi mu bo muri icyo gihe bakiriho:

Ariko bene Data, ntidushaka ko mutamenya iby’abasinziriye, mutababara nka ba bandi badafite ibyiringiro. Ubwo twemeye yuko Yesu yapfuye akazuka, abe ari ko twizera ko izazanana na we abasinziririye muri we. Iki ni cyo tubabwira tukibwirijwe n’Ijambo ry’Umwami wacu yuko twebwe abazaba bakiriho, basigaye kugeza ku kuza k’Umwami, tutazabanziriza na hato abasinziriye. Kuko Umwami ubwe azaza amanutse ava mu ijuru aranguruye ijwi rirenga, hamwe n’ijwi rya marayika ukomeye n’impanda y’Imana, nuko abapfiriye muri Krisito ni bo bazabanza kuzuka, maze natwe abazaba bakiriho basigaye, duhereko tujyananwe na bo, tuzamuwe mu bicu gusanganira Umwami mu kirere. Nuko rero tuzabana n’Umwami iteka ryose. Nuko mumaranishe imibabaro kubwirana ayo magambo (1 Tes. 4:13-18).[1]

Ibi kandi bitwereka ko Yesu nagaruka avuye mu ijuru, imibiri y’abizera bapfuye izazurwa, hanyuma hamwe n’abizera bazaba bakiriho igihe cyo kugaruka kwe, “bakajyananwa hamwe gusanganira Umwami mu kirere” (kujyanwa). Kandi bitewe n’uko Pawulo yavuze ko Yesu nagaruka ava mu ijuru azazanana na we abazaba barapfiriye “muri We,” umwanzuro wonyine dushobora gukuramo ni uko igihe cyo kujyanwa kw’itorero, imyuka y’abizera iri mu ijuru izahuzwa n’imibiri yabo izaba imaze kuzuka.

Petero na we yizeraga ko kugaruka kwa Krisito kwegereje igihe yandikaga urwandiko rwe rwa mbere:

Nuko mukenyere mu mitima yanyu, mwirinde ibisindisha, mwiringire rwose impano y’ubuntu muzazanirwa, ubwo Yesu Krisito azahishurwa ….Iherezo rya byose riri bugufi. Nuko mugire ubwenge mwirinda ibisindisha, mubone uko mugira umwete wo gusenga ….Ahubwo munezezwe n’uko mufatanije imibabaro ya Krisito, kugira ngo muzanezerwe mwishima bihebuje, ubwo ubwiza bwe buzahishurwa (1 Pet. 1:13, 4:7, 13).[2]

Hanyuma, ubwo Yohana yandikiraga amatorero, na we yizeraga ko iherezo riri bugufi kandi ko abo mu gihe cye basomaga izo nzandiko ze bashobora kuzabona Yesu agarutse:

Bana bato, tugeze mu gihe cy’imperuka kandi nk’uko mwumvise yuko antikristo azaza, ni ko na none hamaze kwaduka ba Antikristo benshi ndetse ni byo bitumenyesha yuko igihe cy’imperuka gisohoye ….Na none bana bato, mugume muri we, kugira ngo niyerekanwa tuzabone uko dutinyuka, tutabebera imbere ye ubwo azaza ….Bakundwa ubu turi abana b’Imana ariko uko tuzamera ntikurerekanwa. Icyakora icyo tuzi ni uko Yesu niyerekanwa tuzasa na we kuko tuzamureba uko ari. Kandi ufite ibyo byiringiro muri we, yiboneza nk’uko uwo aboneye (1 Yohana 2:18, 28; 3:2-3).

Gutinda Kwe

(His Delay)

Iyo dushubije amaso inyuma tukareba imyaka irenga 2,000, tubona ko Yesu atagarutse vuba nk’uko intumwa zabyiringiraga. Ndetse no mu gihe cyabo, hari bamwe bari batangiye gushidikanya niba Yesu azigera agaruka urebye igihe cyari kihaciye kuva asubiye mu ijuru. Urugero nk’igihe Petero yari yegereje kurangiza igihe cye hano mu isi (reba 2 Pet. 1:13-14), Yesu yari ataragaruka, nuko Petero abwira abari bafite ibitekerezo byo gushidikanya mu rwandiko rwe rwa nyuma ati:

Mubanze kumenya iki, yuko mu minsi y’imperuka hazaza abakobanyi bakobana, bakurkiza irari ryabo, babaza bati, “Isezerano ryo kuza kwe riri he? Ko uhereye aho ba sogokuruza basinziririye, byose bihora uko byahoze, uhereye ku kuremwa kw’isi. Nuko biyibagiza nkana yuko ijuru ryahozeho uhereye kera kose, n’isi yakuwe mu mazi ikazengurukwa na yo ku bw’ijambo ry’Imana, ari byo byatumye isi ya kera irengwaho n’amazi ikarimbuka. Ariko ijuru n’isi bya none, iryo jambo ni ryo na none ryabibikiye umuriro uzatera ku munsi w’amateka, urimbure abatubaha Imana. Ariko bakundwa, iri jambo rimwe ntirikabasobe, yuko ku Mwami Imana umunsi umwe ari nk’imyaka igihumbi, n’imyaka igihumbi ari nk’umunsi umwe. Umwami Imana ntitinza isezerano ryayo, nk’uko bamwe batekereza yuko iritinza. Ahubwo itwihanganira idashaka ko hagira n’umwe urimbuka, ahubwo ishaka ko bose bihana. Ariko umunsi w’Umwami wacu uzaza nk’umujura, ubwo ijuru rizavaho hakaba n’umuriri ukomeye, maze iby’ishingiro , ibyo byose biremeshwa bikayengeshwa no gushya cyane, isi n’imirimo iyirimo bigashirīra (2 Pet. 3:3-10).

Petero yahamije ko gutinda kugaruka kwa Yesu biterwa n’urukundo rwe n’imbabazi ze–Ashaka kongerera igihe abantu ngo bihane. Ariko na none yemeje ko nta kabuza Yesu azagaruka. Kandi nagaruka, azazana uburakari bwinshi.

Bibiliya kandi yerekana neza, nk’uko turi bubibone, ko kugarukana umujinya kwa Kristo bizabanzirizwa n’imyaka y’amakuba atarigeze kubaho mu isi yose no gusukwa k’umujinya w’Imana ku banyabyaha. Igice kinini mu gitabo cy’Ibyahishuwe kigizwe n’iby’icyo gihe kizaza. Nk’uko na none turi bubibone, Bibiliya yerekana ko hazabaho imyaka irindwi y’ibyo bihe by’amakuba. Nta gushidikanya ko Kuzamurwa kw’itorero bizaba igihe kimwe muri iyo myaka irindwi cyangwa yegereje.

Ni Ryari Neza Neza Kuzamurwa kw’Itorero Bizaba?

(When Exactly Does the Rapture Occur?)

Ikibazo gikunze kenshi gucamo Abakristo ibice ni icy’igihe nyacyo Itorero rizazamurirwa. Bamwe bavuga ko Kuzamurwa kw’Itorero bizaba mbere gato ya ya myaka irindwi y’amakuba akomeye, kandi bishobora kuba umwanya uwo ari wo wose icyo gihe. Abandi bavuga ko Kuzamurwa bizaba hagati muri kimwe cya kabiri cy’iyo myaka irindwi y’amakuba. Hakaba n’undi uvuga ko bizaba igihe runaka nyuma y’imyaka itatu n’igice y’amakuba. Na none abandi bakavuga ko Kuzamurwa kw’itorero bizaba igihe Yesu azaba agarukanye umujinya ya myaka irindwi y’amakuba irangiye.

Ibi rwose ntibyari bikwiye gutuma abantu bacikamo ibice, kandi abo muri izo mpande enye bose bari bakwiye kwibuka ko bose bemeranya koKuzamurwa kw’itorero bizaba igihe runaka muri ya myaka irindwi y’amakuba cyangwa mbere yayo gato. Icyo ni igihe kigufi cyane mu myaka ibihumbi by’amateka y’isi. Nuko rero aho kugira ngo ducikemo ibice kubera ibyo tutemeranyaho, ahubwo twari dukwiye kunezererwa ibyo twemeranyaho! Kandi mu byukuri ibyo buri wese muri twe yizera nta cyo bizahindura ku bizaba.

Nubwo tumaze kuvuga ibyo, sinabura kubabwira ko mu myaka makumyabiri n’itanu ya mbere y’ubuzima bwanjye bwa gikristo, nizeraga ko Kuzamurwa kw’Itorero bizaba mbere ya ya myaka irindwi y’amakuba akomeye. Nabyizeraga ntyo kuko ari ko nari narigishijwe, kandi sinanifuzaga kuzaca muri ibyo bintu nk’uko nabisomye mu gitabo cy’Ibyahishuwe! Ariko uko nakomeje kwiga Bibiliya ku giti cyanjye, natangiye kubyumva ukundi. Reka rero turebere hamwe icyo Bibiliya ivuga hanyuma turebe umwanzuro wafatwa. Nubwo ntakwemeza kubyumva nk’uko mbyumva ngo uze mu ruhande rwanjye, ntibigomba kutubuza gukomeza gukundana!

Ijambo Ryo Ku Musozi Wa Elayono

(The Olivet Discourse)

Reka dutangire tureba igice cya 24 cy’Ubutumwa bwiza bwa Matayo, igice cya Bibiliya cy’ingenzi cyane ku byerekeye iby’ibihe by’iherezo no kugaruka kwa Yesu. Hamwe n’igice cya 25 cya Matayo, bizwi ku izina ry’Ijambo Ryo ku Musozi wa Elayono (the Olivet Discourse), bitewe n’uko ibyo bice bibiri ari inyigisho Yesu yigishirije ku musozi wa Elayono yigisha bamwe mu bigishwa be b’inkoramutima[3]. Uko tubisoma, turagenda twiga ibintu byinshi byerekeye ibihe by’imperuka, kandi turareba umwanzuro abigishwa ba Yesu, abo yabwiraga, bakuyemo ku byerekeye igihe cyo Kuzamurwa kw’itorero:

Yesu asohoka mu rusengero. Akigenda, abigishwa be baramusanga bashaka kumwereka imyubakire y’urusengero. Arababwira ati, “Ntimureba ibi byose? Ndababwira ukuri yuko aha hatazasigara ibuye rigeretse ku rindi ritajugunywe hasi.” Yicaye ku musozi Elayono, abigishwa baza aho ari biherereye baramubaza bati, “Tubwire, ibyo bizaba ryari, n’ikimenyetso cyo kuza kwawe n’icy’imperuka y’isi ni ikihe?” (Mat 24:1-3).

Abigishwa ba Yesu bashakaga kumenya iby’ibihe bizaza. By’umwihariko bashakaga kumenya igihe urusengero ruzasenyerwa (nk’uko Yesu yari amaze kubihanura), n’ikimenyetso cyo kugaruka kwe n’icy’ibihe by’imperuka.

Iyo dushubije amaso inyuma, twibuka ko urusengero rwasenywe rugashiraho mu mwaka wa 70 nyuma ya Yesu Kristo, rusenywe na Jenerali Tito ari kumwe n’ingabo z’Abaroma yari ayoboye. Kandi tuzi ko Yesu ataragaruka kujyana itorero, ubwo rero ibyo bintu uko ari bibiri ntabwo byari kubera rimwe.

Yesu Asubiza Ibibazo Byabo

(Jesus Answers Their Questions)

Birasa nk’aho Matayo atanditse igisubizo cya Yesu ku kibazo cya mbere cyerekeye igihe urusengero ruzasenyukira, ariko Luka we yaracyanditse mu butumwa bwiza bwanditswe na we (reba Luka 21:12-24). Mu Butumwa bwiza bwa Matayo, Yesu yahereyeko avuga ibimenyetso bizabanziriza kugaruka kwe n’ibihe by’imperuka:

Yesu arabasubiza ati, “Mwirinde hatagira umuntu ubayobya. Kuko benshi bazaza biyita izina ryanjye bati, ‘Ni jye Kristo,’ bazayobya benshi. Muzumva iby’intambara n’impuha z’intambara, mwirinde mudahagarika imitima kuko bitazabura kubaho, ariko imperuka izaba itaraza. Ishyanga rizatera irindi shyanga, n’ubwami buzatera ubundi bwami, hazabaho inzara n’ibishyitsi hamwe na hamwe. Ariko ibyo byose bizaba ari itangiriro ryo kuramukwa” (Mat. 24:4-8).

