Amatorero yo mu Ngo

(Chapter Four House Churches)

Iyo abantu bacyumva bwa mbere iby’amatorero yo mu Ngo, bakunze kwibeshya bakumva ko itandukaniro hagati y’itorero ryo mu rugo n’itorero risanzwe rimenyerewe rishingiye gusa ku mubare w’abayoboke bayo n’ubushobozi butandukanye bwo gukora “umurimo w’Imana” bishingiye ku mubare w’abayoboke. Abantu rero rimwe na rimwe bakarangiza bafashe umwanzuro wo kuvuga ko itorero ryo mu rugo ridashobora gushyikira amatorero yo mu nsengero mu gukora umurimo w’Imana. Ariko iyo umuntu asobanuye ko “umurimo w’Imana” ari uguhindura abantu abigishwa, ukabafasha gusa na Kristo kandi ukabatoza ukabaha ubushobozi bwo gukora umurimo, noneho ni ho ubona ko ayo matorero yo mu nsengero atari yo yagufasha kugera kuri iyo ntego, ahubwo nk’uko nabivuze mu gice giheruka, afite inzitizi. Birumvikana ko amatorero yo mu rugo atanganya n’amatorero yo mu nsengero ubwinshi bw’ibikorwa binyuranye, ariko agira akarusho mu gukora umurimo w’Imana mu buryo nyabwo.

Abantu bamwe ntibemera ko amatorero yo mu rugo ari yo matorero nyakuri, ngo kuko gusa atagira urusengero. Iyo abantu nk’abo baza kubaho muri ya myaka magana atatu ya mbere y’itorero, baba baravuze ko nta torero na rimwe mu isi ririho nyakuri. Ikiriho kizima ni uko Yesu yavuze ati, “Kuko aho babiri cyangwa batatu bateraniye mu izina ryanjye, nanjye mba ndi hagati yabo” (Mat. 18:20).Yesu ntacyo yavuze ku byerekeye aho abizera bagomba kuzajya bateranira. Kandi n’ubwo haba hari abizera babiri gusa bateranye mu izina rye, yasezeranye ko azajya aba ari kumwe na bo. Ibyo abigishwa ba Kristo bakora kenshi iyo bagiye gusangira ibyokurya muri “resitora”( restaurant), kandi baganira ku ijambo ry’Imana, bigishanya banahugurana, mu by’ukuri ni byo bisa cyane n’ibyakorwaga mu materaniro y’itorero ryo mu Isezerano Rishya kurusha ibikunze gukorwa ku cyumweru mu gitondo mu nsengero.

Mu gice giherutse navuze ibyiza bitandukanye amatorero yo mu rugo arusha amatorero yo mu nsengero.Nifuzaga gutangira iki gice mvuga izindi mpamvu zituma itorero ryo mu rugo ari bwo buryo bwemewe bwa Bibiliya bushobora kugira imbaraga cyane mu kugera ku ntego yo guhindura abantu abigishwa.Ariko reka mbanze ntangaze ku mugaragaro ko intego yanjye atari ukurwanya amatorero yo mu nsengero cyangwa abapastori bayayoboye. Hari abapastori benshi cyane muri ayo matorero yo mu nsengero bubaha Imana kandi bafite umutima utaryarya bakora uko bashoboye kose muri iyo miterere y’amatorero yabo ngo banezeze Uwiteka. Buri mwaka mpugura ibihumbi by’abapastori bo muri ayo matorero, kandi ndabakunda cyane ndanabashimira cyane. Ni bamwe mu bantu beza cyane bo muri iyi si. Kandi ni ku bw’uko nsobanukiwe cyane uburyo imirimo bakora ivunanye cyane nifuza kubagezaho ubundi buryo bwatuma bahura n’ibibazo bike kandi bakarushaho kugira umusaruro n’ibyishimo icyarimwe. Itorero ryo mu rugo/mu nzu ni bwo buryo bwa Bibiliya kandi ni ryo rifasha cyane mu kugera ku ntego yo guhindura abantu abigishwa no kwagura ubwami bw’Imana. Sinshidikanya cyane ko abenshi cyane mu bapastori b’amatorero yo mu nsengero barushaho kugira ibyishimo, bakarushaho kugira umusaruro no kugera ku muhamagaro wabo, bakoreye mu itorero ryo mu rugo.

Nabaye pastori w’itorero ryo mu rusengero imyaka irenga makumyabiri kandi nakoraga uko nshoboye kugira ngo nkore neza umurimo wanjye nkurikije ibyo narinzi icyo gihe. Ariko nyuma y’amezi atari macye nsura amatorero atandukanye mu materaniro yo ku cyumweru mu gitondo, ni ho natangiye gusobanukirwa uko bimeze kujya mu rusengero gusenga uri “umukristo usanzwe gusa.” Cyambereye ikintu kimfunguye amaso, ni bwo natangiye gusobanukirwa impamvu abantu benshi batishimira cyane kujya guterana. Kimwe n’abandi bantu bose uretse pastori, nicaraga ntuje mu kinyabupfura ngategereza ko amateraniro arangira. Iyo yarangiraga noneho ni ho nibura nashoboraga gushyikirana n’abandi nkumva ko nanjye hari icyo ndimo nkora aho kwicara gusa nkaba indorerezi yabihiwe n’ibyo ireba. Icyo ni kimwe mu bintu byinshi byatumye ntangira gutekereza ubundi buryo bwaruta ubwo; nuko ntangira ubushakashatsi ku buryo bw’itorero ryo mu rugo. Natangajwe no kumenya ko hari miliyoni nyinshi z’amatorero yo mu rugo hirya no hino mu isi, nuko nsobanukirwa ko amatorero yo mu rugo afite ibyiza byinshi arusha amatorero yo mu nsengero.

Abenshi mu basoma iki gitabo si abayoboye amatorero yo mu rugo, ni amatorero yo mu nsengero. Ndabizi ko ibyinshi mu byo nanditse bishobora kubanza kubagora kubyakira kuko bibanza gusa nk’aho ari ugukabya kuba intagondwa. Ariko ndasaba yuko bafata igihe cyo gutekereza ku byo mvuga, kandi simvuga ngo bahite babyemera byose. Nanditse ku bw’abapastori, mbitewe n’urukundo mbafitiye bo n’amatorero yabo.

Ubwoko Bumwe Gusa bw’Itorero muri Bibiliya

(The Only Kind of Church in the Bible)

Mbere na mbere, rugikubita, mbanze mvuge ko amatorero ateranira mu nsengero zabugenewe atazwi mu Isezerano Rishya, mu gihe amatorero yo mu nzu ari yo yari amenyerewe mu itorero rya mbere:

Akibitekereza atyo asohora kwa Mariya nyina wa Yohana wahimbwe Mariko, aho abantu benshi bari bateraniye basenga (Ibyak 12:12).

…yuko ari nta jambo ribafitiye akamaro nikenze kubabwira, cyangwa kubigishiriza imbere ya rubanda [ariko birumvikana ko atari mu nsengero] no mu ngo zanyu rumwe rumwe…(Ibyak. 20:20)

Muntahirize Purisikila na Akwila….Muntahirize itorero ryo mu rugo rwabo (Rom. 16:3-5; reba n’Abaroma 16:14-15 ahavugwa andi ashobora kuba yari amatorero yo mu rugo i Roma).

