Guhana k’Umwami (The Discipline of the Lord)

Igice Cya Makumyabiri na Gatanu (Chapter Twenty-Five)

Nuko muzirikane uwo wihanganiye ubwanzi bw’abanyabyaha bukomeye butyo, kugira ngo mudacogora mukagwa isari mu mitima yanyu. Mwebweho ntimuragera aho muvusha amaraso mu ntambara murwanya ibyaha, kandi mwibagiwe kwa guhugura kubabwira nk’abana ngo, “Mwana wanjye, ntugasuzugure igihano Uwiteka ahana, kandi ntugwe isari nagucyaha. Kuko uwo Uwiteka akunze ari we ahana, kandi akubita ibiboko abo yemera bose ko ari abana be.” Nimwihanganira ibihano, muba mugaragaje ko muri abana b’Imana. Mbese ni mwana ki udahanwa na se? Ariko niba mudahanwa nk’abandi bose, noneho muba muri ibibyarwa mutari abana nyakuri. Ko dufite ba data batubyaye ku mubiri, bakaduhana natwe tukabubaha, ntidukwiriye kurushaho cyane kugandukira Se w’imyuka tugahoraho? Kuko ba bandi baduhanaga iminsi mike nk’uko byari bibabereye byiza, naho uwo aduhanira kugira ngo bitubere byiza dusangire kwera kwe. Nta gihano kinezeza ukigihanwa ahubwo kimutera umubabaro, ariko rero hanyuma cyera imbuto zo gukiranuka zihesha amahoro abamenyerejwe na cyo. Nuko mumanike amaboko atentebutse, mugorore amavi aremaye, kandi muharurire ibirenge byanyu inzira zigororotse, kugira ngo ikirenge gicumbagira kidakuka rwose ahubwo gikire (Heb. 12:3-13).

Nk’uko umwanditsi w’igitabo cy’Abaheburayo ahumekewe n’Umwuka avuga, Data wo mu ijuru ahana abana be. Iyo ataduhannye na rimwe, byerekana ko tutari abana be. Nuko rero tugomba kuba maso ntidusuzugure ibihano bye. Bamwe mu bitwa Abakristo, abo amso yabo ari ku kugira neza kw’Imana gusa n’imigisha itanga, bavuga ko ibibazo byose bibabayeho mu buzima ari ibitero bya Satani, ko nta gahunda y’Imana ibirangwamo. Ibi bishobora kubamo kuyoba gukomeye igihe Imana igerageza kubageza kukwihana ikoresheje ibihano.

Ababyeyi beza bo mu isi bahana abana babo biringira ko biga bagaca akenge bakitegurira inshingano z’ubuzima buri imbere bw’abantu bakuru. Imana na yo iduhana ishaka ko dukura mu buryo bw’umwuka, tukarushaho kuba ab’ingirakamaro mu murimo wayo, kandi tukaba twiteguye neza kuzahagarara imbere y’intebe yayo y’urubanza. Iduhana kubera ko idukunda, kandi kuko ishaka ko tuba abera nk’uko na yo ari iyera. Data wo mu ijuru udukunda yita cyane ku gukura kwacu ko mu mwuka. Bibiliya iravuga ngo, “Iyatangiye umurimo mwiza muri mwe izawurangiza rwose kugeza ku munsi wa Yesu Krisito” (Fili 1:6).

Nta mwana ujya yishimira umunyafu w’ababyeyi, n’iyo duhanwe n’Imana, icyo twumva si “ibyishimo ahubwo ni umubabaro,” nk’uko twasomye. Ariko hanyuma, bitubera byiza kuko guhanwa byera “imbuto zo gukiranuka zihesha amahoro.”

Ni Ryari kandi ni mu buhe Buryo Imana iduhana?

(When and How Does God Discipline Us?)

Nk’umupapa mwiza wese, Imana iduhana igihe tutumviye gusa. Igihe cyose tutayumviye tuba turi mu kaga ko guhura n’igihano cyayo. Nyamara Imana ni inyembabazi, ubusanzwe iduha umwanya uhagije wo kugira ngo twihane. Igihano cyayo kiza nyuma yo gukomeza kwinangira dukora ibikorwa byo kutayumvira kandi na yo ikomeza kutuburira kenshi.

