Kuvuka bwa Kabiri (The New Birth)

Igice cya Cumi (Chapter Ten)

Iyo umuntu yihannye akizera Umwami Yesu Kristo, aba “avutse bwa kabiri.” Ariko se bisobanuye iki koko kuvuka bwa kabiri? Iki gice ni byo kivugaho.

Kugira ngo umuntu asobanukirwe neza icyo ari cyo kuvuka bwa kabiri, ni byiza kubanza gusobanukirwa kamere muntu. Ibyanditswe bitubwira ko tutari umubiri gusa, ko ahubwo turi n’ibiremwa by’umwuka. Urugero Pawulo yaranditse ati,

Imana y’amahoro ibeze rwose, kandi mwebwe ubwanyu n’umwuka wanyu, n’ubugingo n’umubiri byose birarindwe, bitazabaho umugayo ubwo Umwami wacu Yesu Kristo azaza (1 Tes. 5:23).

Nk’uko Pawulo yabyerekanye, dushobora kumva ko turi ibiremwa bigizwe n’ibice bitatu: umwuka, ubugingo n’umubiri. Ibyanditswe ntibisobanura neza kuri ibyo bice bitatu, ubwo rero dukora uko dushoboye kugira ko tubitandukanye dushingiye ku magambo ubwayo. Twanzura tuvuga ko umubiri wacu ari umuntu w’inyuma–inyama, amagufwa, amaraso n’ibindi. Ubugingo bwacu ni ubwenge n’ubumenyi n’amarangamutima yacu–ibitekerezo byacu. Umwuka wacu birumvikana ko ari ikiremwa cy’umwuka, nk’uko intumwa Petero abisobanura, “umuntu w’imbere uhishwe mu mutima” (1 Pet. 3:4).

Bitewe n’uko umwuka utagaragarira amaso y’umubiri, abantu badakijijwe bashaka kuvuga ko utabaho. Nyamara Bibiliya ivuga yeruye ko turi ibiremwa by’umwuka. Ibyanditswe bitubwira ko iyo umuntu apfuye, ari umubiri gusa uba urekeye aho gukora, igihe umwuka n’ubugingo byo bikomeza gukora uko bisanzwe. Iyo umuntu apfuye, ibyo byombi biva mu mubiri (nk’ikintu kimwe) bikajya guhagarara mu rubanza imbere y’Imana (reba Heb. 9:27). Nyuma y’urubanza bikajya mu ijuru cyangwa mu muriro. Amaherezo umwuka n’ubugingo bya buri muntu bizongera bihuzwe n’umubiri we ku munsi wo kuzuka kwawo.

Gusobanura kurushaho umwuka w’umuntu

(The Human Spirit More Defined)

Muri 1 Petero 3:4, Petero umwuka awita “umuntu uhishwe,” bigaragaza ko umwuka ari umuntu. Pawulo na we, umwuka awita “umuntu w’imbere,” bikerekana ko yizera ko umwuka w’umuntu atari igitekerezo gusa cyangwa imbaraga runaka, ahubwo ko ari umuntu:

Ni cyo gituma tudacogora, kandi nubwo umuntu wacu w’inyuma asāza, umuntu wacu w’imbere ahora ahinduka mushya uko bukeye (2 Kor. 4:16).

Birumvikana ko “umuntu w’inyuma” bivuga umubiri w’inyama n’amaraso, naho “umuntu w’imbere” bikavuga umwuka. Mu gihe umubiri ugenda usāza, umwuka wo uba mushya uko bukeye.

Urabona aha na none ko Pawulo umubiri n’umwuka abyita abantu. Igihe utekereje ku mwuka wawe rero, ntukawutekereze nk’igicu cy’umwuka kiri aho. Ni byiza ahubwo kuwutekereza nk’umuntu ufite ishusho nk’iyawe. Ariko rero niba umubiri wawe ushaje ntutekereze ko n’umwuka wawe ushaje. Utekereze uko wari umeze ukibyiruka kuko umwuka wawe utigeze usāza! Uhora uba mushya uko bukeye.

Umwuka wawe ni cyo gice cyawe kivuka bwa kabiri (niba warizeye Umwami Yesu). Umwuka wahujwe n’Umwuka w’Imana (reba 1 Kor. 6:17), ka ni wo (Umwuka w’Imana) ukuyobora uko ukurikira Yesu (reba Rom. 10:14).