Abo mu matorero yo muri Asiya barabatashya.Akwila na Purisikila barabatashya cyane mu Mwami wacu, n’itorero ryo mu rugo rwabo (1 Kor. 16:19).

Muntahirize bene Data b’i Lawodikiya na Numfa n’itorero ryo mu nzu ye (Kolo 4:15).

Na Afiya mushiki wacu, na Arukipo umusirikare mugenzi wacu n’itorero ryo mu rugo rwawe… (File 1:2).

Byagiye bivugwa ko impamvu yatumye ab’itorero rya mbere batubaka insengero ari uko itorero ari ho ryari rigitangira rikiri mu bwana bwaryo. Ariko ubwo bwana bwarakomeje bumara imyaka mirongo nk’uko bigaragara mu mateka y’Isezerano Rishya (ndetse na nyuma y’itorero rya mbere byakomeje nta nsengero kumara igihe kirenga imyaka magana abiri). Noneho rero niba kubaka insengero ari ikimenyetso cyo gukura kw’itorero, itorero ry’intumwa dusoma mu gitabo cy’ibyakozwe n’intumwa ntiryigeze rikura na gato.

Jye ndavuga ko impamvu yatumye nta n’umwe mu ntumwa wigeze yubaka urusengero ari uko ikintu nk’icyo cyari kugaragara nk’ikinyuranyije n’ubushake bw’Imana, kuko Yesu atigeze atanga urwo rugero ngo agire urusengero yubaka cyangwa ngo asige atanze amabwiriza yo kubaka. Yahinduye abantu abigishwa nta nzu idasanzwe yabugenewe akoresheje, hanyuma abwira abigishwa be kugenda na bo bagahindura abantu abigishwa. Babonaga nta nyubako idasanzwe ikenewe muri uwo murimo.Ni ibyo nta kindi . Igihe Yesu yabwiraga abigishwa be ngo bajye mu mahanga yose bahindure abantu abigishwa, ntabwo bibwiye bati, “Icyo Yesu ashaka ko dukora ni ukubaka insengero maze tukajya twigishirizamo rimwe mu cyumweru inyigisho twateguye neza.”

Kandi rero, kubaka inyubako zidasanzwe byari gushobora no kugaragara nko kwica itegeko rya Kristo yatanze ryo kutibikira ubutunzi mu isi, wangiza amafaranga ku kintu kitari ngombwa na gato, usahura umutungo w’ubwami bw’Imana wagakoreshejwe mu murimo wo guhindura ubuzima bw’abantu.

Gukoresha Umutungo Neza Mu Buryo Bwa Bibiliya

(Biblical Stewardship)

Ibi biratugeza ku kindi cyiza cya kabiri amatorero yo mu ngo arusha ayo mu nsengero: Itorero ryo mu rugo riteza imbere cyane gukiranuka mu buryo bwo gukoresha ibyo Imana yaduhaye, kandi icyo ni ikintu cy’ingenzi cyane ku mwigishwa.[1] Nta mafaranga atagaguzwa mu kubaka insengero, kugura, gukodesha, gusana, kwagura, kuvugurura, gushyiramo ibyuma bizanamo amafu igihe hashyushye cyangwa hagasusuruka mu gihe cy’ubukonje.Noneho ahubwo amafaranga yagatawe kuri ibyo by’inyubako, ashobora gukoreshwa mu kugaburira no kwambika abakene, kujyana ubutumwa bwiza hirya no hino, no guhindura abantu abigishwa, nk’uko tubona byagendaga mu gitabo cy’Ibyakozwe n’Intumwa. Tekereza ibyiza byinshi biba byarakozwe mu bwami bw’Imana iyo miliyari z’amadolari zishyirwa mu kubaka insengero ziba zarakoreshejwe mu kugeza ubutumwa bwiza hirya no hino no gufasha abakene!Birenze ubwenge.

Byongeye kandi, itorero ryo mu rugo rifite abantu batarenga makumyabiri rishobora kuyoborwa n’umukuru w’itorero/umupasitori/umwepisikopi “wibohera amahema” (ni ukuvuga “udasaba ko itorero rimuha umushahara”), kandi icyo ni ikintu gishoboka cyane iyo muri iryo torero ryo mu rugo harimo abantu bakuze mu mwuka.Amatorero nk’ayo nta mafaranga aba akeneye ngo akore umurimo.

Yego ni byo koko Bibiliya isa nk’iyerekana ko abakuru b’itorero/abapasitori/abepisikopi bakwiye guhembwa imishahara ihwanye n’umurimo bakora, kugira ngo abiyeguriye umurimo burundu batungwe na wo (reba 1 Tim. 5:17-18).Abantu icumi mu itorero ryo mu rugo bakorera amafaranga bagatanga icyacumi cyabo bashobora gushyigikira umupastori akagira imibereho imwe nk’iyabo.Abantu batanu batanga icyacumi cyabo neza mu itorero ryo mu rugo bashobora gutuma pastori abohoka kimwe cya kabiri cy’iminsi y’icyumweru akaba yagiharira umurimo w’Imana.

Dukurikiye ubu buryo bw’itorero ryo mu rugo, amafaranga yari gukoreshwa ku nsengero yashyigikira abapastori; bityo rero abapasitori bo mu nsengero ntibakwiye kumva ko kugwira kw’amatorero yo mu rugo ari ikintu kije kubangamira umurimo wabo. Ahubwo bikwiye kubereka ko hari abandi bantu benshi, abagabo n’abagore, Imana yashyize mu mitima inyota yo gukora umurimo wayo.[2] Kandi ibyo byafasha mu kugera ku ntego yo guhindura abantu abigishwa.Ikindi kandi,itorero ryo mu rugo rifite abantu bagera kuri makumyabiri bafite imishahara, rishobora gukoresha kimwe cya kabiri cy’amafaranga ryinjiza mu kujyana ubutumwa hirya no hino no gufasha abakene.[3]

Itorero ryo mu rusengero riramutse rihindutse urunana rw’amatorero yo mu ngo, abantu babura akazi kabo kabahembaga, ni abakozi bo mu biro by’ubuyobozi bw’itorero n’abakozi bakora mu mishinga y’itorero, wenda n’abandi bakozi bamwe bafite imirimo yihariye (urugero nk’abashinzwe urubyiruko n’abana mu matorero manini cyane) batakwemera kureka imirimo yabo ifite ishingiro rito cyane ukurikije Bibiliya ngo bayigurane imirimo ifite urufatiro muri Bibiliya. Amatorero yo mu rugo ntakeneye abapasitori b’urubyiruko n’ab’abana kuko muri Bibiliya iyo ni inshingano y’ababyeyi, kandi muri rusange abantu bo mu matorero yo mu ngo bihatira cyane kugendera kuri Bibiliya aho kugendera ku mahame y’ubukristo bushingiye ku mico karande y’ibihugu. Urubyiruko rw’abakristo rudafite ababyeyi b’abakristo rushobora gushyirwa mu matorero yo mu rugo nk’uko n’ubundi ruba mu matorero yo mu nsengero maze rugatozwa kuba abigishwa.Mbese hari ujya yibaza igituma nta “pastori w’urubyiruko” cyangwa “pastori w’abana” ushobora gusanga avugwa mu Isezerano Rishya?Bene iyo mirimo ntayabagaho mu itorero kumara igihe cy’imyaka 1900 kuva ubukristo butangiye. Kuki se haje kwaduka ko biba ibintu bya ngombwa, cyane cyane mu bihugu bikize by’i Bulayi n’Amerika?[4]

Ikindi twavuga cya nyuma, by’umwihariko mu bihugu bikennye, abapasitori ntibibashobokera gukodesha cyangwa kugura inyubako z’insengero badafashijwe n’abakristo bo mu Bulayi n’Amerika. Ingaruka mbi zituruka kuri uko guhora bahanze amaso abo babafasha ni nyinshi. Ariko ikigaragara ni uko icyo kitigeze kiba ikibazo cy’itorero rya Kristo kumara imyaka 300. Niba uri umupastori mu gihugu kiri mu nzira y’amajyambere itorero ryawe rikaba ridafite ubushobozi bwo kwiyubakira urusengero, ntukeneye kujya uryoshyaryoshya abashyitsi b’Abanyamerika babagendereye wibwira ko uguye kuri zahabu.Imana yamaze gukemura ikibazo cyawe kera.Mu by’ukuri ntukeneye urusengero kugira ngo ugere neza ku ntego yo guhindura abantu abigishwa.Kurikiza urugero rwa Bibiliya.