Imana iduhana ite? Nk’uko twabibonye mu gice cyabanjirije iki, igihano cy’Imana gishobora kuza mu buryo bw’intege nke, uburwayi cyangwa urupfu rw’imburagihe:

Ndetse ni cyo gituma benshi muri mwe bagira intege nke, abandi bakarwaragura, abandi benshi bakaba barasinziriye. Ariko twakwisuzuma ntitwagibwaho n’urubanza. Nyamara iyo duciriwe urubanza n’Umwami wacu, duhanirwa na we kugira ngo tutazazacirwa ho iteka hamwe n’ab’isi (1 Kor. 11:30-32).

Ntabwo tugomba guhera ko buri gihe duhamya ko buri burwayi ari igihano cy’Imana (ibya Yobu bihita biza mu bitekerezo). Nyamara igihe uburwayi buje, ni byiza kwisuzuma mu buryo bw’umwuka tukareba niba nta muryango twakinguriye igihano mu kutumvira.

Dushobora kwirinda igihano cy’Imana mu kwisuzuma ubwacu–ni ukuvuga tukemera icyaha cyacu kandi tukihana. Ntiwaba wibeshye wanzuye uvuga ko igihe twihannye dukira indwara igihe ari uburwayi bw’igihano cy’Imana.

Iyo duhanwe n’Imana, Pawulo yavuze ko iba iturinze kuzacirwa ho iteka hamwe n’ab’isi. Yashakaga kuvuga iki? Icyo yashakaga kuvuga si ikindi, ni uko iyo Imana iduhannye bituma twihana, bityo ntituzatabwe mu muriro hamwe n’ab’isi. Ibyo bikomerera kumva ba bandi bazi ko gukiranuka ari ibintu umuntu uri mu nzira ijya mu ijuru yakora cyangwa ntabikore bitewe n’uko abishaka. Ariko ku basomye inyigisho ya Yesu yigishiriza ku musozi, bazi ko abumvira ubushake bw’Imana ari bo bonyine bazinjira mu bwami bwayo (reba Mat. 7:21). Nuko rero iyo dukomeje tukinangirira mu cyaha ntitwihane, tuba turi mu kaga ko kubura ubugingo buhoraho. Imana ishimwe kubwo guhana kwayo bituyobora ku kwihana bikadukiza gehinomu!

Satani nk’Igikoresho cyo Guhana kw’Imana

(Satan as a Tool of God’s Judgment)

Biragaragara neza mu byanditswe byinshi ko Imana ijya ikoresha Satani mu guhana. Urugero mu mugani wa wa mugaragu utarababariraga mugenzi we muri Matayo 18, Yesu yavuze ko shebuja w’uwo mugaragu “yarakaye” amenye ko wa mugaragu yababariye we yanze kubabarira umugaragu mugenzi we. Hanyuma ingaruka yabaye ko shebuja “yamuhaye abasirikare kugeza aho azamarira kwishyura umwenda wose” (Mat. 18:34). Yesu yarangije uwo mugani atangaza aya magambo:

Na Data wo mu ijuru ni ko azabagira, nimutababarira umuntu wese mwene So mubikuye mu mutima (Mat. 18:35).

“Abasirikare” ni ba nde? Bashobora kuba ari Satani n’abadayimoni be. Imana ishobora guha Satani umwana wayo wanze kuyumvira kugira ngo imugeze ku kwihana. Hari uburyo ibibazo n’amakuba bigeza umuntu ku kwihana–nk’uko byagenze kuri wa mwana w’ikirara (reba Luka 15:14-19).

Mu Isezerano rya Kera tubona ingero z’aho Imana yagiye ikoresha Satani ishaka gusohoza ibihano byayo ku bugingo bw’abantu bakwiriye uburakari bwayo. Urugero rumwe ruri mu gice cya cyenda cy’igitabo cy’Abacamanza, aho dusoma ngo “Nuko Imana itegeka umwuka uyobya kujya uteranya Abimeleki n’ab’i Shekemu” (Abac. 9:23) kugira ngo Imana ibahanire ibikorwa byabo by’ubugome bagiriye bene Gidiyoni.

Bibiliya kandi ivuga ko “umwuka mubi uvuye ku Uwiteka” yajyaga ababaza umwami Sawuli kugira ngo abe yakwihana (1 Sam 16:14). Sawuli ariko ntiyigeze yihana, kandi amaherezo yaguye ku rugamba azize kutumvira kwigomeka kwe.