Bibiliya ivuga ko Imana na yo ari umwuka (reba Yohana 4:24), cyo kimwe n’abamarayika n’abadayimoni. Bose bafite imiterere kandi baba mu isi y’umwuka. Isi y’umwuka ariko ntiwayumva cyangwa ngo uyibone mu buryo bw’umubiri. Kugerageza gukabakaba isi y’umwuka ukoresheje umubiri ni nko kugerageza gukora ku majwi yo muri radiyo ngo uyakoreho n’intoki uyafate. Ntidushobora kubonesha amaso y’umubiri ukuntu amajwi yakirwa na radiyo arimo araca mu cyumba, ariko kutayabona ntibivuga ko adahari. Uburyo bumwe gusa buhari bwo kugira ngo wumve radiyo ni ukuyifungura/kuyatsa.

Ni nako biri ku byerekeye isi y’umwuka. Kubera ko gusa isi y’umwuka udashobora kuyibonesha amaso y’umubiri ntibivuga ko itabaho. Ibaho, kandi abantu babimenya batabimenya, ni bamwe mu bigize iyo si y’umwuka kuko ari ibiremwa by’umwuka. Bashobora kuba bafatanyijwe na Satani mu buryo bw’umwuka (iyo batarihana) cyangwa se bakaba bafatanyijwe n’Imana (iyo bamaze kuvuka bwa kabiri). Abapfumu bamwe bamenye uko bahura n’isi y’umwuka bakoresheje imyuka yabo, ariko icyo bahura na cyo ni isi y’umwuka y’aho Satani atuye–ubwami bw’umwijima.

Imibiri y’iteka ryose

(Eternal Bodies)

Tukiri aha, reka ngire icyo mvuga ku mibiri yacu. Nubwo amaherezo izapfa, ariko urupfu rwacu rwo mu buryo bw’umubiri ntiruzahoraho. Hari umunsi ugiye kuzagera maze Imana ubwayo izure umubiri wa buri muntu wapfuye. Yesu yaravuze ati,

Ntimutangazwe n’ibyo kuko igihe kizaza, ubwo abari mu bituro bose bazumva ijwi rye bakavamo, abakoze ibyiza bakazukira ubugingo, naho abakoze ibibi bakazukira gucirwaho iteka (Yohana 5:28-29).

Intumwa Yohana yanditse mu gitabo cy’Ibyahishuwe ko kuzuka kw’imibiri y’abanyabyaha kuzabaho nibura imyaka igihumbi nyuma yo kuzuka kw’imibiri y’abakiranutsi:

Barazuka [abera bishwe bahōrwa Yesu muri cya gihe cyo gutotezwa gukomeye] bimana na Kristo imyaka igihumbi. Uwo ni wo muzuko wa mbere.[1] Abapfuye basigaye ntibazuka, iyo myaka igihumbi itarashira. Ufite umugabane wo kuzuka kwa mbere arahirwa kandi ni uwera… ahubwo bazaba abatambyi b’Imana na Kristo kandi bazimana na yo iyo myaka igihumbi (Ibyah. 20:4b-6).

Bibiliya kandi itubwira ko Yesu nagaruka kujyana Itorero, imibiri y’abakiranutsi yose yapfuye izazurwa igahuzwa n’imyuka yabo ubwo izaba igarukanye na Yesu bava mu ijuru baje mu kirere cy’isi:

Ubwo twemeye ko Yesu yapfuye akazuka, abe ari ko twizera yuko Imana izazanana na we[bazaza ari imyuka] abasinziririye muri we. Iki ni cyo tubabwira tukibwirijwe n’ijambo ry’Umwami wacu yuko twebwe abazaba bakiriho, basigaye kugeza ku kuza k’Umwami, tutazabanziriza na hato abasinziriye. Kuko Umwami ubwe azaza amanutse ava mu ijuru aranguruye ijwi rirenga… nuko abapfiriye muri Kristo [imibiri yabo] ni bo bazabanza kuzuka, maze natwe abazaba bakiriho basigaye duhereko tujyananwe na bo, tuzamuwe mu bicu gusanganirira Umwami mu kirere. Nuko rero tuzabana n’Umwami iteka ryose (1 Tes. 4:14-17).

Imana yaremye umuntu wa mbere imukuye mu butaka, nta kibazo rero izagira cyo kongera kwegeranya uduce twa wa mubiri ngo yongere ireme umubiri mushya.