Iherezo ryo gucikagurikamo ibice kw’imiryango

(The End of Fragmented Families)

Ikindi cyiza cy’amatorero yo mu rugo ni iki: agira akarusho mu gutoza abana, abangavu n’ingimbi kuba abigishwa. Bumwe mu buyobe bukomeye cyane buri mu matorero-dini muri iki gihe (cyane cyane amanini cyane muri Amerika) ni inyigisho n’ibindi bintu byiza cyane bikorerwa abana n’urubyiruko. Nyamara bahisha ko abana benshi muri abo bamaze imyaka binezeza mu mikino n’utundi tubashimisha ku rusengero mu nyigisho z’urubyiruko batigera bagaruka mu rusengero iyo bamaze “kuva mu cyari” (Wabaza imibare uko ingana pastori w’urubyiruko uwo ari we wese yakubwira- barabizi.)

Byongeye kandi amatorero afite abapastori b’abana n’ab’urubyiruko akomeza gushyigikira ubuyobe bwo kubeshya ababyeyi ko badashoboye gutoza abana babo mu by’umwuka cyangwa ko atari inshingano zabo.Bakongera bati, “Tuzita ku burere bw’abana banyu mu by’umwuka.Ni twe nzobere zabitorejwe.” Iyo mikorere iba intandaro yo kugwa kuko ituma umuntu agenda ata umurongo uko bukeye uko bwije.Bitangirira ku babyeyi bagenda bashakisha amatorero abana babo bakwishimira.Mu modoka batashye umwana w’ingimbi Johnny yabwira ababyeyi be ko yishimye ku rusengero, bakanezerwa cyane, kuko bitiranya kwishimira iryo torero kwa Johnny no kunguka iby’umwuka.Akenshi baba bibeshya cyane.

Abapastori bagamije gukomera bakaba ibirangirire bashaka ko amatorero yabo akura akaba manini, nuko rero usanga kenshi abapastori b’urubyiruko n’ab’abana bibaye ngombwa ko bava mu nama zihuje abakozi b’Imana bakihuta bababajwe no kujya guhanga gahunda “nyayo” abana bakwishimira. (“Nyayo” ni ukuvuga mu bijyanye no “gushimisha abana” kandi “nyayo” ntabisobanuye “kugeza abana ku kwihana, kwizera Yesu no gukurikiza amategeko ye.”) Abana bapfa kwishimira gahunda gusa, ubwo ababyeyi b’abemeragato bakomeza kujya baza (bazanye n’amafaranga yabo),nuko itorero rigakura.

Kugera ku ntego mu matsinda y’urubyiruko bipimirwa ku mubare w’abitabiriye.Abapastori b’urubyiruko bakora ibishoboka byose kugira ngo urubyiruko rwitabire ku bwinshi, kandi akenshi ibyo biba bisobanuye kwemera koroshya bakavangamo ibintu by’umubiri.Ni akaga iyo pastori w’urubyiruko wigorewe, agiye kumva akumva ngo hari ababyeyi bamurega kuri pastori mukuru ko abana babo binubira ko ubutumwa babwirwa mu nyigisho z’urubyiruko budashyushye cyangwa bubacira urubanza.

Nyamara se mbega ukuntu byaba ari iby’umugisha ku mubiri wa Kristo abo bapastori b’urubyiruko baramutse bahindutse abayobozi b’amatorero yo mu Ngo.Ubusanzwe baba baramaze kugira ubuhanga mu gusabana n’abantu, baba kandi bafite ishyaka rya gisore batabuze n’imbaraga. Abenshi muri bo baba abapastori b’urubyiruko gusa bitewe n’uko ari yo ntambwe ya mbere isabwa kugira ngo buhoro buhoro bazagere ku bushobozi ndenga kamere busabwa kugira ngo bazashobore kurokoka akaga ko kuba pastori mukuru. Abenshi baba bafite ubushobozi burenze ubwo kuyobora itorero ryo mu rugo gusa.Ibyo bakora mu matsinda yabo y’urubyiruko bijya gusa cyane n’ibikorwa mu itorero uko Bibiliya ibivuga kurusha ibyagiye bikomeza gukorerwa mu matorero.Ibi twabivuga no ku bapastori b’abana, baba barasize inyuma cyane abapastori bakuru benshi mu gushobora gufasha mu matorero yo mu Ngo aho usanga bose, n’abana, bicaye bakoze uruziga mu itsinda rito, bose bakagira uruhare mu birimo birakorwa ndetse bakishimira hamwe basangira n’ibyokurya.

Ubusanzwe abana n’abageze mu kigere cyo kuba ingimbi cyangwa abangavu batozwa kuba abigishwa neza kurushaho iyo bikorewe mu matorero yo mu Ngo bakaba mu buzima nyabwo bwa gikristo bakagira n’uruhare muri byo, bakabaza ibibazo, kandi bagasabana n’abantu bakuru, nk’umuryango w’abakristo. Mu matorero -dini bahora bari mu birori “binezeza” bakiga gato cyane niba hari n’ako biga mu byerekeranye n’uko abantu basabana bakabana nyakubana, ahubwo kenshi bagakangurirwa kumenya uburyarya bubi bubaho, maze nk’uko bigenda no mu yandi mashuri, bakiga gusa ukuntu bashobora kwitwara kuri bagenzi babo.

Ariko se amateraniro ahuriwemo n’abantu b’ibyiciro by’imyaka bitandukanye, bigenda bite ku mpinja zirira cyangwa abana bakubagana?

Bakagombye iteka kwishimirwa,kandi hakagira uko bafatwa igihe baba bateje ibibazo. Urugero,bashyirwa nko mu kindi cyumba bakabaha impapuro n’amakaramu yo gushushanya bakishushanyiriza.Mu itorero ryo mu rugo, impinja n’abana si umutwaro umuntu yitura ngo awukoreze rubanda nk’uko bigenda mu mashuri y’incuke. Ahubwo baba bakunzwe na buri wese muri uwo muryango. Umwana urize mu itorero -dini aba abangamiye gahunda z’amateraniro kandi ababyeyi na bo bakabura amahoro kuko amaso yose aba abakanuriye abereka ko ibyo bitemewe. Umwana urize mu itorero ryo mu rugo aba akikijwe n’abantu bo mu muryango we, kandi nta n’umwe bibangamira kuko biba ari nko kubibutsa ko hari impano nto yaturutse ku Mana iri hagati yabo, umuntu bose bafashe mu biganza bamuterura bamwishimira yavutse.