Muri zi ngero zombi zo mu Isezerano Rya Kera, Bibiliya ivuga ko imyuka mibi yabaga “yoherejwe n’Imana.” Ibi ntibivuze yuko hari imyuka mibi Imana ifite mu ijuru iba ibikiye kuzohereza kuyikorera. Ahubwo birashaka kuvuga ko Imana ireka imyuka mibi ya Satani igakora kumara igihe runaka, mu byiringiro by’uko muri uko kubabazwa abanyabyaha bakwihana.

Ubundi Buryo Imana Ihana

(Other Means of God’s Discipline)

Mu isezerano rya kera na none tubona ko Imana yahanaga ubwoko bwayo mu kureka ibyago nk’amapfa bikabazaho cyangwa ikabagabiza abanzi babo b’abanyamahanga bakabategeka. Amaherezo barihanaga hanyuma Imana ikabakiza abanzi babo. Iyo bangaga kwihana nyuma y’imyaka myinshi yo gukandamizwa no kuburirwa kenshi, Imana noneho yarekaga ishyanga rikomeye rikaza rikabanesha rwose maze rikabatwara ho inyagano.

Mu Isezerano Rishya, nta gushidikanya ko Imana ishobora guhana abana bayo batumvira mu kureka ibyago bikabazaho, cyangwa ikareka abanzi babo bakabababaza. Urugero, icyanditswe twabonye tugitangira iki gice ku byerekeye guhana kw’Imana (Heb. 12:3-13) kijyanye n’iby’abizera b’Abaheburayo batotezwaga bazira kwizera kwabo. Nyamara gutotezwa kose ntikuba gutewe no kutumvira. Buri totezwa rigomba gusuzumwa mu buryo bwihariye.

Kumenye Kwitara Neza mu Gihano cy’Imana

(Rightly Reacting to God’s Discipline)

Dukurikije impuguro iri ku ntangiriro z’iki gice, dushobora kwitwara nabi mu gihano cy’Imana mu buryo bubiri. Dushobora “gusuzugura igihano Uwiteka ahana” cyangwa “tukagwa isari igihe aducyashye” (Heb. 12:5). Iyo “dusuzuguye” igihano cy’Imana, ni ukuvuga ko tutamenye ko ari igihano cyangwa ko tutitaye ku kutuburira kw’Imana. Kugushwa isari n’igihano cy’Imana ni ukureka gukurikira Imana no gukora ibiyinezeza twumva ko igihano cyayo gikabije. Iyo myifatire yombi ni mibi. Tugomba kumva ko Imana idukunda, kandi ko iduhana ku bwo kutugirira neza. Iyo dusobanukiwe ko iduhana ku bwo kudukunda, tugomba kwihana tukakira imbabazi zayo.

Iyo tumaze kwihana, tugomba kwizera ko igihano kidukuweho. Nyamara ntitugomba kwibwira ko ingaruka z’icyaha na zo zigomba guhita zigenda, nubwo dushobora kwinginga Uwiteka akatugirira imbabazi akadufasha. Imana yumva gusenga k’umutima umenetse ( reba Yesaya 66:2). Bibiliya iravuga ngo, “Kuko uburakari bwe ari ubw’akanya gato, ariko urukundo rwe ni urw’ubuzima bwose. Ahari kurira kwararira umuntu nijoro, ariko mu gitondo impundu zikavuga” (Zab. 30:5).

Abisirayeli bamaze guhura n’igihano, Uwiteka yaravuze ati:

Mbaye nkuretse akanya gato, ariko nzagukoranya mfite imbabazi nyinshi. Nakurakariye uburakari bwinshi bituma nkwima amaso akanya gato, ariko nzakubabarira nkugirire imbabazi zihoraho (Yes. 54:7-8).

Imana ni nziza kandi ni inyembabazi!

Ku bindi byerekeye ibyo guhana kw’Imana reba 2 Ngoma 6:24-31, 36-39; 7:13-14; Zab. 73:14; 94:12-13; 106:40-46; 118:18; 119:67, 71; Yer. 2:29-30; 5:23-25; 14:12; 30:11; Hag. 1:2-13; 2:17; Ibyak 5:1-11; Ibyah. 3:19.