Biragaragara neza kuva mu ntangiriro z’iyo nyigisho ko Yesu yari azi ko abigishwa be bo muri icyo kinyejana cya mbere bashobora kuzaba bakiriho muri ibyo bihe bizaba byegereza kugaruka kwe. Reba incuro zose Yesu yakoresheje insimburazina mwebwe. Yesu yakoresheje insimburazina mwebwe incuro makumyabiri nibura mu gice cya 24 cyonyine, bityo rero abari bamuteze amatwi bari kumva ko bazaba bakiriho kugeza babonye ibyo Yesu yari ahanuye.

Ariko na none tuzi ko, buri mwigishwa wese mu bari bateze amatwi Yesu uwo munsi yapfuye kera. Nyamara ntitwakwanzura tuvuga ko Yesu yababeshyaga, ahubwo ni uko na Yesu ubwe atari azi igihe nyirizina azagarukira (reba Mat. 24:36). Byarashobokaga cyane rero ku bumvise Ijambo ryo ku musozi wa Elayono kuba bakiriho igihe cyo kugaruka kwe.

Icyari gihangayikishije cyane Yesu cyari uko abigishwa be bayobywa n’abiyita Kristo, kuko bene abo bazaba benshi mu minsi y’imperuka. Tuzi ko na Antikristo ubwe azaba ari yiyita Kristo, akayobya umubare munini cyane w’abatuye isi. Bazamubanamo umucunguzi w’igitangaza.

Yesu yavuze ko hazabaho intambara, inzara n’ibishyitsi, ariko yavuze ko ibyo bitazaba ari ibimenyetso byo kugaruka kwe, ahubwo bizaba gusa ari “itangiriro ryo kuramukwa.” Urebye ibyo bimenyetso bimaze imyaka ibihumbi bibiri biba. Ariko hari ikintu Yesu yakurikijeho kitaraba.

Amakuba y’Isi Yose Aratangiye

(Worldwide Tribulation Begins)

“Ubwo ni bwo bazabagambanira ngo mubabazwe, ndetse bazabica, muzangwa n’amahanga yose abahora izina ryanjye. Ni bwo benshi bazasubira inyuma, bazagambanirana bangane. N’abahanuzi benshi b’ibinyoma bazaduka bayobye benshi. Maze kuko ubugome buzagwira, urukundo rwa benshi ruzakonja. Ariko uwihangana akageza imperuka ni we uzakizwa. Kandi ubu butumwa bwiza bw’ubwami buzigishwa mu isi yose, ngo bube ubuhamya bwo guhamiriza amahanga yose, ni bwo imperuka izaherako ize” (Mat. 24:9-14).

Na none, iyo uza kubaza abumvaga Yesu uwo munsi uti, “Ese murumva muzaba mukiriho kugeza ubwo ibi bintu bizasohora?” nta kabuza baba barashubije ko bazaba bakiriho. Yesu yakomeje gukoresha insimburazina mu.

Nk’uko tumaze gusoma, nyuma yo “kuramukwa” hari ikintu kizaba, kandi nta gushidikanya ko kitaraba, igihe cyo gutotezwa kw’Abakristo kutigeze kubaho mu isi yose. Tuzangwa “n’amahanga yose,” cyangwa nk’uko bivuga koko, “n’amoko yose.” Yesu yavugaga igihe runaka cyihariye ibyo bizabera, ntabwo ari igihe cyose uko imyaka itambuka, kuko mu nteruro ikurikiraho yaravuze ati, “Ni bwo benshi bazasubira inyuma, bazagambanirana bangane.”

Aya magambo aragaragaza ko yavugaga Abakristo bazasubira inyuma hanyuma bakanga abandi bakristo, kuko abatizera badashobora “gusubira inyuma,” kandi basanzwe bangana. Nuko rero, itoteza ry’isi yose niritangira, hazabaho kugwa gukomeye kw’abitwa ko ari Abakristo bave mu byizerwa. Baba abizera nyabo cyangwa abishushanya, intama cyangwa ihene, abenshi bazagwa, hanyuma bazatungira agatoki abategetsi bazaba batoteza itorero, babarangire abakristo, maze bange abo bajyaga bavuga ko bakunda. Ibyo bizatuma itorero ryezwa ritunganywe mu isi yose.

Hanyuma hazabaho no kwaduka kw’abahanuzi b’ibinyoma, umwe muri bo avugwa cyane mu gitabo cy’Ibyahishuwe ko ari we uzaba afatanyije na antikristo mu mabi yabo (reba Ibyah. 13:11-18; 19:20; 20:10). Ubugome buzagwira kugeza ubwo n’akantu gake k’urukundo kari gasigaye mu mitima y’abantu kazashira, kandi abanyabyaha bazarushaho kuba babi, nta bumuntu bakigira.

Abazahorwa Imana n’Abazarokoka

(Martyrs and Survivors)

Nubwo Yesu yahanuye ko abizera bazicwa (reba 24:9) ariko iyo urebye ntabwo ari bose, kuko yasezeranye ko abihangana bakageza ku mperuka bazakizwa (reba 24:13). Ni ukuvuga ngo nibatemera kuyobywa n’abiyita Kristo n’abahanuzi b’ibinyoma bagatsinda ikigeragezo cyo kuva mu byizerwa ngo bagwe, bazakizwa cyangwa bazarokorwa na Kristo igihe azaba agarutse aje kubakoranyiriza hamwe mu bicu. Uku gutotezwa kw’igihe kizaza no kurokorwa byahishuriwe kandi umuhanuzi Daniyeli, wahanuye ati,

Hazaba ari igihe cy’umubabaro utigeze kubaho uhereye igihe amahanga yabereyeho ukageza icyo gihe. Nuko icyo gihe abantu bawe bazaba banditswe mu gitabo, bazarokorwa. Kandi benshi bo muri bo bazaba barasinziriye mu gitaka bazakanguka, bamwe bazakangukira ubugingo buhoraho” (Dan. 12:1-2).

Ariko no muri iyo minsi agakiza kazaba ari ku buntu, kuko Yesu yasezeranye ko ubutumwa bwiza buzigishwa mu mahanga yose (“mu mōko yose”), kugira ngo abantu bahabwe amahirwe ya nyuma yo kwihana, hanyuma imperuka izaherako ize.[4] Biratangaje ukuntu mu gitabo cy’Ibyahishuwe tubona ibishobora kuba gusohoza kw’isezerano rya Yesu:

Nuko mbona marayika wundi aguruka aringanije ijuru, afite ubutumwa bwiza bw’iteka ryose ngo abubwire abari mu isi, bo mu mahanga yose n’imiryango yose, n’indimi zose n’amoko yose. Avuga ijwi rirenga ati, “Nimwubahe Imana muyihimbaze kuko igihe cyo gucira abantu urubanza gisohoye, muramye Iyaremye ijuru n’isi n’inyanja n’amasōko” (Ibyah. 14:6-7).

Bamwe batekereza ko impamvu marayika azabwiriza ubutumwa ari uko icyo gihe cy’imyaka irindwi y’amakuba akomeye, kuzamurwa kw’itorero kuzaba kwarabaye abizera bakaba baragiye. Ariko ibyo ni ibitekerezo gusa birumvikana.

Antikristo

(The Antichrist)

Umuhanuzi Daniyeli yahishuye ko antikristo azagenda akicara mu rusengero rw’i Yerusalemu ruzaba rwongeye kubakwa hagati muri ya myaka irindwi y’ibyago maze akiyita Imana (reba Dan. 9:27, turaza kubyigaho). Icyo ni cyo kintu Yesu yari afite mu bitekerezo igihe yakomezaga ijambo rye yavugiye ku musozi wa Elayono:

“Ariko ubwo muzabona ikizira kirimbura cyahanuwe n’umuhanuzi Daniyeli gihagaze Ahera, (ubisoma abyitondere), icyo gihe abazaba bari i Yudaya bazahungire ku misozi, n’uzaba ari hejuru y’inzu ye kuzamanuka ngo atware ku bintu byo mu nzu ye, n’uzaba ari mu mirima ye kuzasubira imuhira ngo azane umwenda we. Abazaba batwite n’abonsa muri iyo minsi bazabona ishyano. Namwe musengere kugira ngo guhunga kwanyu kutazabaho mu mezi y’imbeho cyangwa ku isabato, kuko muri iyo minsi hazabaho umubabaro mwinshi utigeze kubaho uhereye ku kuremwa kw’isi ukageza none, kandi ntuzongera kubaho. Iyo minsi iyaba itagabanijweho ntihajyaga kuzarokoka n’umwe, ariko ku bw’intore iyo minsi izagabanywaho” (Mat. 24:15-22).

Ibi na byo ni ibindi bisobanuro byihariye byerekeranye na biriya bihe bikomeye Yesu yari yaravuze (reba 24:9). Ubwo antikristo azatangaza ko ari Imana ari mu rusengero rw’i Yerusalemu, hazaduka gutotezwa guteye ubwoba kw’abizera Yesu. Antikristo namara kuvuga ko ari we Mana, azaba ashaka ko buri wese yemera ubumana bwe. Ubwo rero abayoboke ba Kristo nyabo bose bazaherako bitwa abanzi b’ubwo butegetsi bagomba gufatwa bakicwa. Ni cyo gituma Yesu yavuze ko abizera bazaba bari i Yudaya bagomba guhita bahungira mu misozi bajuyaje, kandi bagasenga ngo hatazagira ikiba intambamyi yo guhunga kwabo ku bw’impamvu iyo ari yo yose.

Ndibwira ko byakabaye byiza ko abizera bose mu isi icyo gihe bahungira mu misozi kure mu byaro, kuko ibyo bintu bishobora kuzaba birimo bica kuri televiziyo mu isi yose. Bibiliya itubwira ko isi yose izayobywa na antikristo, abantu bibwira ko ari Kristo, maze bamuyoboke. Igihe azatangaza ko ari Imana, bazamwizera bamuramye. Igihe azaba avuga amagambo yo gutuka Imana nyamana–Imana y’Abakristo–azatera isi yose, izaba yaramaze kuyoba, kwanga abo bantu badashaka kumuramya (reba Ibyah. 13:1-8).

Yesu yasezeranye ko hanyuma abe bazatabarwa mu “kugabanya” iyo minsi y’imibabaro; naho ubundi “n’umwe wajyaga kurokoka” (24:22). Ibyo yavuze byo “kugabanya” iyo minsi “ku bw’intore” agomba kuba yaravugaga ku kubatabara kwe ahingutse akabakoranyiriza hamwe mu kirere. Ariko ahangaha Yesu ntatubwira niba azatabara nyuma y’igihe kingana iki nyuma y’aho antikristo azaba amariye gutangaza ko ari Imana.

Uko biri kose, na none hano tubona ko Yesu yasize abari bamuteze amatwi uwo munsi bumva ko bazaba bakiriho antikristo atangaza ko ari Imana anatangira kurwanya Abakristo. Ibi bihabanye n’iby’abavuga ko abizera bazazamurwa mu ijuru mbere y’uko ibyo bintu biba. Iyo uza kubaza Petero cyangwa Yakobo cyangwa Yohana niba Yesu azagaruka kubatabara mbere y’uko antikristo atangaza ko ari Imana, baba baragushubije bati, “Oya.”

Intambara Yo Kurwanya Abera

(War Against the Saints)

Ahandi muri Bibiliya havuga uko antikristo azarwanya abizera abatoteza. Urugero, byahishuriwe Yohana, nk’uko yabyanditse mu gitabo cy’Ibyahishuwe:

Ihabwa[inyamaswa/antikristo] akanwa kavuga ibikomeye n’ibyo gutuka Imana, ihabwa no kurama ngo imare amezi mirongo ine n’abiri. Ibumburira akanwa kayo gutuka Imana, no gutuka iizina ryayo n’ihema ryayo n’ababa mu ijuru. Ihabwa kurwanya abera no kubanesha, ihabwa no gutwara imiryango yose n’amoko yose, n’indimi zose n’amahanga (Ibyah. 13:5-7).

Urabona ko antikristo azahabwa “ubutware ” kumara amezi mirongo ine n’abiri, cyangwa neza neza imyaka itatu n’igice. Biratangaje kuko icyo n’igice cya ya myaka irindwi y’amakuba akomeye. Umuntu ashyize mu gaciro yabona ko ari mu mezi mirongo ine n’abiri ya nyuma antikristo azahabwa “ubutware bwe,” kuko nta kabuza ubwo butware bwe azabwamburwa burundu igihe Kristo azaba agarutse akamurwanya we n’ingabo ze ku iherezo rya cya hgihe cy’amakuba akomeye.