Ababyeyi bafite abana baruhanya cyane bashobora kwigishanywa ubugwaneza, abandi babyeyi bakababwira uko bakwiriye kubyifatamo.Kandi na none abakristo babana mu buryo bwiza cyane, buri wese yitaye kuri mugenzi we.Ntabwo bavuga abandi amazimwe, umwe asebya mugenzi we nk’uko bikunze kuba mu matorero-dini.Baba baziranye kandi bakundana.

Abashumba/abapastori bishimye

(Happy Pastors)

Jye nk’umuntu washumbye amatorero imyaka makumyabiri, nkigisha ibihumbi by’abapastori hirya no hino mu isi, nkagira n’abapastori benshi b’incuti zanjye bwite, ndumva navuga ko hari icyo nzi ku byerekeranye n’imvune zo gushumba itorero ry’iki gihe. Nka buri mupastori wese w’itorero-dini, nanjye nanyuze mu bihe “by’umwijima” by’umurimo w’ubushumba.Hari n’ubwo umwijima uba mwinshi cyane.Mu by’ukuri dukoresheje ijambo “injyanamuntu” ni ryo ryabisobanura neza.

Ibyo abapastori bahura na byo bibatera imiruho ishobora no gusenya ubusabane bwo mu miryango yabo. Abapastori bananirwa biturutse ku mpamvu nyinshi.Bagomba kuba abanyapolitiki, abacamanza, abakoresha,abafasha abantu bafite ibibazo byo mu mutwe, abahuzabikorwa, abapatana inyubako z’amazu, abajyanama mu by’urushako, intyoza mu kuvugira mu ruhame, abayobozi b’ibigo by’ubucuruzi, abantu basoma mu bitekerezo by’abantu kandi bakaba n’abategetsi. Akenshi bisanga mu marushanwa ateye ubwoba n’abandi bapastori barwanira kurushanya umubare munini w’abayoboke mu mubiri wa Kristo. Bagira akanya gato cyane k’ubuzima bwabo bw’umwuka.Abenshi bumva baraguye mu mutego w’umuhamagaro wabo kandi bagahembwa agashahara gato. Abakristo babo ni bo bakiriya babo bakaba ari na bo bakoresha babo. Rimwe na rimwe abo bakoresha bakaba n’abakiriya bashobora gutuma ubuzima bubiha cyane.

Tugereranyije abo bapastori bombi,uwo mu itorero ryo mu rugo biramworoheye cyane. Icya mbere,iyo abayeho ubuzima bw’intangarugero bw’umwigishwa nyakuri kandi akigisha mu buryo butavanze kumvira amategeko ya Yesu, hazaboneka ihene nkeya cyane zishaka kuba mu itsinda ayoboye. Mu by’ukuri icyo cyo guteranira mu rugo ubwacyo gishobora kuba gihagije gukumirira kure ihene nyinshi.Ubwo rero mu mukumbi aragiye inyinshi zizaba ari intama.

Icya kabiri, ashobora gukunda no kwigisha neza intama ze zose buri muntu ku buryo bw’umwihariko, kuko aba afite abantu hagati ya cumi na babiri na makumyabiri gusa ayoboye. Ashobora kunezererwa ubusabane nyabwo na bo, kuko aba ameze nk’umubyeyi mu muryango. Ashobora kubabonera umwanya wose bakeneye.Ndibuka nkiri umupastori w’idini, kenshi numvaga ndi jyenyine.Sinashoboraga kugira umuntu n’umwe mu itorero ryanjye niyegereza cyane nk’incuti, kugira ngo abandi batanyijundika ngo bo sinabashyize mu gatsiko k’incuti zanjye za hafi cyane cyangwa bakaba bagirira ishyari abo b’incuti zanjye banyegereye cyane.Numvaga nifuza ubusabane nyabwo n’abandi bizera, ariko nirindaga kwishyira mu kaga ibyo byo kugira incuti nyazo byankururira.

Muri ubwo busabane bwo kwegerana cyane nk’umuryango by’itorero ryo mu rugo, abakristo bafasha pastori gukomeza kugendera mu mucyo, kuko aba ari icuti yabo ibegereye, atari nk’umukinnyi wa sinema cyangwa ikinamico barebera hariya imbere gusa batamugeraho.

Umushumba w’itorero ryo mu rugo ashobora gufata igihe gihagije cyo gutoza abayobozi b’andi matorero yo mu rugo azavuka nyuma, ubwo rero iyo igihe cyo kwaguka kigeze, abayobozi baba bahari biteguye. Ntabwo ahagarara aho ngo arebēre uko abantu be bafite ubushobozi bwo kuzavamo abayobozi bakomeye bamukurwaho bakavana impano zabo mu itorero bakazijyana mu ishuri rya Bibiliya runaka ahandi hantu.

Ashobora kandi no kubona umwanya wo guhagurutsa undi murimo w’Imana hanze y’itorero rye. Wenda ashobora gukora umurimo mu magereza, mu mazu abageze mu zabukuru bacumbikirwamo,cyangwa akajya mu ivugabutumwa ry’umuntu ku muntu mu mpunzi n’abacuruzi cyangwa abandi bikorera ku giti cyabo. Bitewe n’inararibonye afite, ashobora no gufata umwanya wo gutangiza andi matorero yo mu Ngo, cyangwa agatoza abapastori bato b’amatorero yo mu Ngo bakuriye munsi y’ubuyobozi bwe.

Nta mpagarara agira zo kuba umuntu ujya kwerekana ibirori ku cyumweru mu gitondo. Nta na rimwe akenera gutegura ku wa gatandatu ninjoro ikibwirizwa cy’ingingo eshatu, yibaza ukuntu yashobora kugera ku nyota ya buri muntu mu bantu benshi bateraniye aho kandi bari mu byiciro bitandukanye by’ubukure bwo mu mwuka.[5] Ahubwo ashobora kunezererwa kureba uko Umwuka Wera akoresha buri wese mu iteraniro akabakangurira gukoresha impano zabo. Ashobora no kutaboneka mu materaniro kandi ibintu byose bikagenda neza n’ubwo adahari.

Nta nyubako y’urusengero afite imurangaza kandi nta n’abakozi agomba kuyobora bahari.

Nta mpamvu afite zo kurushanwa n’abandi bapastori.

Nta “komite y’itorero” ihari yo kumutera ibibazo ari nayo ntandaro y’amatiku amenyerewe.

Muri macye, ashobora kuba icyo Imana yamuhamagariye kuba cyo, atari ibintu yashyizweho n’imihango y’ubukristo bw’idini. Ntabwo ari umukinnyi wa sinema barebēra, si perezida w’ishyirahamwe ry’ubucuruzi, cyangwa ngo abe ari we uba inkingi ya mwamba. Oya, ni uhindura abantu abigishwa, ni umutoza w’abēra.

Intama zihiriwe

(Happy Sheep)

Ikintu cyose kijyanye n’amatorero yo mu Ngo nyakuri Bibiliya ihamya, ni cyo abizera nyakuri bifuza kandi ni cyo banezererwa.