Ku byerekeranye no kuzuka kw’imibiri yacu Pawulo yaranditse ati:

No kuzuka kw’abapfuye ni ko kuri. Umubiri ubibwa ari uwo kubora ukazazurwa ari uwo kutazabora, ubibwa ufite igisuzuguriro ukazazurwa ufite ubwiza, ubibwa utagira intege ukazazurwa ufite imbaraga, ubibwa ari umubiri wa kavukire ukazazurwa ari umubiri w’umwuka….Nuko bene Data icyo mvuga ni iki yuko abafite umubiri n’amaraso bisa batabasha kuragwa ubwami bw’Imana, kandi ibibora bitabasha kuragwa ibitabora. Dore mbamenere ibanga: ntituzasinzira [ntituzapfa] twese ahubwo twese tuzahindurwa mu kanya gato, ndetse mu kanya nk’ako guhumbya, ubwo impanda y’imperuka izavuga. Impanda izavuga koko, abapfuye bazurwe ubutazongera kubora natwe duhindurwe. Kuko uyu mubiri ubora ukwiriye kuzambikwa kutabora, kandi uyu mubiri upfa ukwiriye kuzambikwa kudapfa (1 Kor. 15:42-44a, 50-53).

Urabona ko ikintu kigaragara cyane ku mibiri yacu mishya ari uko izaba idashobora gupfa cyangwa kubora. Ntizasaza, ntizarwara cyangwa ngo ipfe! Imibiri yacu mishya izaba imeze nk’umubiri Yesu yari afite amaze kuzuka:

Naho twebweho iwacu ni mu ijuru, ni ho dutegereje umukiza ko azava ariwe Mwami Yesu Kristo, uzahindura uyu mubiri wo gucishwa bugufi kwacu akawushushanya n’umubiri w’ubwiza bwe, kuko afite imbaraga zo kumubashisha kwigandurira byose (Fili. 3:20-21).

Intumwa Yohana na we yahamije uku kuri gutangaje:

Bakundwa ubuturi abana b’Imana ariko uko tuzamera ntikurerekanwa. Icyakora icyo tuzi, ni uko niyerekanwa, tuzasa na we, kuko tuzamureba uko ari (1 Yohana 3:2).

Nubwo bidashoboka ko ubwenge bwacu bushyikira ibi bintu neza, dushobora kubyizera kandi tukanezererwa ibyiza biri imbere! [2]

Yesu avuga ku Kuvuka ubwa Kabiri

(Jesus on the New Birth)

Yesu yigeze kubwira umwe mu bakuru b’Abayuda witwaga Nikodemo ibyerekeye impamvu umwuka w’umuntu ugomba kuvuka ubwa kabiri mu mbaraga z’Umwuka Wera:

Yesu aramusubiza[Nikodemo] ati, “Ni ukuri, ni ukuri, ndakubwira yuko umuntu utabyawe ubwakabiri, atabasha kubona ubwami bw’Imana.” Nikodemo aramubaza ati, “Mbese umuntu yabasha ate kubyarwa akuze? Yakongera agasubira mu nda ya nyina akabyarwa?” Yesu aramusubiza ati, “Ni ukuri, ni ukuri, ndakubwira yuko umuntu utabyawe n’amazi n’Umwuka, atabasha kwinjira mu bwami bw’Imana. Ikibyarwa n’umubiri na cyo ni umubiri, n’ikibyarwa n’Umwuka na cyo ni umwuka. Witangazwa n’uko nkubwiye yuko ‘bibakwiriye kubyarwa ubwa kabiri'” (Yohana 3:3-7).

Nikodemo yabanje kwibwira ko ari ukuvuka ubwa kabiri mu buryo bw’umubiri Yesu avuze ko umuntu agomba kuvuka ubwa kabiri kugira ngo yinjire mu bwami bwo mu ijuru. Ariko Yesu yasobanuye neza ko ibyo avuga ari ukuvuka mu buryo bw’umwuka. Ni ukuvuga ngo, umwuka w’umuntu ugomba kuvuka ubwa kabiri.

Impamvu dukeneye kuvuka ubwa kabiri mu buryo bw’umwuka ni uko imyuka yacu yandujwe na kamere yacu mbi y’icyaha. Iyo kamere y’icyaha akenshi Bibiliya ikunda kuyita urupfu. Kubwo kugira ngo bisobanuke neza, turakoresha ijambo urupfu rw’umwuka tuvuga iyo kamere mbi kugira ngo tubitandukanye n’urupfu rw’umubiri (rubaho igihe umubiri utagikora).