Biragaragara ko ubwo “butware ” bw’amezi mirongo ine n’abiri ari ubutware budasanzwe, kuko byanze bikunze hari ubutware runaka antikristo azahabwa n’Imana mu kujya ku butegetsi kwe. Ubwo “bubasha bwo gukora” budasanzwe bushobora kuba buvuga igihe azahabwa kunesha abera, kuko dusoma mu gitabo cya Daniyeli ngo:

Maze mbona iryo hembe[antikristo] rirwanya abera ryenda kubanesha, kugeza aho Umukuru nyir’ibihe byose [Imana] yaziye agatsindishiriza abera b’Isumbabyose. Igihe kirasohora abera bahabwa ubwami….Ni we [antikristo] uzavuga ibyo kugomera Isumbabyose, kandi azarenganya abera b’Isumbabyose. Azigira inama zo guhindura ibihe n’amategeko, kandi bizarekerwa mu maboko ye kugeza aho igihe n’ibihe n’igice cy’igihe bizashirira. (Dan. 7:21-22, 25).

Daniyeli yahanuye ko abera bazarekerwa mu maboko ya antikristo kumara “igihe, ibihe, n’igice cy’igihe.” Aya magambo agomba gusobanurwa ko ari imyaka itatu n’igice, nk’uko bigereranywa mu gitabo cy’Ibyahishuwe 12:6 na 14. Mu gitabo cy’Ibyahishuwe 12:6 tubwirwa mu buryo bw’ikigereranyo ko hari umugore uzahabwa ubwihisho mu butayu ngo “agaburirirweyo” kumara iminsi 1,260, kandi ihwanye n’imyaka itatu n’igice, buri mwaka ugizwe n’iminsi 360. Hanyuma, nyuma y’imirongo itandatu, arongera akavugwa, kandi havugwa ko azahabwa ubuhungiro mu butayu kugira ngo “agaburirwe” kumara “igihe n’ibihe n’igice cy’igihe.” Bityo rero “igihe n’ibihe n’igice cy’igihe” bihwanye n’iminsi 1,260 cyangwa imyaka itatu n’igice.

Nuko rero ijambo “igihe” aha risobanura umwaka, “ibihe” bigasobanura imyaka ibiri, hanyuma “igice cy’igihe” kikavuga igice cy’umwaka. Iyi mvugo idasanzwe iri mu gitabo cy’Ibyahishuwe 12:14 igomba kuba ivuga kimwe no muri Daniyeli 7:21. Bityo noneho tumenye ko abera bazatangwa mu maboko ya antikristo kumara imyaka itatu n’igice, ari na cyo gihe twabwiwe mu gitabo cy’Ibyahishuwe 13:5 ko antikristo azahabwa “ubutware bwo gukora.”

Ndibwira ko nta cyo twakwirirwa tubivugaho kindi, biragaragara ko ibi bihe by’amezi mirongo ine n’abiri bivugwa ari bimwe. Niba bizatangirana no kwiyita Imana kw’antikristo muri kimwe cya kabiri cya ya myaka irindwi y’amakuba akomeye, ni ukuvuga ko abera bazarekerwa mu maboko ya antikristo kumara imyaka itatu n’igice izakurikiraho, hanyuma Yesu azabarokora aje ku bicu abiteranyirizeho ku iherezo rya ya myaka irindwi cyangwa mbere yaho gato. Ariko kandi, ayo mezi mirongo ine n’abiri natangira ikindi gihe kitari muri kimwe cya kabiri cya ya myaka irindwi, noneho dushobora kwanzura tuvuga ko Kuzamurwa kw’Itorero kuzaba igihe runaka mbere y’uko iyo myaka irindwi y’amakuba akomeye irangira.

Ikibazo gihari kuri ubwo buryo bushoboka bwa kabiri ni uko ubwo byasaba ko abera batangwa mu maboko ya antikristo mbere y’uko bajya mu kaga ngo bahungire mu misozi igihe antikristo azaba yiyise Imana. Ibyo rero nta shingiro bifite.

Ikibazo gihari na none kuri buriya buryo bwa mbere ni uko bisa nk’ibisobanura ko abera bazaba bakiri mu isi muri iriya minsi y’ibyago biteye ubwoba Imana izasuka mu isi nk’uko tubisoma mu gitabo cy’Ibyahishuwe. Iki kibazo turi buze kukireba.

Reka ubu dusubire kuri rya jambo Yesu yavugiye ku musozi wa Elayono.

Ba Mesiya b’Ibinyoma

(False Messiahs)

Yesu yakomeje asobanurira neza abigishwa be akamaro ko kutayobywa n’abiyita Kristo:

“Icyo gihe umuntu nababwira ati, ‘Dore Kristo ari hano,’ n’undi ati,’Ari hano’, ntimuzabyemere. Kuko abiyita Kristo n’abahanuzi b’ibinyoma bazaduka bakora ibimenyetso bikomeye n’ibitangaza, kugira ngo babone uko bayobya n’intore niba bishoboka. Dore mbibabwiye bitaraba. Nuko nibababwira bati, ‘Dore ari mu butayu’, ntimuzajyeyo, cyangwa bati, ‘Dore ari mu kirambi’, ntimuzabyemere. Kuko nk’uko umurabyo urabiriza iburasirazuba ukabonekera aho rirengera, ni ko no kuza k’Umwana w’umuntu kuzaba. Aho intumbi iri hose, ni ho inkongoro zizateranira” (Mat. 24:23-28).

Urabona na none ukuntu Yesu akoresha kenshi insimburazina mu. Abari bamuteze amatwi ku Musozi wa Elayono bashoboraga kumva ko bazaba bakiriho igihe abiyita Kristo bazaduka n’igihe abahanuzi b’ibinyoma bazaba bakora ibitangaza bikomeye. Kandi bashoboraga kumva ko bazabona Yesu agaruka mu bicu nk’umurabyo.

Birumvikana ko hashobora icyo gihe kuzaba hariho akaga gakomeye ko gusubira inyuma, kuko hazaba hariho itoteza ry’abizera riteye ubwoba kandi abiyita Kristo n’abahanuzi b’ibinyoma bazaba bemeza abantu cyane kubera ibitangaza byabo. Ni cyo gituma Yesu yaburiye abigishwa be kenshi ababwira ibyerekeye ibizaba agiye kugaruka. Ntiyashakaga ko bazayobywa nk’uko bizaba kuri benshi. Abizera nyabo kandi bashikamye bazategereza ko Yesu agaruka nk’umurabyo mu bicu, naho abayoboke be batari nyabo bazakururwa n’abiyita Kristo nk’uko inkongoro zikururwa n’intumbi mu butayu.

Ibimenyetso Ku Bicu

(Signs in the Sky)

Yesu arakomeza:

“Ariko hanyuma y’umubabaro wo muri iyo minsi, uwo mwanya izuba rizijima, n’ukwezi ntikuzava umwezi wako, n’inyenyeri zizagwa ziva mu ijuru, n’imbaraga zo mu ijuru zizanyeganyega. Ubwo ni bwo ikimenyetso cy’Umwana w’umuntu kizabonekera mu ijuru, n’amoko yose yo mu isi ni bwo azaboroga abonye Umwana w’umuntu aje ku bicu byo mu ijuru, afite ubushobozi n’ubwiza bwinshi. Azatumisha abamarayika be ijwi rirenga ry’impanda, bateranye intore ze mu birere bine, uhereye impera y’ijuru ukageza iyindi mpera yaryo” (Mat. 24:29-31).

Ibigereranyo byo muri aya magambo yo mu ijambo rya Yesu yavugiye ku Musozi wa Elayono bigomba kuba ari ibintu Abayuda bo muri icyo gihe cye bari bamenyereye, kuko ari ibyo muri Yesaya no muri Yoweli bivuga ku rubanza rw’Imana rwa nyuma ku mperuka y’isi, bikunze kwitwa “umunsi w’Uwiteka,” ubwo izuba n’ukwezi bizijima (reba Yes. 13:10-11; Yoweli 2:31). Nuko abatuye isi bose bazabona Yesu agaruka mu bicu ari mu bwiza bwe, kandi bazaboroga. Hanyuma abamarayika ba Yesu “bazateranya intore ze mu birere bine, uhereye impera y’ijuru ukageza iyindi mpera yaryo,” bigaragaza yuko mu byukuri abizera bazateranyirizwa hamwe gusanganira Yesu mu kirere, kandi ibyo byose bizaba ku ijwi “rirenga ry’impanda.”

Na none aha, iyo uza kubaza Petero, Yakobo cyangwa Yohana niba ku bwabo bumva Yesu azagaruka mbere cyangwa nyuma y’igihe cy’antikristo na ya makuba akomeye, nta kabuza baba baragushubije bati, “Ni nyuma.”

Kugaruka Kwa Yesu No Kuzamurwa kw’Itorero

(The Return and the Rapture)

Iki gice cy’ijambo Yesu yavugiye ku Musozi wa Elayono kivuga nk’ibyo tumenyereye Pawulo yanditseho, tutashidikanya ko ari ukuzamurwa kw’Itorero, ariko abasobanuzi benshi ba Bibiliya bakavuga ko bizaba mbere y’uko cya gihe cy’amakuba akomeye gitangira. Reba icyanditswe twize mbere muri iki gice:

Ariko bene Data, ntidushaka ko mutamenya iby’abasinziriye, mutababara nka ba bandi badafite ibyiringiro. Ubwo twemeye yuko Yesu yapfuye akazuka, abe ari ko twizera yuko Imana izazanana na Yesu abasinziririye muri we. Iki ni cyo tubabwira tukibwirijwe n’ijambo ry’Umwami wacu yuko twebwe abazaba bakiriho, basigaye kugeza ku kuza k’Umwami, tutazabanziriza na hato abasinziriye. Kuko Umwami ubwe azaza amanutse ava mu ijuru aranguruye ijwi rirenga, hamwe n’ijwi rya marayika ukomeye n’impanda y’Imana, nuko abapfiriye muri Kristo ni bo bazabanza kuzuka, maze natwe abazaba bakiriho basigaye duhereko tujyananwe na bo, tuzamuwe mu bicu gusanganirira Umwami mu kirere. Nuko rero tuzabana n’Umwami iteka ryose. Nuko mumaranishe imibabaro kubwirana ayo magambo. Ariko bene Data, iby’ibihe n’iminsi ntimugomba kubyandikirwa, kuko ubwanyu muzi ko umunsi w’Umwami wacu uzaza nk’uko umujura aza nijoro. Ubwo bazaba bavuga bati, “Ni amahoro nta kibi kiriho!” ni bwo kurimbuka kuzabatungura nk’uko ibise bitungura umugore utwite, kandi ntibazabasha kubikira na hato (1 Tes. 4:13 – 5:3).

Pawulo yanditse avuga ko Yesu azamanuka ava mu ijuru n’ijwi ry’impanda y’Imana kandi ko abizera bazajyanwa “mu bicu gusanganirira Umwami mu kirere.” Birumvikana neza neza nk’ibyo Yesu yavugaga muri Matayo 24:30-31, ibintu bigaragara neza ko bizaba antikristo amaze gufata ubutegetsi na ya makuba akomeye.

Ikindi kandi, Pawulo akomeza kwandika ku byo kugaruka kwa Kristo, yavuze ku gihe bizabera, “ubwo bazaba bavuga bati…,” kandi yibutsa abo yandikiraga ko ibyo basanzwe babizi neza ko “umunsi w’Umwami uzaza nk’uko umujura aza nijoro.” Pawulo yizeraga ko kugaruka kwa Kristo no Kuzamurwa kw’abizera bizaba ku “munsi w’Umwami,” umunsi umujinya ukomeye no kurimbuka bizamanukira abari biteguye “amahoro n’umutekano.” Kuko Kristo nagaruka kujyana Itorero rye, umujinya we uzamanukira isi.

Ibi byuzuzanya neza n’ibyo Pawulo yaje kwandika nyuma mu rundi rwandiko rwe yandikira Abatesalonike ku byo kugarukana umujinya kwa Kristo:

Kuko ari ibitunganiye Imana kwitura ababababaza kubabazwa, kandi namwe abababazwa kubitura kuzaruhukana natwe, ubwo Umwami Yesu azahishurwa ava mu ijuru, azanye n’abamarayika b’ubutware bwe hagati y’umuriro waka, ahōre inzigo abatamenye Imana n’abatumvira ubutumwa bw’Umwami wacu Yesu. Bazahabwa igihano kibakwiriye ari cyo kurimbuka kw’iteka ryose, bakohērwa ngo bave imbere y’Umwami no mu bwiza bw’imbaraga ze, ubwo azazanwa no gushimirwa mu bera be kuri uwo munsi, no gutangarirwa mu bamwizeye bose kuko ubuhamya twabahamirije bwemewe (2 Tes. 1:6-10).