Abizera nyakuri bifuza ubusabane nyabwo n’abandi bizera, kuko urukundo rw’Imana rwasutswe mu mitima yabo. Bene ubwo busabane buboneka mu matorero yo mu Ngo. Ni cyo Bibiliya yita ubusabane, gusangira nyabyo ubuzima bwawe na bene So. Amatorero yo mu Ngo atuma habaho urubuga abizera bashobora gukoreramo ibyo abizera bashinzwe gukora byose, ari byo dukunze gusanga henshi mu Isezerano Rishya ngo “mugirirane gutya na gutya”. Mu miterere y’itorero ryo mu rugo, abizera bashobora guhugurana, guterana imbaraga, gukomezanya, guhumurizanya, kwigishana, gukorerana, no gusengerana. Bashobora guterana ishyaka ryo gukunda no gukora imirimo myiza, kwaturirana ibyaha, kwikorerana imitwaro, kandi bagahugurana muri zaburi, mu ndirimbo n’ibihimbano by’umwuka. Bashobora kurirana n’abarira kandi bakishimana n’abishima. Ibyo ntibikunze kuboneka mu materaniro yo ku cyumweru mu matorero- dini aho abizera baba bicaye barebēra gusa. Nk’uko umwe mu bakristo basengera mu itorero ryo mu rugo yabimbwiye ati, “Iyo umuntu umwe muri twe arwaye, sinjyana ibyo kurya kwa rubanda ntazi ngo ni uko niyandikishije mu ‘itsinda ry’abatanga ibiryo.’ Oya ahubwo nshyira ifunguro umuntu nzi kandi nkunda.”

Abakristo nyabo bishimira gusabana n’abandi no gufatanya na bo. Kwicara gusa bagatega amatwi inyigisho zikonje cyangwa zitagize n’icyo zibungura umwaka ugashira undi ugataha ni igitutsi ku bwenge bwabo no ku gusenga Imana kwabo. Ahubwo bishimira kuba babona amahirwe yo kubwira abandi uko bahishurirwa kumenya Imana n’Ijambo ryayo, kandi amatorero yo mu rugo atanga ayo mahirwe. Ukurikije uburyo bwa Bibiliya bitari ugukurikiza uburyo bw’imigenzo y’abantu, buri muntu aba afite “zaburi, ijambo ryo kwigisha, ijambo ryo guhishurirwa, ururimi rutamenyekana, cyangwa kurusobanura” (1 Kor. 14:26). Mu matorero yo mu Ngo, nta n’umwe uzimirira mu kivunge cy’abantu benshi cyangwa ngo ahēzwe n’agatsiko k’abantu bacye mu itorero biharira imirimo.

Abizera nyakuri bifuza cyane gukoreshwa n’Imana mu murimo wayo. Mu itorero ryo mu rugo, buri wese aba afite amahirwe yo gukorera Imana akabera abandi umugisha, kandi bose basangira inshingano, kugira ngo hatagira uryamirwa akicishwa akazi nk’uko bikunze kuboneka ku bakristo b’abanyamurava mu matorero -dini. Nibura buri wese ashobora kuzana umugabane w’ibyo kurya bari buze gusangirira hamwe, ari byo ibyanditswe byita “isangira ryo gukundana” (Yuda 1:12). Mu matorero menshi y mu Ngo, iryo funguro rikurikiza urugero rwo kuva mu ntangiriro rw’Ifunguro Ryera/Ameza y’Umwami, kandi mu by’ukuri iryo ryari ifunguro nyaryo rya Pasika. Ifunguro Ryera ntabwo ari nk’uko akana k’agahungu ko mu itorero nashumbaga kigeze kurivuga ngo, “agace k’umugati kēra k’Imana.” Ibintu by’akamanyu k’umugati n’agatobe (juice) kangana urwara umuntu amira mu masegonda hagati y’abantu atazi, ntaho bihuriye na Bibiliya n’amatorero yo mu Ngo. Intego y’uwo muhango wera w’Imana wo gusangira ishimangirwa mu buryo bwinshi igihe abigishwa bakundana basangira ibyo kurya.

Mu itorero ryo mu rugo, kuramya Imana ni ibintu bikorwa mu buryo bworoshye, bivuye ku mutima kandi buri wese abirimo; ntabwo ari ibyo kwerekana ubuhanga bw’abantu bitoje cyane.Abizera nyakuri bakunda cyane kuramya Imana mu mwuka no mu kuri.

Gusuzuma inyigisho no kwihanganira imyumvire itandukanye

(Doctrinal Balance and Toleration)

Mu mahuriro y’umwiherero n’amateraniro asanzwe y’amatorero mato, buri nyigisho ishobora gusuzumwa n’umuntu uwo ari we wese uzi gusoma. Bene Data baziranye kandi bakaba bakundana baba bashobora gutegana amatwi mu bwubahane, bagashishoza neza bashaka kumva igitekerezo cya mugenzi wabo gihabanye n’icyabo, n’iyo badashoboye kubyumva kimwe, urukundo ni rwo rukomeza kubahambirira hamwe, ntabwo ari inyigisho. Inyigisho yose itanzwe n’uwo ari we wese mu itsinda, ndetse n’abakuru b’itorero/abapastori/abepiskopi, iba igomba gusuzumanwa urukundo na buri wese, kuko Umwigisha atuye muri buri wese (reba 1 Yohana 2:27). Uko gusuzumana ubwabo no gushyira ku munzani w’Ijambo ry’Imana mu buryo bwa Bibiliya bituma hatabaho kuyoba mu myizerere.

Ibi bihabanye cyane n’umurongo ukurikizwa mu matorero-dini y’iki gihe, aho imyizerere iba yarashyizweho itorero rigitangira kandi hatagomba kugira ugira icyo yayikemangaho. Bityo rero, imyizerere ipfuye igahoraho iteka, kandi igahinduka igipimo cyo kugira ngo umuntu yemerwe. Ku bw’iyo mpamvu nyine, ingingo imwe mu kibwirizwa (inyigisho) kimwe ishobora gutuma bamwe bahita bigendera, bagasimbuka bakava mu bwato bakajya gushakisha ko babona “abizera bahuje imyumvire.” Baba babizi ko ntacyo bivuze kujya kuganira na pastori ku byo batemeranyijeho mu myizerere. N’ubwo yakumva akemera guhindura ibitekerezo bye, ntiyakwifuza ko abantu benshi cyangwa abakomeye bamukuriye mu itorero babimenya. Imitandukanire y’imyizerere mu matorero-dini ituma abapastori bahinduka bamwe mu banyapolitiki bakomeye bo muri iyi si, intyoza mu kuvuga zivugira ibintu muri rusange ku buryo bufifitse, maze bakirinda ikintu cyose cyabyara impaka, ahubwo bagashaka ukuntu buri wese yumva ko bari mu ruhande rwe.

Ibigezweho

(A Modern Trend)

Igishimishije, ni uko ubu hari umubare wiyongera w’amatorero-dini agenda atangiza uburyo bw’amatsinda mato mu mikorere yayo, bityo bikagaragaza ko yemera agaciro kabyo mu guhindura abantu abigishwa. Ndetse amatorero amwe atera indi ntambwe, agashingira imikorere yayo ku matsinda mato, akemeza ko ari cyo kintu cy’ingenzi ashingiraho mu gukora umurimo w’Imana. Bakavuga ko “amateraniro yo guhimbaza manini” aza ku mwanya wa kabiri nyuma y’agaciro gakomeye k’amatsinda mato (nubwo bitakubahirizwa mu ngiro ariko niko babyemera mu mvugo).