Gusobanura urupfu rw’umwuka

(Spiritual Death Defined)

Pawulo yavuze icyo ari cyo gupfa mu mwuka mu Abefeso 2:1-3:

Namwe yarabazuye, mwebwe abari bapfuye muzize ibicumuro byanyu n’ibyaha byanyu, ibyo mwagenderagamo kera mukurikiza imigenzo y’iyi si, mugakurikiza umwami utegeka ikirere, ari we mwuka ukorera mu batumvira. Kandi natwe twese twahoze muri bo dukurikiza ibyo kamere yacu yifuza, tugakora ibyo kamere n’imitima byacu byishakira, kandi ku bwa kavukire yacu twari abo kugirirwa umujinya nk’abandi bose.

Biragaragara ko Pawulo atavugaga urupfu rw’umubiri kuko abo yandikiraga bari bazima mu buryo bw’umubiri. Nyamara akavuga ngo kera bari “bapfiriye mu byaha n’ibicumuro byabo.” Icyaha ni cyo gikingura umuryango w’urupfu rwo mu mwuka (reba Rom. 5:12). Gupfa mu mwuka bivuga kugira kamere y’icyaha mu mwuka wawe. Urabona ko Pawulo avuga ngo “ku bwa kavukire bari abo kugirirwa umujinya.”

Na none kandi, gupfa mu mwuka bivuze, mu buryo bumwe,kugira kamere nk’iya Satani mu mwuka wawe. Pawulo avuga ko abapfuye mu mwuka, umwuka w’ “umwami utegeka ikirere” uba ukorera muri bo. Nta wundi “mwami utegeka ikirere” uretse satani ibyo ntitubishidikanya (reba Ef. 6:12), kandi umwuka we ukorera mu badakijijwe bose.

Yesu, abwira Abayuda badakijijwe yaravuze ati,

Mukomoka kuri so Satani, kandi ibyo so ararikira ni byo namwe mushaka gukora.Uwo yahereye kera kose ari umwicanyi, kandi ntiyahagaze mu by’ukuri kuko ukuri kutari muri we. Navuga ibinyoma, aravuga ibye ubwe kuko ari umunyabinyoma, kandi ni se w’ibinyoma (Yohana 8:44).

Tubirebye mu buryo bw’umwuka, abataravuka ubwa kabiri ntibaba gusa bafite kamere ya Satani mu myuka yabo, ahubwo Satani ni na we se wo mu mwuka. Bakora uko Satani akora. Ni abicanyi kandi ni abanyabinyoma.

Ntabwo ari ukuvuga ko abadakijijwe bose bakoze ubwicanyi, ariko umwuka w’urwango ubakoreramo ni wo ukorera mu bicanyi, baramutse babonye ko nta nkurikizi zababaho bashobora kwica mu buryo bworoshye. Ikibyerekana ni itegeko ritanga uburenganzira bwo gukuramo inda ryemejwe mu bihugu byinshi. Abantu badakijijwe bica n’abana babo bwite bakiri mu nda.

Iyi ni yo mpamvu umuntu agomba kuvuka ubwa kabiri mu mwuka. Iyo rero umuntu avutse ubwa kabiri, ya kamere y’icyaha, kamere ya Satani ikurwa mu mwuka we igasimburwa na kamere yera/ikiranuka y’Imana. Umwuka Wera w’Imana uraza ugatura mu mwuka we. Ntaba “agipfuye mu buryo bw’umwuka” ahubwo aba “abaye muzima mu mwuka.” Umwuka we ntuba ugipfuye ahubwo uba ubaye muzima ku Mana. Aho kuba umwana wa Satani mu buryo bw’umwuka, aba ahindutse umwana w’Imana.

Guhindura imikorere ntibisimbura Kuvuka ubwa Kabiri

(Reformation is No Substitute for Regeneration)

Bitewe n’uko abantu badakijijwe baba barapfuye mu mwuka, ntibashobora na rimwe gukizwa no guhindura imikorere yabo ubwabo, nubwo bagerageza bate. Abantu badakijijwe baba bakeneye kugira indi kamere nshya, ntabwo ari ibikorwa bishya bigaragara inyuma gusa. Wafata ingurube ukayuhagira neza, ukayitera utuvuta duhumura neza tw’amarāshi, ukayambika agatambaro keza k’ibara rya roza mu ijosi, ariko izakomeza kuba ingurube gusa uretse ko ari ingurube yasukuwe! Kamere yayo iracyari ya yindi. Kandi ntizatinda kongera kunuka nabi no kwigaragura mu byondo.