Pawulo yavuze ko ubwo Yesu azaba agarutse aje kuruhura Abakristo b’Abatesalonike (reba 1 Tes. 1:4-5), azahishurwa ava mu ijuru “azanye n’abamarayika b’ubutware bwe hagati y’umuriro waka” akababaza ababababazaga, agahōra inzigo mu buryo bukwiriye. Ibi ntabwo byumvikana nk’iby’abavuga ko Kuzamurwa kw’itorero kuzaba mbere y’uko ya myaka irindwi y’amakuba akomeye itangira, bakavuga kandi ko uko kugaruka kwa Yesu kuzaba mu ibanga akajyana itorero bucece ntawundi ubyumvise. Oya, ahubwo ibi byumvikana neza neza nk’ibyo Yesu yavuze muri Matayo 24:30-31, ashyira kugaruka kwe ku iherezo rya cya gihe cy’amakuba akomeye cyangwa mbere gato y’uko kirangira, ubwo azajyana abizera hanyuma agasuka uburakari bwe ku batizera.

Umunsi w’Umwami

(The Day of the Lord)

Nyuma muri urwo rwandiko nyine, Pawulo yaranditse ati:

Turabinginga bene Data, ku bwo kuzaza k’Umwami wacu Yesu Kristo no kuzamuteranirizwaho kwacu, kugira ngo mutanamuka vuba mukava mu bwenge cyangwa ngo muhagarike imitima, naho mwaba mubitewe n’umwuka cyangwa n’ijambo cyangwa n’urwandiko rukekwa ko ruvuye kuri twe, bihamya yuko umunsi w’Umwami wacu umaze gusohora (2 Tes. 2:1-2).

Ubwa mbere, urabona ko icyo Pawulo yavugagaho ari ukugaruka kwa Kristo no Kuzamurwa kw’itorero. Yanditse ngo “kuzamuteranirizwaho” kwacu akoresha amagambo nk’ayo Yesu yakoresheje muri Matayo 24:31, igihe yavugaga uko abamarayika “bazakoranya” intore ze uhereye “impera y’ijuru ukageza ku yindi mpera yaryo.”

Ubwa kabiri, urabona ko Pawulo ahwanya ibyo bintu n’ibyo ku “munsi w’Umwami,” nk’uko yabigize mu 1 Abatesalonike 4:13 – 5:2. Nta bundi buryo byagaragara neza kuruta ubwo.

Pawulo arakomeza ati:

Ntihakagire umuntu uboshya uburyo bwose, kuko uwo munsi utazaza kurya kwimūra Imana kutabanje kubaho, kandi urya munyabugome atarahishurwa ari we mwana wo kurimbuka. Ni umubisha wishyira hejuru y’icyitwa imana cyose cyangwa igisengwa, kugira ngo yicare mu rusengero rw’Imana, yiyerekane ko ari Imana. (2 Tes. 2:3-4).

Abakristo b’Abatesalonike barimo bayobywa babwirwa ko umunsi w’Umwami, uwo Pawulo avuga ko ugomba gutangirana no kuzamurwa kw’itorero no kugaruka kwa Kristo, wamaze gusohora. Ariko Pawulo yavuze yeruye ko uwo munsi udashobora kuza kwa kwimūra Imana kutaraba (wenda ni kwa gusubira inyuma gukomeye Yesu yavuze muri Mat. 24:10) kandi antikristo atariyerekana mu rusengero rw’i Yerusalemu ko ari Imana. Bityo rero Pawulo yabwiye abizera b’Abatesalonike mu buryo bwumvikana neza ko batagomba kumva ko Kristo azagaruka, cyangwa itorero rizazamurwa, cyangwa ko umunsi w’Umwami uzaza, antikristo ataratangaza ko ari Imana.[5]

Pawulo akomeza akomeza asobanura kugaruka kwa Kristo no kurimbuka kwa antikristo bizakurikiraho:

Ntimwibuka yuko nababwiye ibyo mbere nkiri kumwe namwe? Kandi none muzi yuko ikimubuza ari ukugira ngo azahishurwe mu gihe cye, kuko amayoberane y’ubugome n’ubu atangiye gukora, ariko ntazahishurwa keretse uyabuza ubu akuweho. Ni bwo wa mugome azahishurwa, uwo Umwami Yesu azicisha umwuka uva mu kanwa ke, akamutsembesha kuboneka k’ukuza kwe. Kuza k’uwo mugome kuri mu buryo bwo gukora kwa Satani, gufite imbaraga zose n’ibimenyetso n’ibitangaza by’ibinyoma, n’ubuhenzi bwose bwo gukiranirwa ku barimbuka, kuko batemeye gukunda ukuri ngo bakizwe. (2 Tes. 2:5-10).

Pawulo yavuze ko antikristo azakurwaho no “kuboneka kwa Kristo aje mu bwiza bwe.” Niba uku “kuboneka” ari ko kuboneka kw’igihe cyo Kuzamurwa kw’itorero kuvugwa mu mirongo icyenda gusa usubiye inyuma (reba 2:1), ni ukuvuga ko antikristo azicwa mu gihe itorero rikoranyirizwa gusanganira Umwami mu kirere. Ibyanditswe bihamanya n’ibi biri mu gice cya 19 n’icya 20 mu gitabo cy’Ibyahishuwe. Aho tuhasoma ibyo kugaruka kwa Kristo (reba Ibyah. 19:11-16), kurimbuka kwa antikristo n’ingabo ze (reba 19:17-21), kubohwa kwa Satani (reba 20:1-3) n’ “umuzuko wa mbere” (reba 20:4-6), aho abizera bazaba barishwe bahowe Imana muri cya gihe cy’amakuba akomeye y’imyaka irindwi bazazuka. Niba koko uyu ari wo muzuko wa mbere rusange w’abakiranutsi, noneho nta gushidikanya cyane ko Kuzamurwa kw’itorero no Kugarukana umujinya kwa Kristo bizabera rimwe no kurimbuka kwa antikristo, nk’uko Bibiliya itubwira yeruye ko abapfiriye muri Kristo bose bazazuka igihe cyo Kuzamurwa kw’Itorero (reba 1 Thes. 4:15-17).[6]

Kwitegura

(Being Ready)

Reka dusubire na none kuri rya jambo ryo ku Musozi wa Elayono.

“Murebere ku mutini ni wo cyitegererezo: ishami ryawo, iyo ritoshye ibibabi bikamera, mumenya yuko igihe cy’impeshyi kiri bugufi. Nuko namwe nimubona ibyo byose, muzamenye yuko ari hafi, ndetse ageze ku rugi. Ndababwira ukuri yuko ab’ubu bwoko batazashiraho kugeza aho ibyo byose bizasohorera.[7] Ijuru n’isi bizashira, ariko amagambo yanjye ntazashira na hato” (Mat. 24:32-35).

Yesu ntiyashakaga ko abigishwa be bazatungurwa, ari yo yari intego y’ibanze y’aya magambo yo ku Musozi wa Elayono. Bari kuzamenya ko ari “ku rugi” igihe bari gutangira “kubona ibyo byose”–amakuba mu isi yose, kwimūra Imana, kwaduka kw’abahanuzi b’ibinyoma n’abiyita Kristo, antikristo atangaza ko ari Imana, ndetse igihe kugaruka kwe kuzaba kwegereje cyane, izuba n’ukwezi bikijima n’inyenyeri zikagwa ziva ku ijuru.

Nyamara, akimara kubabwira ibimenyetso bizabanziriza kuza kwe imyaka mike, amezi cyangwa iminsi, ababwira ko igihe nyirizina cyo kugaruka kwe ari ibanga:

“Ariko uwo munsi n’icyo gihe ntawubizi, naho baba abamarayika cyangwa Umwana, keretse Data wenyine” (Mat. 24:36).

Ni kangahe iki cyanditswe kigorekwa! Akunze bakunze kukivuga bashaka kuvuga ko nta kintu na kimwe tuzi ku gihe Yesu azagarukira, ngo kuko ashobora kugaruka igihe icyo ari cyo cyose gutwara itorero. Ariko iyo urebye uburyo n’igihe ayo magambo yavuzwemo, ntabwo ari byo Yesu yashakaga kuvuga na mba. Yari amaze kugerageza gukora uko ashoboye abwira abigishwa be ibimenyetso bizabanziriza kugaruka kwe kugira ngo bazabe biteguye. Aha rero noneho icyo ababwira gusa ni uko umunsi n’isaha neza neza byo kugaruka kwe byo batazabihishurirwa. Byongeye kandi, ntabwo ahangaha Yesu yavugaga ko icyo ari cyo gihe bavuga ngo cyo kugaruka kwe kwa mbere, ngo mbere y’uko ya myaka irindwi y’ibyago itangira, ngo ari ho Itorero rizazamurwa mu ibanga, ahubwo yavugaga ko kugaruka kwe bizaba ya myaka irindwi y’amakuba akomeye irangiye cyangwa mbere yaho gato. Ibyo ntawabijyaho impaka aramutse ashyize mu gaciro akareba uburyo n’igihe byavuzwemo.

Kugarukwa kwe –Kuzatungurana cyane?

(His Return–A Complete Surprise?)

Icyo bajya bavuga mu mpaka zo kurwanya igitekerezo cy’uko Kuzamurwa kw’Itorero bizaba cya gihe cy’amakuba akomeye kirangiye cyangwa mbere yaho gato ngo ni uko uko kugaruka kutaba gutunguranye nk’uko Yesu (ngo yaba) yaravuze, kuko ngo uko kugaruka umuntu yabona ko kugiye kubaho arebeye ku bizaba birimo biraba muri icyo gihe cy’amakuba akomeye. Bakavuga ko ngo Itorero rigomba kujyanwa ibyago bitaraza, ngo niba atari ibyo nta mpamvu y’uko abizera bahora biteguye bakaba maso nk’uko Bibiliya ivuga, ngo kandi bazi ko hakiri imyaka irindwi cyangwa irenga mbere y’uko Yesu agaruka.

Nyamara igitekerezo kivuguruza ibyo, ni uko mu byukuri muri ariya magambo ya Yesu ku Musozi wa Elayono nta kindi yari agamije uretse kugira ngo abigishwa be bazabe biteguye ubwo azagaruka ya makuba akomeye arangiye cyangwa yegereje kurangira, kandi yabahishuriye ibimenyetso byinshi bizabanziriza kuza kwe. Kukiririya jambo ryo ku Musozi wa Elayono ryuzuyemo kwihanangiriza kenshi ngo bitegure babe maso kandi Yesu yari azi ko hari hagisigaye imyaka nibura mike mbere y’uko agaruka uhereye igihe yavugiye ayo magambo? Urebye Yesu yumvaga ko Abakristo bakwiye guhora bari maso nubwo haba hasigaye imyaka myinshi ngo agaruke. Intumwa mu nzandiko zazo zihanangirizaga abizera ngo bahore biteguye kandi babe maso nk’uko Yesu nawe yibizihanangirije.

Ikindi kandi, abumva ko kuba itorero rizajyanwa mbere y’uko kiriya gihe cy’ibyago gitangira ari yo mpamvu abantu babwirwa kwitegura no kuba maso, bafite ikindi kibazo. Kuri bo Yesu azagaruka imyaka irindwi mbere y’uko ya makuba akomeye arangira. Bityo rero mu byukuri ibyo bita kugaruka kwa Yesu kwa mbere ntigushobora kuba umwanya uwo ari wo wose–kugomba kuba neza neza imyaka irindwi mbere y’uko igihe cy’amakuba kirangira. Nuko rero mu byukuri, nta mpamvu yo kumva ko Yesu azagaruka ibimenyetso byo gutangira kw’imyaka irindwi yo kubabazwa bitaraba, ibimenyetso umuntu ashobora kureberaho neza akamenya ibigiye kubaho.

Abenshi mu bavuga ko Kuzamurwa kw’Itorero bizaba mbere y’ibyo bihe byo kubabazwa, bavugishije ukuri bavuga ko bumva ko Yesu atagiye kugaruka uyu munsi cyangwa ejo bitewe n’ibiriho mu butegetsi bw’isi muri iki gihe. Haracyari ibintu byahanuwe bigomba kubanza gusohora mbere y’uko ya myaka irindwi y’ibyago itangira. Urugero, nk’uko mu kanya tugiye kubona mu gitabo cya Daniyeli, antikristo azagirana na Isirayeli isezerano ry’imyaka irindwi, kandi icyo ni cyo kizaba ikimenyetso cyo gutangira kwa cya gihe cy’ibyago. Bityo Kuzamurwa kw’Itorero, niba bizaba imyaka irindwi mbere y’uko imyaka irindwi y’amakuba irangira, bigomba kuba igihe antikristo azaba akoranye isezerano ry’imyaka irindwi na Isirayeli. Hataraba ikintu mu rwego rwa politike y’isi gituma ibyo bishoboka, nta mpamvu ikwiye gutuma abizera ko Kujyanwa kw’Itorero bizaba ya myaka y’amakuba itaratangira bumva ko Yesu yagaruka.