Izo ni intambwe zigana mu cyerekezo nyacyo, kandi intambwe nk’izo Imana iziha umugisha, kuko umugisha wayo ungana n’urwego tugezaho mu gukurikiza ubushake bwayo. Kandi koko, “amatorero mato -selire (cell churches)” ateye neza mu buryo bworohereza umurimo wo guhindura abantu abigishwa kurusha amatorero -dini asanzwe amenyerewe. Ari hagati y’amatorero-dini n’amatorero yo mu Ngo, mbeses afashe impu zombi.

Mbese amatorero y’ubu akoresha uburyo bw’amatsinda mato ahuriye he n’amatorero yo mu Ngo y’iki gihe n’aya kera? Hari aho bitandukaniye.

Urugero, ikibabaje ku matsinda mato yo mu matorero-dini rimwe na rimwe akora ari ugutiza umurindi amakosa akorwa muri ayo matorero-dini, cyane cyane igihe intego yo gutangira iby’amatsinda mato ari ukubaka ubwami bwa pastori mukuru w’itorero. Ubwo rero aratangira agakoresha abantu ku bw’inyungu ze, kandi amatsinda mato asohoza neza uwo mugambi. Iyo bigenze bityo, abayobozi b’amatsinda mato batoranywa hakurikijwe ukuntu ubudakemwa bwabo bwasuzumwe neza mu kuba abana b’itorero b’indahemuka, kandi ntibagomba kuba ari abanyempano cyane cyangwa bagaragaraho ubushobozi bwo kuyobora cyane, kugira ngo Satani atazabuzuzamo ibitekerezo by’uko bashobora kwitangirira ibyabo.Bene iyo mikorere iba inzitizi ku kugera ku ntego kw’amatsinda mato, maze nk’uko bigenda mu matorero-dini yose, abahamagawe n’Imana nyakuri n’abayobozi bazima b’ejo bakajyanwa mu mashuri ya Bibiliya na za seminari, itorero rikaba risahuwe impano nyakuri zaryo, maze abantu nk’abo bakajyanwa ahantu umwarimu azahagarara imbere yabo akabigisha aho kugira ngo batorezwe bakora umurimo.

Akenshi amatsinda mato yo mu matorero-dini ahinduka nk’amatsinda y’ubusabane gusa. Mu by’ukuri ibyo guhindura abantu abigishwa ntibibaho. Kuko biba bizwi ngo abantu bagaburirwa iby’umwuka ku cyumweru mu gitondo, amatsinda mato yibanda ku bindi bitari Ijambo ry’Imana, badashaka gusubiramo ibyo ku cyumweru mu gitondo.

Amatsinda mato mu matorero-dini akenshi ashyirwaho n’umwe mu bakozi b’itorero, aho kubyarwa n’Umwuka. Ikaba indi gahunda yiyongereye ku zindi nyinshi z’itorero. Abantu bagashyirwa mu itsinda rimwe hakurikijwe imyaka yabo y’ubukure, urwego rwabo rw’imibereho, inkomoko yabo, ibyo bakunda, niba barashakanye cyangwa ari ingaragu, abapfakazi cyangwa baratanye n’abo bashakanye cyangwa se hakurikijwe aho batuye. Akenshi ihene zikavangwa n’intama. Ibi byose biba bikozwe mu mubiri bitayobowe n’Umwuka ntibifasha abizera kugenda biga gukundana batitaye ku matandukaniro yabo. Wibuke ko amatorero ya mbere menshi yo mu gihe cy’Intumwa rwari uruvange rw’Abayuda n’Abanyamahanga. Kenshi basangiriraga hamwe ibyo kurya, kandi ibyo byari bibujijwe mu migenzo y’Abayuda. Mbega ukuntu amateraniro yabo bagomba kuba barayigiragamo ibintu byinshi! Mbega amahirwe yo gukorera mu rukundo! Mbega ubuhamya bw’imbaraga z’ubutumwa bwiza! None se kuki twumva tugomba gushyira buri wese mu itsinda ririmo abantu bahuje kugira ngo amatsinda mato agree ku ntego?

Amatorero-dini afite amatsinda mato na none aba agifite imihango yo ku cyumweru mu gitondo agomba gushyira mu bikorwa, aho indorerezi zireba ibikorwa imbere. Amatsinda mato ntiyemerewe guhura igihe cy’amateraniro “nyayo” y’itorero, ibyo bikumvisha buri wese ko mu by’ukuri amateraniro makuru yo mu rusengero ari yo y’ingenzi cyane. Bitewe n’ubwo butumwa buba butanzwe gutyo, abenshi mu bakristo baterana ku cyumweru mu gitondo, niba ndetse atari hafi ya bose, ntawe uzajya mu itsinda rito n’ubwo babibakangurira cyane, kuko aba yumvise ko atari byo by’ingenzi, ahubwo ko ari ibintu wakora cyangwa ukabireka bitewe n’ubushake bw’umuntu.Baba bumva banyuzwe n’uko baboneka mu materaniro y’ingenzi kuruta ayandi yose aba mu cyumweru. Ubwo rero igitekerezo cy’itsinda rito gishobora kwamamazwa nk’aho ari ibintu by’ingenzi cyane, ariko ko bitanganya agaciro n’amateraniro yemewe yo ku cyumweru.Amahirwe atagereranywa y’ubusabane nyabwo, gutozwa kuba umwigishwa no gukura mu mwuka akaba aburijwemo.Ubutumwa butari bwo bukaba buratambutse.Amateraniro rusange yo ku cyumweru akaganza.

Ahandi bitandukanira

(More Differences)

Amatorero -dini afite amatsinda mato mu miterere yayo afite inzego zisumbana z’ubuyobozi,aho buri wese aba azi umwanya we mu nzego zitandukanye. Abari ku rwego rwo hejuru mu buyobozi bashobora kwiyita “abagaragu,” ariko mu by’ukuri akenshi baba bameze nk’abashefu bakuru bagomba gufata ibyemezo bikomeye.Uko itorero rirushaho kuba rinini, ni ko pastori arushaho kugenda yigira kure y’umukumbi aragiye. Iyo ari umupastori nyakuri ushobora kumukuramo ukuri umubajije mu gihe atabyiteguye; azakubwira ko yari anezerewe kurushaho igihe yari akiragiye umukumbi muto.

Ni na ko bimeze rero mu matorero-dini afite amatsinda mato, aba agishyigikiye ivangura ry’abakozi b’Imana babyiyeguriye n’abalayiki (abakristo basanzwe). Abayobozi b’amatsinda mato baba bari munsi y’ubuyobozi bw’abakozi b’Imana babigize umwuga kandi babihemberwa. Kenshi na kenshi amasomo yo kwiga inyigisho za Bibiliya agahabwa agaciro gake cyangwa akabanza kwemerwa n’abayobozi b’itorero, kuko abayobozi b’amatsinda mato badashobora guhabwa ubushobozi bwinshi. Amatsinda mato ntiyemererwa gukora Ifunguro Ryera cyangwa kubatiza. Iyi mirimo yera igenewe gusa abantu bamwe b’indobanure bo mu rwego rwo hejuru bafite amazina y’ibyubahiro n’impamyabumenyi. Abahamagariwe kwiyegurira gukora umurimo w’Imana mu mubiri wa Kristo bagomba kujya mu ishuri rya Bibiliya cyangwa iseminari kugira ngo bemerwe rwose gukora umurimo ku mugaragaro maze basange abandi muri ka gatsiko kari ku isonga.