Ni nako bimeze ku bantu bagiye mu idini gusa ariko batigeze bavuka ubwa kabiri. Bashobora kuba bafite wenda isuku y’inyuma buhoro, ariko imbere buzuye umwanda. Yesu yabwiye abanyedini bakomeye bo mu gihe cye ati,

Mwebwe banditsi n’Abafarisayo mwa ndyarya mwe! Muzabona ishyano kuko mwoza inyuma y’igikombe n’imbehe, ariko imbere yabyo huzuye ubwambuzi bwanyu no kutirinda. Wa Mufarisayo uhumye we, banza woze imbere y’igikombe n’imbehe, inyuma yabyo habone kuba heza. Mwebwe banditsi n’Abafarisayo, mwa ndyarya mwe, muzabona ishyano kuko mumeze nk’ibituro byasizwe ingwa, bigaragara inyuma ari byiza nyamara inyuma byuzuye amagufwa y’abapfuye n’ibihumanya byose. Ni ko muri namwe, inyuma mugaragarira abantu muri abakiranutsi, ariko mu mutima mwuzuye uburyarya n’ubugome (Mat. 23:25-28).

Ayo magambo ya Yesu akwiriye abantu bari mu idini bose ariko batarigeze bavuka ubwa kabiri kubw’ubw’Umwuka Wera. Kuvuka ubwa kabiri bisukura imbere mu muntu ntabwo ari inyuma gusa.

Ni iki kiba ku bugingo iyo umwuka uvutse ubwa Kabiri?

What Happens to the Soul When the Spirit is Reborn?

Iyo umwuka w’umuntu uvutse ubwa kabiri, mu ntangiriro nta kintu kiba cyahindutse ku bugingo bwe (uretse kuba yafashe icyemezo mu bwenge bwe cyo gukurikira Yesu). Ariko Imana yo, ishaka ko hari icyo dukora ku bugingo bwacu igihe tumaze guhinduka umwe mu bana bayo. Ubugingo bwacu (ibitekerezo) bigomba guhindurwa bishya n’Ijambo ry’Imana kugira ngo dutekereze nk’uko Imana ishaka ko dutekereza. Ni mu buryo bwo guhinduka bashya mu bitekerezo byacu imibereho yacu igenda ikomeza guhinduka mu buryo bugaragarira amaso, bigatuma turushaho kugenda dusa na Yesu:

Kandi ntimwishushanye n’abiki gihe, ahubwo muhinduke rwose mugize imitima mishya, kugira ngo mumenye neza ibyo Imana ishaka, ari byo byiza bishimwa kandi bitunganye rwose (Rom. 12:2).

Yakobo na we yanditse kuri izo mpinduka ziba mu buzima bw’uwizera:

Mwakirane ubugwaneza ijambo ryatewe muri mwe ribasha gukiza ubugingo bwanyu (Yak. 1:21b).

Umenye ko Yakobo yandikiraga Abakristo–abantu b’imyuka yamaze kuvuka ubwa kabiri. Ariko bari bakeneye ko ubugingo bwabo bukizwa, kandi ibyo bikaba gusa igihe bakiranye ubugwaneza “ijambo ryatewe muri bo.” Iyi ni yo mpamvu abizera bakwiye kwigishwa Ijambo ry’Imana.

Ibisigarira Bya Kamere ya Kera

(The Residue of the Old Nature)

Bakimara kuvuka ubwa kabiri, Abakristo ntibatinda kubona ko aria bantu bafite kamere z’uburyo bubiri, bagahura n’icyo Pawulo yita intambara hagati y'”Umwuka n’umubiri”:

Kuko kamere irarikira ibyo Umwuka yanga, kandi Umwuka yifuza ibyo kamere yanga kuko ibyo bihabanye, ni cyo gituma ibyo mushaka gukora atari byo mukora (Gal. 5:17).