Byongeye kandi, abafite imyizerere yo kujyanwa kw’Itorero mbere y’imyaka irindwi y’amakuba bizera ko Yesu azongera akagaruka iyo myaka y’amakuba irangiye, ibyo rero bivuga ko umuntu ashobora kubara akamenya neza umunsi Yesu azagarukiraho ubwo bwa kabiri bavuga. Umunsi Itorero rizazamurwaho, kandi yavuze ko uwo munsi ari ibanga rya Data gusa, ni ukubara gusa imyaka irindwi uhereye icyo gihe.

Na none duhereye ku byo Yesu yavuze mu byukuri, biragaragara ko atashakaga ko kugaruka kwe bizatungurana cyane. Mu byukuri yashakaga ko umuntu yabimenyera ku bintu bimwe bizaba muri cya gihe cy’imyaka irindwi yo kubabazwa. Muri make, ntabwo Yesu yashakaga ko abigishwa be bazatungurwa batiteguye nk’uko bizagendera isi. Yakomenje ijambo rye ryo ku musozi wa Elayono:

“Uko iminsi ya Nowa yari iri, no kuza k’Umwana w’umuntu ni ko kuzaba, kuko nk’uko bari bameze muri iyo minsi yabanjirije umwuzure, bararyaga, baranywaga, bararongoraga, barashyingiraga, bageza umunsi Nowa yinjiriye mu nkuge, ntibabimenya kugeza aho umwuzure waziye ukabatwara bose. Ni ko no kuza k’Umwana w’umuntu kuzaba. Icyo gihe abagabo babiri bazaba bari mu murima, umwe azajyanwa undi asigare, abagore babiri bazaba basya ku rusyo, umwe azajyanwa undi asigare.[8] Nuko mube maso kuko mutazi umunsi Umwami wanyu azazaho. Ariko ibi mubimenye, iyaba nyir’urugo yari amenye igicuku umujura azaziramo yabaye maso, ntiyamukundiye gucukura inzu ye. Nuko namwe mwitegure, kuko igihe mudatekereza ari cyo Umwana w’umuntu azaziramo” (Mat. 24:37-44)

Na none hano turabona ko icyari gihangayitse Yesu ari ukugira ngo abigishwa be bazabe biteguriye kugaruka kwe. Mu byukuri iyo ni yo yari impamvu y’ibanze mu byo yavuze byose mbere y’ibi na nyuma yabyo muri iri jambo yavugiye ku musozi wa Elayono. Mu mpanuro ze zose no kubaburira abakangurira guhora biteguye kandi bakaba maso ntabwo wabona ko kugaruka kwe ari ibintu bizatungurana cyane, ahubwo byerekana ukuntu bizaba bikomeye gukomeza kwitegura no kuba maso muri ibyo bihe bizaba biruhije. Nuko rero, abategereje kuzamurwa kw’itorero umwanya uwo ari wo wose, mbere ya cya gihe cy’umubabaro mwinshi, bibwira ko ari bo biteguye cyane kurusha abandi Bakristo, bashobora kuzatungurwa no guhura n’ibyo batazaba biteguriye kuzahura na byo. Niba batumva ko bazaca mu mibabaro, hanyuma bakazisanga mu itotezwa rikomeye rizaba riri mu isi yose ku ngoma ya antikristo, ikigeragezo cyo kugwa bakava mu byizerwa gishobora kubarusha imbaraga. Ibyiza ni ukwitegurira ibyo Bibiliya ivuga ko mu byukuri bizaba.

Kandi na none iyo uza kubaza Petero, Yakobo cyangwa Yohana igihe bumva Yesu ashobora kuzagarukira, baba barakubwiye ibimenyetso byose Yesu yababwiye ko bizabanziriza kugaruka kwe. Ntibagatekereje kumubona mbere y’uko cya gihe cy’ibyago gitangira cyangwa mbere y’uko antikristo ajya ku butegetsi.

Umujura Mu Gicuku

(A Thief in the Night)

Urabona ko n’icyo kigereranyo Yesu yatanze cy’ “umujura wa mu gicuku” kigendanye no guhishura ibimenyetso byinshi ku buryo abigishwa be batari kuzagubwa gitumo no kugaruka kwe. Nuko rero icyo kigereranyo cy’ “umujura wa nijoro” ntabwo gikwiye kwitwazwa mu kwerekana ko nta muntu ushobora kugira icyo amenya ku gihe cyo kugaruka kwa Yesu.

Pawulo na Petero bose bakoresheje icyo kigereranyo cya Yesu cy’ “umujura mu gicuku” igihe bandikaga ku by’ “umunsi w’Uwiteka” (reba 1 Tes. 5:2-4, 2 Pet. 3:10). Bizeraga ko icyo kigereranyo kijyanye no kugarukana umujinya kwa Yesu ya myaka irindwi y’umubabaro mwinshi irangiye cyangwa yegereje kurangira. Birashimishije nyamara kumva ukuntu Pawulo yabwiye abo yandikiraga urwandiko rwe ati, “Ariko mwebweho bene Data, ntimuri mu mwijima ngo uwo munsi ubatungure nk’umujura” (1 Tes. 5:4). Yasobanuye neza ikigereranyo Yesu yatanze, amenya ko abari maso bagenzura ibimenyetso kandi bakaganduka mu gukurikira Yesu batari mu mwijima, ku buryo kugaruka kwa Yesu kutazabatungura na gato. Kuri bo Yesu ntazaza nk’umujura mu gicuku. Abari mu mwijima ni bo bazatungurwa gusa, kandi ibyo ni byo Yesu yavuze koko. (Reba kandi Yesu uko yakoresheje amagambo ngo “umujura mu gicuku” mu gitabo cy’Ibyah. 3:3 na 16:15, aho ayakoresha avuga ku kuza kwe igihe cy’intambara ya Arumagedoni).

Kuva Yesu akimara kuvuga atyo muri rya jambo ryo ku musozi wa Elayono, yakomeje kwihanangiriza kenshi abigishwa be kwitegurira kugarukwa kwe. Kandi akanababwira uburyo bakwitegura, abacira umugani w’umugaragu mubi, uw’abakobwa cumi, uwa talanto, hanyuma anababwira uko bizaba ku rubanza rwo kuvangura intama mu ihene (byose ukwiye kubisoma). Hose ni ko yabihanangirizaga ababwira ko gehinomu itegereje abazaba batiteguriye kugaruka kwe (reba Mat. 24:50-51; 25:30, 41-46.) Uburyo umuntu yakwitegura ni uko yazasangwa akora ubushake bw’Imana igihe Yesu azaba agarutse.[9]

Ikindi Gitekerezo Cyo Kubirwanya

(Another Objection)

Bamwe barwanya ko Itorero rizazamurwa cya gihe cy’imibabaro kirangiye cyangwa cyegereje kurangira bashingiye kuri Bibiliya ko, abakiranutsi nta na rimwe bazahanirwa hamwe n’abanyabyaha, bigahamywa n’ingero nka Nowa, Loti, n’Abisirayeli muri Egiputa.

Koko dufite impamvu ifatika yo kwizera ko abakiranutsi batazagibwaho n’umujinya w’Imana muri ya myaka irindwi y’umubabaro mwinshi, kuko ibyo byaba bivuguruza ibindi byanditswe byinshi bibibanziriza n’amasezerano (reba, urugero, 1 Tes. 1:9-10; 5:8).

Ariko Yesu yahanuye umubabaro ukomeye abakiranutsi bazacamo muri icyo gihe. Si Imana izabababaza ni abanyabyaha bazabababaza. Abakristo ntibasonewe ku gutotezwa–basezeraniwe gutotezwa. Mu myaka irindwi y’imibabaro myinshi, abizera benshi bazatakaza ubuzima bwabo (reba Mat. 24:9; Ibyah. 6:9-11; 13:15; 16:5-6; 17:6; 18:24; 19:2). Benshi bazacibwa imitwe (reba Ibyah. 20:4).

Bityo rero, abizera bose bo mu gihugu runaka baramutse bishwe bahorwa Imana, nta na kimwe cyabuza umujinya w’Imana kumanukira buri muntu muri icyo gihugu. Kandi nta gushidikanya ko haramutse hari abizera bari mu gihugu runaka, Imana ifite ububasha bwo kubarinda ibihano byayo mu gihe ibimanurira ku banyabyaha. Imana yarabyerekanye igihe yahanaga igihugu cya Egiputa mu gihe cya Mose. Imana ntiyigeze ituma hari n’imbwa yamokera Umuyisirayeli, mu gihe ibyago byari byibasiye abaturanyi babo b’Abanyegiputa (reba Kuva 11:7). No mu gitabo cy’Ibyahishuwe dusoma ukuntu inzige z’ubumara zizarekurwa ngo zibabaze abanyabyaha bo mu isi kumara amezi atanu, ariko ntizizaba zemerewe gukora ku bagaragu b’Imana b’Abayuda 144,000 bazaba barashyizweho ikimenyetso kidasanzwe ku ruhanga (reba Ibyah. 9:1-11).

Kuzamurwa Kw’Itorero Mu Byahishuwe

(The Rapture in Revelation)

Nta na hamwe tubona Kujyanwa kw’Itorero mu gitabo cy’Ibyahishuwe, kandi nta n’ahandi tubona kuza kwa Kristo uretse mu Ibyahishuwe 19, ubwo aza aje kwica antikristo n’ingabo ze mu ntambara ya Arumagedoni. N’ubwo na bwo ntabwo kuzamurwa kw’itorero kuhagaragara. Ahubwo kuzuka kw’abera bazaba barishwe muri cya gihe cy’umubabaro ukomeye ni ko kugaragara muri icyo gihe (reba 20:4). Kuko Pawulo yanditse ko abapfiriye muri Kristo bazazuka igihe Kristo azaba agarutse, ari na cyo gihe Itorero rizazamurirwa, hamwe n’ibindi byanditswe twamaze kubona, bituma twizera ko kuzamurwa kw’Itorero bitazaba mbere y’uko ya myaka irindwi y’imibabaro irangira, nk’uko bigaragara mu gitabo cy’Ibyahishuwe 19 na 20.

Ariko hari ababyumva ukundi.

Bamwe babona Kuzamurwa kw’Itorero mu gitabo cy’Ibyahishuwe 6 na 7. Ibyahishuwe 6:12-13, tubona aho izuba “ryirabura nk’ikigunira” n’inyenyeri zikagwa ziva ku ijuru, kandi ibyo ni ibimenyetso bibiri Yesu yavuze ko bizabanziriza Kuboneka kwe no kwiteranyirizaho intore ze (reba Mat. 24:29-31). Hanyuma, nyuma gato mu gice cya 7, tubona abantu benshi umuntu atabasha kubara, bo mu mahanga yose n’imiryango yose n’amoko yose n’indimi zose bavuye “muri urya mubabaro mwinshi” (7:14). Ntabwo handitse ko ari abishwe bahowe Kristo nka ba bandi bavugwa mu gice kibanziriza icyo (reba 6:9-11), ibyo bigatuma tuvuga ko bazaba bazamuwe aho kuba bishwe bahorwa Kristo–abizera bazaba batabawe bakuwe muri wa mubabaro mwinshi.

Nta gushidikanya ko umuntu yaba ashyize mu gaciro avuze ko Itorero rizazamurwa ibi bintu bizaba ku byaremwe byo mu kirere biri mu gitabo cy’Ibyahishuwe 6:12-13 bikimara kuba, bitewe gusa n’ibyo Yesu yavuze muri Matayo 24:29-31. Ariko ntibitwereka neza igihe ibi bizaba mu gitabo cy’Ibyahishuwe 6:12-13 bizabera muri ya myaka irindwi y’umubabaro mwinshi. Niba ibivugwa mu Byahishuwe 6:1-13 ari byo bizabanza kuba, hanyuma Kuzamurwa kw’Itorero bigahita bikurikira 6:13, ibyo bituma twumva ko Kuzamurwa kw’Itorero bitazaba mbere yo guhishurwa kwa antikristo (reba 6:1-2), intambara y’isi yose (reba 6:3-4), amapfa (reba 6:5-6), gupfa kwa kimwe cya kane cy’abatuye isi bazize intambara, amapfa, ibyorezo no kuribwa n’inyamaswa zo mu ishyamba (reba Ibyah. 6:7-8), n’abicwa bahowe Kristo benshi (reba Ibyah. 6:9-11). Nta gushidikanya ko ibi byose bivugwa bizaba mbere y’uko ya myaka irindwi y’umubabaro mwinshi irangira, ariko bishobora no kuba bivuga uko icyo gihe cy’imyaka irindwi cyose kizaba kimeze, ibyo bigatuma rero Kuzamurwa kw’Itorero bizaba iyo myaka irindwi irangiye rwose.