Rimwe na rimwe usanga amatsinda mato mu matorero-dini yarabaye nk’amateraniro asanzwe yo gusenga bigatandukanira gusa mu bwinshi bw’abayagize n’umwanya amara kuko itsinda rito riterana kumara hagati y’iminota 60 na 90, umuntu umwe ubifitiye impano akayobora kuramya no guhimbaza, undi na we ubifitiye impano akigisha inyigisho ubuyobozi bubakuriye bwemeje ko yigishwa. Umwuka Wera ahabwa akanya gato cyane ko kugira ngo abe yagira abandi akoresha, atange impano cyangwa ahagurutse abakozi b’Imana.

Akenshi abantu ntibamaramaza mu kwitabira amatsinda mato mu matorero-dini, rimwe bayajyamo ubundi ntibayajyemo, kandi hari ubwo ayo matsinda aba yaragenewe kubaho igihe gito gusa atazahoraho, ubwo rero ugasanga ubusabane no gushyira hamwe kwayo biri ku rwego ruri hasi y’urwo mu matorero yo mu Ngo.

Ubusanzwe amatsinda mato mu matorero-dini aterana mu minsi y’imibyizi kugira ngo atabangamira amateraniro y’itorero kuwa gatandatu no ku cyumweru. Ubwo rero ingaruka ni uko umwanya wo guterana kw’amatsinda mato uba ugerwa ku mashyi udashobora kurenga amasaha abiri ku bashobora guterana; naho nk’abafite abana bato biga mu mashuri abanza baba bagomba gucyura mu rugo cyangwa abaturuka kure bo baba bahejwe.

N’iyo kandi amatorero-dini ashyigikiye iby’amatsinda mato, haba hakiri inyubako y’urusengero bagomba gushyiraho amafaranga. Kandi mu by’ukuri uwo murimo w’amatsinda mato wongera umubare w’abantu mu itorero, ubwo rero bituma hanarushaho gushorwa amafaranga yandi menshi muri gahunda zo kwagura inyubako. Ikindi ni uko, gushyiraho amatsinda mato mu matorero-dini bisaba nibura gushyiraho undi mukozi umwe w’itorero ubihemberwa. Ibyo rero ni ukuvuga andi mafaranga agomba gusohoka ku yindi gahunda y’itorero.

Ikindi umuntu yakwita ndetse kibi kurusha ibindi byose, abapastori b’amatorero-dini akoresha uburyo bw’amatsinda mato, bo ubwabo ntibajya bagira akanya ko guhindura abantu abigishwa. Bahugira cyane mu nshingano zindi nyinshi, bakagira akanya gato cyane ko kuba batoza umuntu umwe ku wundi kuba umwigishwa. Ahari wenda abo bashobora kwegera cyane babatoza kuba abigishwa ni nk’abayobozi b’amatsinda mato, ariko ibyo nabyo babibonera umwanya nka rimwe mu kwezi bahuriye hamwe.

Ibi byose birerekana ko, nkurikije uko jye mbyumva, amatorero yo mu rugo ari bwo buryo Bibiliya yemera kandi ni yo afite imbaraga mu guhindura no kugwiza abigishwa n’abahindura abantu abigishwa. Nyamara kandi ndabona ko imitekerereze yanjye idashobora guhindura mu kanya gato imigenzo itorero ryagendeyeho imyaka amagana n’amagana. Ni cyo gituma nsaba abapastori b’amatorero-dini kugira icyo bakora bakerekeza amatorero yabo mu murongo wa Bibiliya mu byerekeranye n’uburyo bwo guhindura abantu abigishwa.[6] Bashobora gutangira gutekereza ukuntu batoza abayobozi b’ejo hazaza kuba abigishwa n’ukuntu batangiza umurimo w’amatsinda mato. Bashobora kugumishaho “umunsi wo guterana wo ku cyumweru nk’itorero rya mbere” ariko urusengero rukaba rwakinzwe, abantu bose bahuriye mu Ngo zabo basangira ibyo kurya nk’uko abakristo ba mbere babigiraga mu myaka Magana atatu ya mbere..

Abapastori bafite amatsinda mato mu matorero yabo bashobora kureba ukuntu barekura ayo matsinda akagenda akaba amatorero yo mu Ngo maze bakareba uko bigenda.Iyo amatsinda mato ameze neza nta kibazo afite kandi akaba ayobowe n’abapastori/abakuru b’itorero/abepiskopi bafite umuhamagaro w’Imana, yakagombye gukora neza yiyoboye ubwayo.Ntaba akeneye itorero rikuru ryayabyaye nk’uko itorero rito ryatangijwe ridafite irindi riribyaye rikura rigakomera. Kuki se ayo matsinda mato atahabwa umudendezo?[7].Amafaranga y’abagize itsinda yajyaga ajya mu itorero rikuru ashobora gufasha umushumba w’itorero ryo mu rugo.

Mbese gushyigikira kwanjye amatorero yo mu Ngo birasobanura ko nta cyiza kiba mu matorero-dini? Oya rwose. Bitewe n’urwego amatorero-dini agezaho mu guhindura abantu abigishwa bumvira Kristo, ayo matorero akwiye gushimwa. Nyamara rimwe na rimwe imikorere n’imiterere yayo iba inzitizi kurusha uko yafasha mu kugera ku ntego Kristo yadushyize imbere, kandi akenshi birimbura ubugingo bw’abapastori.

Bigenda bite mu materaniro y’itorero ryo mu rugo?

(What Happens at a House Church Gathering?)

Ntabwo amatorero yose yo mu rugo agomba kuba ateye kimwe, kandi haba hari uburyo bwinshi bwo guhindura igihe icyo ari cyo cyose. Buri torero ryo mu rugo riba rigomba kugaragaza imico yaryo n’imigenzo yihariye ishingiye ku hantu riri no ku barigize–ni nacyo gituma amatorero yo mu Ngo ashobora kugira imbaraga cyane mu ivugabutumwa, cyane cyane mu bihugu bitagendera ku migenzo ya gikristo. Abakristo bo mu matorero yo mu Ngo iyo batumiye abaturanyi babo kujyana gusenga ntibabatumira mu rusengero mu bintu batazi na gato birimo imihango batagira aho bahuriye–ari zo nzitizi zikomeye zibuza abantu gukizwa.Ahubwo batumira abaturanyi babo kujya gusangira amafunguro n’incuti zabo.

Urebye ahanini ifunguro risangiriwe hamwe ni cyo kintu gikuru kigize amateraniro y’itorero ryo mu rugo. Mu matorero menshi yo mu Ngo iryo funguro riba rikubiyemo n’Ifunguro Ryera, kandi buri torero ryo mu rugo rishobora gushaka ukuntu birushaho kugira agaciro mu buryo bw’umwuka.Nk’uko twari twabivuzeho mbere, Ifunguro Ryera rya mbere ritangizwa ryari ifunguro rishyitse ry’umunsi wa Pasika kandi ryari rifite agaciro gakomeye mu buryo bw’umwuka.Iyo abakristo ba mbere rero bateranaga bagiye ku Ifunguro Ryera barafunguraga nyabyo. Dusoma mu byanditswe ko abakristo ba mbere babigenzaga batya:

Bahoraga bashishikariye ibyo intumwa zigishaga, bagasangira ibyabo, no kumanyagura umutsima no gusenga….Kandi iminsi yose bakomezaga kujya mu rusengero n’umutima uhuye, n’iwabo bakamanyagura umutsima bakarya bishimye bafite imitima itishāma bahimbaza Imana (Ibyak 2:42, 46).