Ibisigarira bya kamere ya kera y’ibyaha biba bigihari ni byo Pawulo yita “kamere.” Izi kamere zombie zikorera muri twe zigira ibyifuzo bitandukanye, kandi bitewe n’uko umuntu ahisemo bibyara ibikorwa n’imyitwarire itandukanye. Reba itandukaniro Pawulo ashyira hagati y'”imirimo ya kamere” n'”imbuto z’Umwuka”:

Dore imirimo ya kamere iragaragara ni iyi: gusambana no gukora ibiteye isoni n’iby’isoni nke, no gusenga ibishushanyo, no kuroga no kwangana no gutongana, n’ishyari n’umujinya n’amahane, no kwitandukanya no kwirema ibice, no kugomanwa no gusinda, n’ibiganiro bibi n’ibindi bias bityo. Ndababwira hakiri kare nk’uko nababwiye kera, yuko abakora ibisa bityo batazaragwa ubwami bw’Imana. Ariko rero imbuto z’Umwuka ni urukundo n’ibyishimo n’amahoro, no kwihangana no kugira neza, n’ingeso nziza no gukiranuka, no kugwa neza no kwirinda. Ibimeze bityo nta mategeko abihana (Gal. 5:19-23).

Biragaragara ko Abakristo bashobora gukurikira kamere; atari ibyo Pawulo ntiyakabaye abihanangiriza ko nibakurikiza imirimo ya kamere batazaragwa ubwami bw’Imana. Pawulo mu rwandiko rwe yandikiye Abaroma, na none yavuze kuri ibyo bintu bibiri bikorera muri buri mukristo kandi ababūrira ku ngaruka zituruka ku gukurikiza kamere:

Niba Kristo aba muri mwe, nubwo umubiri uba upfuye uzize ibyaha, umwuka uba uri muzima kubwo gukiranuka….Nuko rero bene Data, turi mu mwenda ariko si uwa kamere y’imibiri yacu ngo dukurikize ibyayo, kuko niba mukurikiza ibya kamere y’umubiri muzapfa, ariko nimwicisha Umwuka ingeso za kamere muzarama. Abayoborwa n’Umwuka w’Imana bose ni bo bana b’Imana (Rom. 8:10, 12-14).

Aha biragaragara neza ko ari Abakristo babūrirwa. Gukurikiza (ibyo birumvikanisha ko ari ukubikora kenshi) ibya kamere y’umubiri bizana urupfu. Pawulo ashobora kuba yarababūriraga ku rupfu rwo mu mwuka, kuko ubusanzwe amaherezo buri wese apfa mu buryo bw’umubiri, ndetse n’Abakristo “bicisha Umwuka ingeso za kamere y’umubiri.”

Umukristo ashobora kugwa by’akanya gato muri kimwe muri ibi byaha Pawulo avuga hano; ariko iyo uwizera akoze icyaha, yumva ashinjwa mu mutima we kandi ku bw’amahirwe akihana. Kandi nta gushidikanya ko umuntu wese watuye ibyaha bye agasaba Imana imbabazi ababarirwa akezwaho ibyaha bye (reba 1 Yohana 1:9).

Iyo Umukristo akoze icyaha, ntibivuga ko aba akuyeho isano iri hagati ye n’Imana–bivuga ko aba akuyeho ubusabane yari afitanye n’Imana. Aracyari umwana w’Imana, ariko yahindutse umwana utumvira. Iyo uwizera atatuye icyaha cye, aba yihamagarira guhanwa n’Umwami.

Intambara

(The War)

Niba warigeze kumva ushaka gukora ibintu uzi ko ari bibi, ubwo ibyo ni “ibyifuzo bya kamere” wahuye na byo. Nta gushidikanya wumvise na none ko igihe woshywa na kamere gukora nabi, hari ikindi kintu muri wowe imbere kirwanya ayo moshya. Ibyo ni “ibyifuzo by’Umwuka.” Kandi niba ujya wumva umutima ugucira urubanza igihe ugiye kugwa mu moshya mabi, ni ukuvuga ko uzi ijwi ry’umwuka wawe, ari ryo twita “umutima-nama”wacu.

Imana yari izi ko ibyifuzo bya kamere y’umubiri wacu bizatwoshya gukora ibibi. Nyamara ibyo ntitwabyitwaza ngo dukurikize ibyifuzo bya kamere y’umubiri. Imana ikomeza gushaka ko dukora mu kumvira no gukiranuka no gutsinda kamere y’umubiri:

Ndavuga nti, muyoborwe n’Umwuka, kuko ari bwo mutazakora ibyo kamere irarikira (Gal. 5:16).