Icyongera uburemere bw’igitekerezo cy’uko Kuzamurwa kw’Itorero bizaba mbere y’uko iriya myaka irindwi ishira ni uko Ibyahishuwe bivuga Ibyago by’uburyo bubiri bizabaho nyuma y’Ibyah 8: the “impanda y’ibyago” n’ “urwabya rw’ibyago.” Ibi bya nyuma bivugwa ko ari byo bizamara umujinya w’Imana (reba 15:1). Ariko mbere y’uko ibyago by’urwabya bitangira, Yohana abona “abatabarutse banesheje ya nyamaswa n’igishushanyo cyayo n’umubare w’izina ryayo, bahagaze kuri iyo nyanja y’ibirahuri” (15:2). Abo bera batabarutse bashobora kuba barazamuwe. Ku rundi ruhande bashobora kuba barishwe bahorwa Kristo. Bibiliya nta cyo ibitubwiraho. Byongeye kandi ntabwo tuzi niba 15:2 bifite uko bikurikirana n’ibivugwa hafi yabyo.

Ikindi kintu tubona mu gitabo cy’Ibyahishuwe gishobora kongera uburemere bw’igitekerezo cy’uko Kujyanwa kw’Itorero bizaba mbere y’uko ya myaka irindwi y’umubabaro mwinshi irangira ni iki: Igihe cy’ “impanda y’ibyago” ya gatanu iri mu gitabo cy’Ibyahishuwe 9:1-12, tubwirwa ko za nzige z’ubumara zizemererwa kubabaza ba bandi gusa “badafite ikimenyetso cy’Imana ku ruhanga” (9:4). Abo tubwirwa ko bazaba bafite icyo kimenyetso bonyine ni ba bandi 144,000 bo mu rubyaro rwa Isirayeli (reba Ibyah. 7:3-8). Bityo rero ni ukuvuga ko abandi bizera bose bagomba kuzazamurwa mbere y’impanda ya gatanu y’ibihano; bitabaye ibyo na bo nta cyabarinda za nzige z’ubumara. Ikindi kandi, kuko izo nzige zizamara amezi atanu zibabaza abantu (9:5, 10), abantu batekereza ko Itorero rizazamurwa amezi atanu mbere y’uko ya myaka irindwi y’umubabaro mwinshi irangira.

Ariko birumvikana ko hari ubundi buryo bushoboka. Wenda hari abandi bazashyirwaho ikimenyetso cy’Imana ariko ibyo bikaba bitavugwa muri ibyo bihe byegeranyirijwe mu gitabo cy’Ibyahishuwe. Uko biri kose, niba ibi byerekana ko Itorero rizazamurwa mbere y’impanda ya gatanu y’ibihano, binerekana ko hariho itsinda rimwe ry’abizera batazazamurwa mbere y’uko za nzige z’ubumara zirekurwa–bya 144,000 by’urubyaro rwa Isirayeli bazaba bafite ikimenyetso cy’Imana ku ruhanga. Ariko bazaba bashima kuba barinzwe umujinya w’Imana uzaba usohozwa na za nzige z’ubumara.

Umwanzuro kuri ibi byose? Nshobora kwanzura gusa mvuga ko Kuzamurwa kw’Itorero bizaba ya myaka irindwi y’umubabaro mwinshi irangiye cyangwa yegereje kurangira. Abizera ntibakwiye gutinya ngo bazahura n’umujinya w’Imana, ariko bagomba kwitegurira kuzaca mu itotezwa riteye ubwoba ndetse bashobora no kwicwa bahorwa Kristo.

Igihe cy’Umubabaro mwinshi

(The Tribulation Period)

Reka tumare umwanya tureba neza na none icyo Ibyanditswe bivuga kuri ya myaka irindwi y’umubabaro mwinshi. Mbese tugera dute ku mubare w’imyaka irindwi tuvuga ko ari ko igihe cy’imibabaro kizangana? Ugomba kwiga igitabo cya Daniyeli, ni cyo gitabo cya Bibiliya, hamwe n’igitabo cy’Ibyahishuwe, gihishura cyane iby’ibihe by’imperuka.

Mu gice cya cyenda cy’igitabo cye, tubona ko Daniyeli yari umunyagano i Babuloni hamwe na bene wabo b’Abayuda. Igihe yasomaga igitabo cya Yeremiya, Daniyeli yasanze ko igihe Abayuda bazamara ari inyagano i Babuloni ari imyaka mirongo irindwi (reba Dan. 9:2; Yer. 25:11-12). Daniyeli amaze kubona ko iyo myaka mirongo irindwi yegereje kurangira, yatangiye gusenga, yatura ibyaha by’ubwoko bwe asaba imbabazi. Amasengesho ye mu gusubizwa, marayika Gaburiyeli yaramwiyeretse amuhishurira uko ibihe bizakurikirana kuri Isirayeli mu gihe cy’umubabaro mwinshi kugeza Kristo agarutse. Ubuhanuzi buri muri Daniyeli 9:24-27 ni bumwe mu butangaje cyane muri Bibiliya. Nabwanditse aha hepfo hamwe n’ubusobanuro bwanjye mu dukubo:

Ibyumweru mirongo irindwi [biragaragara ko ibi ari ibyumweru by’imyaka, nk’uko turi bubibone, cyangwa igiteranyo cy’imyaka 490] bitegekewe ubwoko bwawe [Isirayeli] n’umurwa wera [Yerusalemu], kugira ngo ibicumuro bicibwe [birashoboka ko ari igihe cy’igikorwa gisumba ibindi mu byaha bya Isirayeli–kwibambira ubwabo Mesiya wabo], n’ibyaha bishire [ahari bivuga igikorwa cyo kuducungura Yesu yakoreye ku musaraba], no gukiranirwa gutangirwe impongano [nta gushidikanya ko ari igikorwa cyo kuducungura Yesu yakoreye ku musaraba kivugwa ahangaha], haze gukiranuka kw’iteka [intangiriro y’ingoma ya Yesu mu bwami bwe], ibyerekanwe n’ibyahanuwe bifatanishwe ikimenyetso [wenda ni ukuvuga iherezo ryiyandikwa rya Bibiliya, cyangwa gusohozwa k’ubuhanuzi bwose bwa mbere y’imyaka igihumbi y’ingoma ya Kristo], ahera cyane hasigwe amavuta [birashoboka ko bivuga gushyirwaho k’urusengero rwo muri ya myaka igihumbi]. Nuko ubimenye, ubyitegereze yuko uhereye igihe bazategekera kubaka i Yerusalemu bayisana [iri tegeko ryatanzwe n’Umwami Aritazeruzi (Artaxerxes) muri 445 mbere y’ivuka rya Yesu Kristo], kugeza kuri Mesiya Igikomangoma [Umwami Yesu Kristo] hazabaho ibyumweru birindwi, maze habeho ibindi byumweru mirongo itandatu na bibiri [igiteranyo cy’ibyumweru 69, cyangwa imyaka 483]; bahubake basubizeho impavu, ndetse bizakorwa mu bihe biruhije [uko ni ukongera kubakwa kwa Yerusalemu, yari yarasenywe n’Abanyababuloni]. Ibyo byumweru uko ari mirongo itandatu na bibiri nibishira [ni ukuvuga imyaka 483 rya tegeko ryo mu mwaka wa 445 mbere ya Yesu Kristo ritanzwe] Mesiya azakurwaho, kandi nta cyo azaba asigaranye [Yesu azabambwa muri 32 nyuma y’ivuka rya Yesu Kristo, tubaze dukoresheje kalendari y’Abayuda y’umwaka ugizwe n’iminsi 360], Maze abantu [Abaroma] b’umutware uzaza [antikristo] bazarimbure umurwa n’ubuturo bwera [bishaka kuvuga gusenywa kwa Yerusalemu isenywe na Tito n’ingabo ze z’Abaroma mu mwaka wa 70 nyuma ya Yesu Kristo]. Uwo iherezo rye rizaba nk’utembanywe n’umwuzure w’amazi, intambara n’ibyago bizarinda bigeza imperuka. Ni ko bitegetswe. Uwo [“mutware uzaza”–antikristo] azasezerana na benshi [Isirayeli] isezerano rikomeye, rimare icyumweru kimwe [cyangwa imyaka irindwi–icyo ni cya gihe cy’umubabaro mwinshi], nikigera hagati [imyaka itatu n’igice] azabuzanya ibitambo n’amaturo, umurimbuzi azaza ku ibaba ry’ibizira [igihe antikristo azinjira mu rusengero rw’Abayuda i Yerusalemu, akiyita Imana; reba 2 Tes. 2:1-4] maze kugeza ku mperuka yategetswe [Yesu agarutse] uburakari buzasandazwa kuri uwo murimbuzi [antikristo atsindwa na Yesu] (Dan. 9:24-27).

Imyaka 490 Idasanzwe

(490 Special Years)

Uhereye ku itegeko ryo kongera kubaka Yerusalemu ryatanzwe n’umwami Aritazeruzi mu mwaka wa 445 mbere ya Yesu Kristo, Imana yagennye imyaka 490 idasanzwe y’amateka y’isi. Ariko iyo myaka 490 ntabwo yakurikiranye, ahubwo yagabanyijwemo ibice bibiri by’imyaka 483 n’imyaka irindwi. Igihe imyaka 483 ya mbere yarangiye (umwaka Yesu yabambwe), isaha yarahagaze. Daniyeli ashobora kuba atarigeze anarota ko isaha izahagarara imyaka igeze ubungubu ku 2,000. Igihe runaka mu bihe bizaza, iyo saha izongera ihaguruke urushinge rwongere rugende imyaka irindwi ya nyuma. Iyo myaka irindwi ya nyuma bayita “igihe cy’umubabaro” cyangwa “icyumweru cya mirongo irindwi cya Daniyeli.”

Iyo myaka irindwi igabanyijemo ibice bibiri by’imyaka itatu n’igice. Muri kimwe cya kabiri cy’iyo myaka irindwi nk’uko twabibonye mu buhanuzi bwa Daniyeli, antikristo azica isezerano yagiranye na Isirayeli “azabuzanya ibitambo n’amaturo.” Hanyuma, nk’uko Pawulo yavuze, azajya mu rusengero rw’i Yerusalemu atangaze ko ari Imana.[10] Icyo ni cyo “kizira kirimbura” Yesu yavuze (reba Mat. 24:15). Ni cyo gituma abizera b’i Yudaya bagomba “guhungira ku misozi” (Mat. 24:16), kuko ibyo bizaba ari intangiriro z’umubabaro uteye ubwoba isi itarigera ibona (reba Mat. 24:21).

Birashoboka ko uko “guhunga kw’i Yudaya” ari byo Yohana yeretswe mu buryo bw’ikigereranyo, nk’uko byanditswe mu gice cya cumin a kabiri cy’igitabo cy’Ibyahishuwe. Niba ari ko bimeze, abizera b’i Yudaya bazabona ubuhungiro buzaba bwarabateguriwe mu butayu “bakagaburirirwayo” kumara imyaka itatu n’igice yuzuye neza, ari cyo gihe kizaba gisigaye cya ya myaka irindwi (reba Ibyah. 12:6, 13-17). Yohana yahishuriwe ukuntu Satani azarakazwa cyane n’uko guhunga kwabo, n’ukuntu azarwanya abandi basigaye “bitondera amategeko y’Imana kandi bafite guhamya kwa Yesu” (Ibyah. 12:17). NI cyo gituma nibwira ko ari byiza ko abizera bo hirya no hino mu isi bakwiye kuzahungira ahantu hitaruye kure mu byaro igihe antikristo azaba amaze gutangaza i Yerusalemu ko ari Imana.

Ihishurirwa Rya Nyuma Rya Daniyeli

(Daniel’s Last Revelation)

Ikindi gice gishimishije cya Daniyeli tutarareba kiri mu mirongo cumi n’itatu ya nyuma y’igitabo cye gitangaje. Ni amagambo Daniyeli yabwiwe na marayika. Nabyanditse aha hepfo nshyiramo n’ubusobanuro bwanjye mu dukubo:

Maze icyo gihe Mikayeli [marayika], wa mutware ukomeye ujya ahagarikira abantu bawe azahaguruka, hazaba ari igihe cy’umubabaro utigeze kubaho uhereye igihe amahanga yabereyeho ukageza icyo gihe [iki gishobora kuba ari cyo gihe cy’umubabaro mwinshi Yesu yavuze muri Matayo 24:21]. Nuko icyo gihe abantu bawe bazaba banditswe mu gitabo, bazarokorwa [ibi bishobora kuba bivuga kwa guhunga kw’i Yudaya cyangwa kurokorwa kw’abizera igihe cyo Kuzamurwa kw’Itorero]. Kandi benshi bo muri bo bazaba barasinziriye mu gitaka bazakanguka, bamwe bazakangukira ubugingo buhoraho, abandi bazakangukira gukorwa n’isoni no gusuzugurwa iteka ryose. [kuzuka kw’abakiranutsi n’abanyabyaha]. Kandi abanyabwenge bazarabagirana nk’umucyo wo mu isanzure ry’ijuru, n’abahinduriye benshi ku bukiranutsi bazaka nk’inyenyeri iteka ryose [Abakiranutsi nibamara kuzuka bazahabwa imibiri mishya izaba irabagiranishwa n’ubwiza bw’Imana]. “Nuko Daniyeli, bumba igitabo ugifatanishe ikimenyetso kugeza igihe cy’imperuka, benshi bazajarajara hirya no hino kandi ubwenge buzagwira.” [Iterambere ritangaje mu gutwara ibintu n’abantu n’ubumenyi buhambaye muri iki kinyejana gishize bisa nk’aho bisohoza ubwo buhanuzi.]

Nuko jyewe Daniyeli nditegereza mbona abandi bagabo babiri bahagaze, umwe ku nkombe yo hakuno y’uruzi, undi ku yo hakurya. Umwe abaza wa mugabo wari wambaye umwenda w’igitare wari hejuru y’amazi y’urwo ruzi ati, “Ibyo bitangaza bizagarukira he?” Mbona wa mugabo wari wambaye umwenda w’igitare wari hejuru y’amazi y’uruzi, atunga ukuboko kw’iburyo n’ukw’imoso ku ijuru, numva arahira Ihoraho iteka ryose ngo bizamara igihe n’ibihe n’igice cy’igihe [imyaka itatu n’igice dukurikije ihishurirwa ry’iyo mibare riri mu gitabo cy’Ibyah. 12:6 na 12:14]; kandi ati, “Nibamara kumenagura imbaraga z’abera, ibyo byose bizaherako birangire.” [Neza neza nk’uko Daniyeli 7:25 hatubwiye ko abera bazatangwa mu maboko y’antikristo kumara imyaka itatu n’igice, aha birasa nk’aho bigaragara neza ko ari imyaka itatu n’igice ya nyuma ya ya myaka irindwi y’umubabaro mwinshi. Iherezo ry’ibyo bintu marayika yavuze rizasohora igihe imbaraga z’abera “zizamenagurirwa.”] Ndabyumva ariko sinabimenya, mperako ndabaza nti, “Databuja, ikizaheruka ibindi muri ibyo ni ikihe?” Aransubiza ati, “Igendere Daniyeli, kuko ayo magambo ahishwe kandi afatanishijwe ikimenyetso kugeza igihe cy’imperuka. Benshi bazatunganywa bazezwa, bazacishwa mu ruganda [nta gushidikanya ko ari ugucishwa mu muri wa mubabaro mwinshi]; ariko ababi bazakomeza gukora ibibi. Kandi nta n’umwe muri bo uzayamenya, ariko abanyabwenge bazayamenya. Uhereye igihe igitambo gihoraho kizakurirwaho bagashyiraho ikizira cy’umurimbuzi, hazacaho iminsi 1,290. [ Ibi ntibigomba kumvikana nk’igihe kiri hagati y’ibyo bintu byombi, kuko byombi biba hagati muri kimwe cya kabiri cya ya myaka irindwi. Ahubwo bigomba kumvikana ko uhereye igihe ibyo bintu uko ari bibiri bizabera hazacaho iminsi 1,290 kugeza ikintu gikomeye cyane kizabera ku iherezo. Iminsi 1,290 ni imyaka itatu n’igice y’iminsi 360 umwaka irengaho iminsi 30, igihe gikunze kuvugwa gisubirwamo mu bitabo by’ubuhanuzi, icya Daniyeli n’icy’Ibyahishuwe. Impamvu iyi minsi mirongo itatu yongerwaho ni ikintu kidasobanutse neza. Noneho marayika mu kongera amayobera ku yandi abwira Daniyeli ati:] Hahirwa uzategereza akageza ku minsi 1,335! [Ubu rero noneho dufite indi minsi mirongo ine n’itanu y’amayobera.] Nuko igendere utegereze imperuka, kuko uzaruhuka kandi ukazahagarara [Isezerano rya Daniyeli bwite ko azazuka] mu mugabane wawe iyo minsi nishira” (Dan. 12:1-13)

Biragaragara ko hari ikintu gitangaje kizaba ku mpera z’iyo minsi 75 y’inyongera! Ni ukuzategereza tukareba.

Iyo dusomye ibice bya nyuma by’igitabo cy’Ibyahishuwe tubona ko hari ibintu byinshi bizaba Kristo akimara kugaruka, kimwe muri byo ni Ibirori by’Ubukwe bw’Umwana w’intama, ibyo marayika yabwiye Yohana ati, “Hahirwa abatorewe ubukwe bw’Umwana w’intama” (Ibyah. 19:9). Birashoboka ko ari na ko guhirwa marayika yabwiye Daniyeli. Niba ari ko bimeze, ubwo bukwe butangaje buzaba hashize amezi abiri n’igice Yesu agarutse.

Birashoboka ko muri iyo minsi mirongo irindwi n’itanu ari cyo gihe cy’ibindi bintu tuzi ko bizaba nk’uko byanditswe mu bice bya nyuma by’igitabo cy’Ibyahishuwe, nko kujugunywa kw’antikristo na wa muhanuzi w’ibinyoma mu nyanja yaka umuriro, kubohwa kwa Satani, no gushyiraho ubutegetsi bw’ingoma ya Kristo ku isi yose (reba Ibyah. 19:20 – 20:4).

Ingoma y’Imyaka Igihumbi

(The Millennium)

Ingoma y’imyaka igihumbi bivuga igihe Yesu ubwe azaba ari we utegeka isi yose kumara imyaka igihumbi (reba Ibyah. 20:3, 5, 7), kandi ibyo bizaba ya myaka irindwi y’umubabaro ukomeye irangiye. Hashize hafi imyaka ibihumbi bitatu Yesaya yeretswe iby’ingoma ya Kristo ku isi:

Nuko umwana yatuvukiye duhawe umwana w’umuhungu, ubutware buzaba ku bitugu bye; azitwa…Umwami w’amahoro. Gutegeka kwe n’amahoro bizagwirira ku ntebe ya Dawidi n’ubwami bwe, bitagira iherezo kugira ngo bibukomeze, bibushyigikize guca imanza zitabera no gukiranuka, uhereye none ukageza iteka ryose (Yes. 9:6-7).

Na marayika Gaburiyeli yabwiye Mariya ko ingoma y’Umuhungu we izaba iy’iteka ryose:

Marayika aramubwira ati, “Witinya Mariya, kuko uhiriwe ku Mana. Kandi dore uzasama inda, uzabyara umuhungu uzamwite Yesu. Azaba mukuru, azitwa Umwana w’Isumbabyose kandi Umwami Imana izamuha intebe y’ubwami ya sekuruza Dawidi, azima mu nzu ya Yakobo iteka ryose, ubwami bwe ntibuzashira” (Luka 1:30-33).[11]

Mu gihe cy’ingoma y’imyaka igihumbi, Yesu azaba ategeka ubwe afite icyicaro i Yerusalemu ku Musozi Siyoni, uzazamuka ukarenga uko ureshya ubu. Ubutegetsi buzarangwa n’ubutabera busesuye rwose ku mahanga yose, kandi isi yose izaba yuzuye amahoro:

Mu minsi y’imperuka umusozi wubatsweho inzu y’Uwiteka uzakomerezwa mu mpinga z’imisozi, ushyirwe hejuru usumbe iyindi kandi amahanga yose azawushikira. Amahanga menshi azahaguruka avuge ati, “Nimuze tuzamuke tujye ku musozi w’Uwiteka, ku nzu y’Imana ya Yakobo kugira ngo ituyobore inzira zayo tuzigenderemo.” Kuko i Siyoni ari ho hazava amategeko, i Yerusalemu hagaturuka ijambo ry’Uwiteka. Azacira amahanga imanza, azahana amoko menshi. Inkota zabo bazazicuramo amasuka n’amacumu bazayacuramo impabuzo, nta shyanga rizabangurira irindi shyanga inkota, kandi ntabwo bazongera kwiga kurwana (Yes. 2:2-4).

Zekariya na we yarabihanuye:

Uwiteka Nyiringabo aravuga ati, “Mfuhiye i Siyoni ifuhe ryinshi, mpafuhiye mfite uburakari bwinshi.” Uwiteka aravuga ati, “Ngarutse i Siyoni nzatura muri Yerusalemu imbere, kandi I Yerusalemu hazitwa Umurwa w’Ukuri, umusozi w’Uwiteka Nyiringabo uzitwa umusozi wera”….Uwiteka Nyiringabo aravuga ati, ‘Muzabona amahanga azanye n’abaturage bo mu midugudu myinshi, kandi abaturage bo mu mudugudu umwe bazajya mu wundi bavuge bati, ‘Nimuze twihute dusabe Uwiteka umugisha, dushake Uwiteka Nyiringabo; Bati ‘Natwe turajyayo.’ Ni ukuri koko abantu benshi n’amoko akomeye bazaza i Yerusalemu gushakirayo Uwiteka Nyiringabo, no kumusaba umugisha.” Uwiteka Nyiringabo aravuga ati, “Muri iyo minsi, abantu cumi bazava mu mahanga y’indimi zose bafate ikinyita cy’umwambaro w’Umuyuda bamubwire bati, ‘Turajyana kuko twumvise yuko Imana iri kumwe namwe'” (Zek. 8:2-3, 20-23).

Bibiliya ivuga ko abizera mu byukuri bazimana na Kristo bagatwarana muri iyo myaka igihumbi. Urwego bazaba bafite mu buyobozi ruzaterwa n’ubwizerwa bw’umuntu muri iki gihe cya none (reba Dan. 7:27; Luka 19:12-27; 1 Kor. 6:1-3; Ibyah. 2:26-27; 5:9-10; na 22:3-5).

Tuzaba twambaye imibiri yacu yazuwe, ariko urebye hazaba hari abantu basanzwe bafite imibiri ipfa bazaba batuye isi muri icyo gihe. Ikindi kandi, abantu bazongera kujya barama cyane nk’abakera, n’inyamaswa zo mu ishyamba ntizizaba zikiryana:

Nzanezererwa i Yerusalemu nishimire abantu banjye, kandi ijwi ryo kurira n’imiborogo ntibizahumvikana ukundi. Ntihazongera kubamo umwana umaze iminsi mike, cyangwa umusaza udashyikije imyaka ye, kuko umwana azapfa amaze imyaka ijana, ariko umunyabyaha azavumwa, apfe atamaze imyaka ijana…..Isega n’umwana w’intama bizarishanya, intare zizarisha ubwatsi nk’inka, umukungugu ni wo uzaba ibyokurya by’inzoka. Ntibizaryana kandi ntibizarimbura hose ku musozi wanjye wera. (Yes. 65:19-20, 25; reba na Yes. 11:6-9).

Hari ahantu henshi muri Bibiliya havuga ku by’iyo ngoma ya Mesiya y’imyaka igihumbi, cyane cyane mu Isezerano rya Kera. Ushaka gukomeza kubyiga neza wareba Yes. 11:6-16; 25:1-12; 35:1-10; Jer. 23:1-5; Yow. 2:30-3:21; Amosi 9:11-15; Mika 4:1-7; Zef. 3:14-20; Zek. 14:9-21; n’Ibyah. 20:1-6.

Zaburi nyinshi nazo zivuga kuri iyo myaka igihumbi mu buryo bw’ubuhanuzi. Urugero soma aya magambo ya Zaburi 48:

Uwiteka arakomeye akwiriye gushimirwa cyane, mu rurembo rw’Imana yacu ku musozi wayo wera. Umusozi wa Siyoni uri ikasikazi, ni mwiza mu burebure bwawo, ni wo byishimo by’isi yose, ni wo rurembo rw’Umwami ukomeye. Imana yimenyekanishije mu nyumba zo muri rwo, ko ari igihome kirekire gikingira abantu. Dore abami barateranye, barunyuriraho hamwe, bararureba baratangara, baratinya bahunga vuba. Guhinda umushyitsi kubafatirayo, no kuribwa n’ibise nk’umugore uri ku nda (Zab. 48:1-6).