Nta buryo bw’ibitangaza bwo gutsinda kamere. Pawulo avuga ko nta kindi ko gusa tugomba “kuyoborwa n’Umwuka,” ngo ni bwo “tutazakora ibyo kamere irarikira” (Gal. 5:16). Nta Mukristo ufite amahirwe aruta ay’undi mukristo muri ibyo. Kuyoborwa ni Umwuka nta kindi ni icyemezo buri wese agomba gufata, kandi kugandukira Umwami kwacu bishobora gupimirwa ku rwego tugezaho tudakurikiza ibyifuzo bya kamere.

Na none Pawulo yaranditse ati:

Aba Kristo Yesu babambanye kamere, n’iruba n’irari ryayo (Gal. 5:24).

Urabona ko Pawulo avuga ngo aba Kristo babambye (impitagihe) kamere. Ibyo byabaye igihe twihanaga tukizera Umwami Yesu Kristo. Twabambye kamere y’icyaha, dufata icyemezo cyo kumvira Imana no kurwanya icyaha. Ntabwo ari ukubamba kamere gusa, ahubwo ni ugukomeza kuyibamba.

Ntabwo byoroshye guhora ubambye kamere, ariko birashoboka. Iyo dukurikije uko umuntu w’imbere atuyobora aho gukurikiza ibyifuzo bya kamere y’umubiri, tugaragaza Kristo muri twe kandi tukagendera imbere ye mu gukiranuka.

Kamere y’Umwuka wacu Waremwe bundi bushya

(The Nature of our Recreated Spirits)

Hari ijambo rimwe risobanura neza kamere y’imyuka yacu yongeye kuremwa, iryo jambo ni Kristo. Mu buryo bw’Umwuka Wera, ufite kamere imwe n’iya Yesu, mu by’ukuri kamere ya Yesu iba ituye muri twe imbere. Pawulo yaranditse ati, “Si jye uriho, ahubwo ni Kristo uriho muri jye” (Gal. 2:20).

Bitewe n’uko dufite ubushobozi na kamere ye muri twe, dufite ubushobozi butangaje bwo bwo gushobora kubaho nka Kristo. Mu by’ukuri ntidukeneye urukundo rundi rurenzeho, cyangwa kwihangana, cyangwa kwirinda kundi–dufite uba muri twe wuzuye urukundo, kwihangana, no kwirinda! Icyo dukeneye gusa ni ukumwemerera akadukoreramo.

Nyamara twese dufite umwanzi umwe ukomeye, urwanya kamere ya Yesu muri twe, akayibuza kugaragara muri twe; uwo nta wundi ni kamere y’umubiri wacu. Ntibitangaje kuba Pawulo yaravuze ko tugomba kubamba kamere. Ni twe tugomba kugira icyo dukora ku mibiri yacu, kandi ni uguta igihe usaba Imana kugira icyo ibikoraho. Pawulo, na we, yagiraga ibibazo bya kamere y’umubiri, ariko yakoze ibimureba arayitsinda:

Ahubwo mbabaza umubiri wanjye nywukoza uburetwa, ngo ahari ubwo maze kubwiriza abandi nanjye ubwanjye ntaboneka ko ntemewe (1 Kor. 9:27).

Na we, ugomba gukoresha umubiri wawe uburetwa, ukaba umugaragu w’umwuka wawe niba ushaka kugenda ukora ibyo gukiranuka imberey’Uwiteka. Ushobora kubikora!

 


[1] Kuko Yohana avuga ko uyu ari wo “muzuko wa mbere,” bituma ttwizera ko nta yindi mizuko ya rusange iri imbere y’uyu. Kuko uyu muzuko ubaho ku mpera za bya byago bikomeye bizatera isi yose Yesu agarutse, bivuguruza cya gitekerezo cyo kuvuga ko Itorero rizazamurwa mbere y’ibyo byago by’itotezwa rikomeye, kuko tuzi ko hazaba kuzuka kw’abantu benshi icyarimwe Yesu ubwo azaba agarutse aje mu bicu aje kujyana Itorero nk’uko 1 Thes. 4:13-17 havuga. Uzabyiga neza ku buryo bunonosoye mu kindi gice kitwa Ibihe by’Imperuka.

[2] Ushaka gusesengura kurushaho ibyerekeye iby’umuzuko wareba Dan. 12:1-2; Yohana 11:23-26; Ibyak 24:14-15; 1 Kor. 15:1-57.