Igihe Yesu azaba ashinze ubutegetsi bwe i Yerusalemu imyaka igihumbi y’ingoma ye itangiye, abategetsi benshi bo mu isi bazaba bararokotse cya gihe cy’umubabaro mwinshi bazumva amakuru y’ingoma ya Yesu bafate urugendo bajye kubyirebera! Bazatangazwa cyane n’ibyo babonye.[12]

Ku zindi Zaburi zivuga ku myaka igihumbi y’ingoma ya Kristo, reba Zab. 2:1-12; 24:1-10; 47:1-9; 66:1-7; 68:15-17; 99:1-9; na 100:1-5.

Ingoma y’Iteka

(The Eternal State)

Imyaka igihumbi nishira hazaba hatangiye icyo abahanga ba Bibiliya bita “Ingoma y’Iteka,” izatangirana n’ijuru rishya n’isi nshya. Icyo gihe Yesu azegurira byose Data, nk’uko 1 Abakorinto 15:24-28 havuga:

Nibwo imperuka izaherako isohore, ubwo azashyikiriza [Yesu] Imana ubwami, ari yo Data wa twese, amaze gukuraho ingoma zose n’ubutware bwose n’imbaraga zose, kuko akwiriye gutegeka kugeza aho azashyirira abanzi be munsi y’ibirenge bye. Umwanzi uzaheruka gukurwaho ni urupfu, kuko handitswe ngo “Yamuhaye gutwara byose abishyira munsi y’ibirenge bye ” [Zab. 8:6]. Ariko ubwo ivuga iti, “Ahawe gutwara byose,” biragaragara yuko Iyamuhaye gutwara byose itabibariwemo [Data wa twese]. Nuko byose nibimara kumwegurirwa [Data wa twese], ni bwo n’Umwana w’Imana ubwe aziyegurira Iyamweguriye byose kugira ngo Imana ibe byose kuri bose.

Satani, uzaba wari yaraboshywe kumara ya myaka igihumbi, azarekurwa ku iherezo ry’iyo myaka igihumbi y’ingoma ya Kristo. Hanyuma azayobya abari basanganywe kwigomeka kuri Yesu mu mitima yabo ariko bakishushanya nk’abamugandukira (reba Ps. 66:3).

Imana izareka Satani abashuke kugira ngo kamere y’imitima yabo nyayo ihishurwe maze bacirwe urubanza batagira icyo bireguza. Satani namara kuboshya, bazaterana maze batere umurwa wera, Yerusalemu, bagamije guhirika ubutegetsi bwa Yesu. Intambara ntizatinda kuko umuriro uzamanuka uva mu ijuru ugakongora izo ngabo zizaba zihakikije, Satani nawe azajugunywa burundu mu nyanja y’umuriro n’amazuku (reba Ibyah. 20:7-10).

Uko guterana bitegurira urugamba kwarahanuwe muri Zaburi 2:

Ni iki gitumye abanyamahanga bagira imidugararo? N’amoko yatekerereje iki iby’ubusa ? Abami bo mu isi biteguye kurwana, kandi abatware bagiriye inama Uwiteka n’uwo yasīze [Kristo]; bati,”Reka ducagagure ibyo batubohesheje, tujugunye kure ingoyi batubohesheje!” Ihora yicaye mu ijuru izabaseka, Umwami Imana izabakoba, maze izababwirana umujinya, ibatinyishishe uburakari bwayo bwinshi, iti “Nijye wimikiye Umwami wanjye, kuri Siyoni umusozi wanjye wera.” “Ndavuga [Yesu ubu ni we uvuga] rya tegeko, Uwiteka yarambwiye ati, ‘Uri Umwana wanjye, uyu munsi ndakubyaye. Nsaba nzaguha amahanga ngo abe umwandu wawe, n’abo ku mpera y’isi ngo ubatware. Uzabavunaguza inkoni y’icyuma, uzabamenagura nk’ibibumbano.'” Noneho mwa bami mwe, mugire ubwenge, mwa bacamanza mwe z’abo mu isi, mwemere kwiga. Mukorere Uwiteka mutinya, munezerwe muhinde imishyitsi. Musome urya mwana, kugira ngo atarakara mukarimbukira mu nzira, kuko umujinya we ukongezwa vuba. Hahirwa abamuhungiraho bose!

Urubanza rw’Imperuka

(A Final Judgment)

Mbere y’uko ingoma y’iteka itangira, hazabaho urubanza rw’imperuka. Abanyabyaha bose b’ibihe byose bazazuka n’imibiri yabo bahagarare imbere y’intebe y’Imana maze bacirwe urubanza ruhwanye n’ibyo bakoze (reba Ibyah. 20:5, 11-15). Buri wese uri ikuzimu muri iki gihe azazanwa muri urwo rubanza, rukunze kwitwa “Intebe Nini Yera y’Urubanza,” hanyuma batabwe muri Gehinomu, inyanja yaka umuriro. Ibi ni byo byitwa “urupfu rwa kabiri” (Ibyah. 20:14).

Ingoma y’iteka izatangira ijuru rya mbere n’isi ya mbere bikuweho, mu gusohora kw’ibyo Yesu yavuze imyaka ibihumbi bibiri ishize: “Ijuru n’isi bizashira, ariko amagambo yanjye ntazashira na hato” (Mat. 24:35).

Hanyuma Imana izarema ijuru rishya n’isi nshya nk’uko Petero yabihanuye mu rwandiko rwe rwa kabiri:

Ariko umunsi w’Umwami wacu uzaza nk’umujura, ubwo ijuru rizavaho hakaba n’umuriri ukomeye, maze iby’ishingiro, ibyo byose biremeshwa, bikayengeshwa no gushya cyane, isi n’imirimo iyirimo bigashirīra. Nuko ubwo ibyo byose bizayenga bityo, yemwe uko dukwiriye kuba abantu bera, kandi twubaha Imana mu ngeso zacu, twebwe abategereza tugatebutsa umunsi w’Imana uzatuma ijuru rigurumana rikayenga, kandi iby’ishingiro, ibyo byose biremeshwa, bigashongeshwa no gushya cyane! Kandi nk’uko yasezeranije dutegereje ijuru rishya n’isi nshya, ibyo gukiranuka kuzabamo (2 Pet. 3:10-14; reba na Yes. 65:17-18).

Hanyuma Yerusalemu Nshya izamanuka iva mu ijuru ize ku isi (reba Ibyah. 21:1-2). Ntibyoroheye ubwenge bwacu gushyikira iby’ubwiza byose byo muri uwo murwa, ungana na kimwe cya kabiri cya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika (reba Ibyah. 21:16), cyangwa ibitangaza by’ibyo bihe bitazigera bishira. Tuzaba turi mu buzima bwiza butagereranywa, ku ngoma y’Imana, ku bw’icyubahiro cya Yesu Kristo!

 


[1] Ibindi byanditswe bike byerekana ko Pawulo yizeraga ko Yesu ashobora kugaruka abo muri icyo gihe bakiriho ni Fili. 3:20; 1 Tes. 3:13; 5:23; 2 Tes. 2:1-5; 1 Tim. 6:14-15; Tito 2:11-13; Heb. 9:28.

[2] Other scriptures that indicate Peter’s conviction that Jesus’ could return within the lifetimes of his contemporaries are 2 Pet. 1:15-19; 3:3-15.

[3] Mariko 13:3 havuga bane bari bari aho: Petero, Yakobo, Yohana na Andereya. Tubona ayo magambo Yesu yavugiye ku musozi wa Elayono muri Mariko 13:1-37 na Luka 21:5-36. Luka 17:22-37 na ho havuga bimwe n’ibyo.

[4] Iri sezerano kenshi bakunda kurikura ku murongo w’igihe ryatanzwemo, nuko kenshi bakavuga ko ngo mbere y’uko Yesu agaruka, tugomba kurangiza gukwiza ubutumwa bwiza mu isi. Ariko mu byukuri urwego iri sezerano ryatanzwemo, ni ukuvuga ko mbere y’uko imperuka iba, ubutumwa bwiza buzongera bukabwirizwa bwa nyuma abatuye isi bose.

[5] Ibi bivuguruza ya myizerere y’abavuga yuko aya magambo ya Yesu muri ibyo yavugiye ku Musozi wa Elayono areba gusa abizera b’Abayuda bazaba baravutse ubwa kabiri muri cya gihe cy’amakuba akomeye ngo kuko abavutse ubwa kabiri mbere y’ayo makuba bose bazaba baramaze kuzamurwa. Oya, Pawulo yabwiye abanyamahanga b’Abatesalonike ko Kuzamurwa kwabo no kugaruka kwa Kristo bitazaba antikristo ataratangaza ko ari Imana, kandi ibyo bizaba hagati muri ya myaka irindwi y’amakuba akomeye.

[6] Bamwe bavuga ko uyu muzuko uvugwa mu gitabo cy’Ibyahishuwe 20:4-6 ari igice cya kabiri cy’umuzuko wa mbere, umuzuko uzaba warabaye igihe cyo kuza kwa mbere Itorero rizamurwa. Ibihamya iyi nsobanuro ni ibihe? Niba umuzuko w’Ibyahishuwe 20:4-6 ari umuzuko wa kabiri koko, kuki utiswe “umuzuko wa kabiri”?

[7] Nubwo abumvaga Yesu icyo gihe bashobora kuba baribwiye ko urwo rungano rwabo ari bo bazabona ibyo bintu byose biba, tuzi ko atari byo. Bityo rero tugomba kumva ko amagambo ya Yesu muri 24:34 avuga ko ibyo bintu byose bizaba mu gisekuruza kimwe, cyangwa se ko ubwoko (nk’uko ijambo igisekuruza [generation] rimwe na rimwe risobanurwa) bw’Abakristo (cyangwa Abayuda) batazashiraho ibyo bintu byose bitaraba.

[8] Mu byukuri nta tandukaniro rihari muri izi ngero niba uwo muntu uzaca mu mibabaro ari wa wundi uzajyanwa cyangwa wa wundi uzasigara, nk’uko bikunze kujyibwaho impaka. Icyo bashaka kuvuga aha gusa ni uko bamwe bazaba biteguriye kugaruka kwa Kristo abandi batiteguye. Kwitegura kwabo ni ko kuzagena iherezo ryabo ry’iteka ryose.

[9] Biragaragara neza ko, kugira ngo Yesu yihanangirize abigishwa be b’inkoramutima kwitegurira kugaruka kwe, ni uko byashobokaga ko bashobora kuba basangwa batiteguye. Niba yarababuriye ku byerekeranye no gucirwaho iteka niba baramutse basanzwe batiteguye kubera ibyaha, ni ukuvuga byashobokaga kuri bo ko bashobora gutakaza agakiza kabo kubera icyaha. Mbega ukuntu bikwiye kutwigisha akamaro ko kwera no gukiranuka, n’ubupfapfa bw’abavuga ko bidashoboka ko abizera batakaza agakiza kabo.

[10] Ibi biratwereka ko urusengero rw’i Yerusalemu rugomba kongera kubakwa, kuko ubu nta rusengero ruri I Yerusalemu (ubu twandika ibi ni umwaka wa 2005).

[11] Iki cyanditswe cyerekana uburyo byoshye kwibeshya ku byerekeye ibihe by’ibintu byahanuwe bitewe no kumva nabi ibyo Bibiliya ivuga. Mariya yashoboraga cyane, kandi mu buryo bwumvikana kwibwira ko Umuhungu we udasanzwe azicara ku ntebe ya Dawidi mu myaka mike. Gaburiyeli yamubwiye ko azabyara umwana w’umuhungu uzategeka ab’inzu ya Yakobo, bikumvikana nk’aho kuvuka kwa Yesu no gutegeka kwe bizaba ibintu bibiri biri kumwe. Ntabwo Mariya yagatekereje ko hazacamo nibura imyaka 2,000 hagati y’ibyo bintu byombi. We also should be cautious of making similar assumptions as we try to interpret prophetic scripture.

[12] Iyo urebye ibindi byanditswe, ubona ko Ingoma y’Imyaka igihumbi izatangira, atari abizera gusa batuye isi, ahubwo n’abatizera na bo bazaba bahari (reba Yes. 2:1-5; 60:1-5; Dan. 7:13-14).