Abakristo ba mbere rero bajyanaga imitsima bagiye guterana, bakayimanyagura, bakayisangirira hamwe, kandi mu mico yabo ubusanzwe ni ko byagendaga kuri buri funguro rya buri munsi. Mbese uko kumanyura umutsima mu gihe cyo gufungura hari icyo byari bivuze mu buryo bw’umwuka ku bakristo ba mbere? Bibiliya ntibihamya mu buryo bweruye. Nyamara William Barclay,mu gitabo cye yise The Lord’s Supper(Ifunguro Ryera/Ameza y’Umwami) yaravuze ati, “Nta gushidikanya ko Ifunguro Ryera ryatangiye nk’ifunguro risanzwe ryasangirwaga n’ubundi mu muryango cyangwa irisangiwe n’incuti zihuriye ahantu hasanzwe hatari mu rusengero ….Iby’akamanyu gato k’umugati n’agatama ka divayi ntaho bihuriye n’Ifunguro Ryera uko ryari riri mu gutangira kwaryo ….Ifunguro Ryera mu ntangiriro ryari ifunguro ryo mu rugo rw’abantu bakundana.” Biratangaje ukuntu buri muhanga wa Bibiliya wese wo muri iki gihe yemeranya na Barclay, nyamara itorero rikaba rikigendera mu migenzo yaryo aho kugendera ku Ijambo ry’Imana kuri iyi ngingo!

Yesu yategetse abigishwa be ko bazajya bigisha abigishwa babo kwitondera/kumvira ibyo yabategetse byose, ubwo rero igihe yabategekaga ko bazajya basangira umugati na divayi bamwibuka, bakagombye kuba barigishije abigishwa babo kubigenza batyo.Mbese ibyo byakagombye gukorwa mu gihe cy’ifunguro risanzwe? Nta gushidikanya ko byumvikana nk’igihe dusoma amagambo Pawulo yandikiye abakristo b’I Korinto:

Byongeye kandi iyo muteraniye hamwe [kandi aha ntavuga ku byo guteranira mu nsengero kuko zitari ziriho] ntimuba muteranijwe n gusangira Ifunguro ry’Umwami wacu by’ukuri, kuko iyo murya umuntu wese yikubira ibye agacura abandi, nuko umwe arasonza naho undi akarengwa (1 Kor. 11:20-21).

Amagambo nk’ayo se yaba afite ishingiro Pawulo abaye avuga ku Ifunguro Ryera nk’uko rikorwa mu matorero y’iki gihe? Hari ubwo wari wigera wumva itorero ry’iki gihe ryabayemo ikibazo cy’uko mu gihe cy’Ifunguro Ryera bamwe bikubiye ibiryo byabo bagacura abandi hanyuma bamwe bakarengwa kandi abandi bashonje?Amagambo nk’ayo yagira ishingiro ari uko Ifunguro Ryera rikorwa mu buryo bw’ifunguro risanzwe nyakuri. Pawulo arakomeza:

Mbese ye, ntimufite ingo zanyu ngo abe ari zo muriramo no kunyweramo? Mugayisha mutyo itorero ry’Imana [wibuke ko Pawulo atavugaga inyubako y’urusengero, ahubwo yavugaga iteraniro ry’abantu b’Imana, itorero ry’Imana], mugakoza isoni abakene?Mbese mbabwire iki?Mbashime?Kuri ibyo simbashima (1 Kor. 11:22).

Ni mu buhe buryo se abadafite icyo bafite/abakene bakorwa n’isoni niba ibyakorwaga bitari ugusangira ifunguro risanzwe?Pawulo yerekanaga ko abakristo bamwe b’Abakorinto iyo bageraga kare aho bateranira bahitaga batangira kurya ibyabo badategereje ko abandi babanza kuhagera. Iyo rero bamwe bazaga nyuma kandi ari abakene ku buryo batabonye ibyo kuzana gusangira mu ifunguro rusange, ntibaburaga icyo barya gusa, ahubwo banakorwaga n’isoni kuko byagaragariraga buri wese ko nta kintu bazanye.

Nyuma y’aho ako kanya Pawulo ahita yandika ibindi ku bijyanye n’Ifunguro ry’Umwami, icyo “yahawe n’Umwami” (1 Kor. 11:23), nuko akavuga uko byagenze ku Ifunguro Ryera rya mbere (1 Kor. 11:24-25). Noneho akihanangiriza Abakorinto ko batagomba kujya ku Ifunguro Ryera uko bidakwiriye, akavuga ko iyo batisuzumye, baba baririye kandi banywereye gucirwaho iteka mu buryo bw’intege nke, kurwaragura nogupfa imburagihe (1 Kor. 11:26-32).

Hanyuma agasoza avuga ati,

Nuko bene Data nimuteranira gusangira,murindirane. Umuntu nasonza arye iby’iwe, kugira ngo guterana kwanyu kutabashyirishaho urubanza (1 Kor. 11:33-34).

Iyo urebye rero usanga icyaha cyakorwaga igihe cy’Ifunguro Ryera ari ukutita ku bandi bizera. Pawulo na none akihanangiriza abongabo batangiraga kurya ibyabo bikubiye kandi byagombaga kuribwa bisangiwe, ifunguro bahuriyeho bose, akababwira ko bari mu kaga ko gucirwaho iteka (cyangwa guhanwa) n’Imana.Umuti w’icyo kibazo wari woroshye. Niba hari uwumva ashonje cyane ku buryo atashobora gutegereza abandi,yakagombye kuva mu rugo hari icyo atamiye mbere yo kuza mu materaniro. Kandi abahageze mbere bakagombye kurindira abandi baza kuza nyuma kuri uwo musangiro, bigaragara ko uwo musangiro wari ukubiyemo Ifunguro Ryera cyangwa ndetse ni wo wari Ifunguro Ryera nyirizina.

Iyo turebye icyo gice cyose uko cyakabaye, biragaragara neza ko Pawulo yavugaga yuko niba ari Ifunguro ry’Umwami wacu ko risangirwa, byakagombye gukorwa mu buryo bushimisha Umwami, mu rukundo no kubahana.

Ibyo ari byo byose, biragaragara cyane ko itorero rya mbere ryakoraga Ifunguro Ryera nk’uko basangira ayandi mafunguro yose mu Ngo z’abantu nta bayobozi b’idini bagombye kuhaba ngo bayobore uwo muhango.Kuki se twe tutagenza dutyo?

Umugati na Divayi

(Bread and Wine)

Ubwoko bw’ibikoreshwa mu Ifunguro Ryera ntabwo ari cyo cy’ingenzi. Niba tugomba guharanira kwigana neza neza Ifunguro Ryera rya mbere, twakagombye kumenya ibyo uwo mugati wari ukozwemo n’ubwoko nyirizina bw’umuzabibu iyo divayi/vino yari yenzwemo.[Ababyeyi b’itorero (church fathers)bo mu binyejana bya mbere bategekaga ko iyo vino igomba gufunguzwa amazi ngo kuko bitabaye ibyo Ifunguro Ryera ryaba rikozwe mu buryo budatunganye.]

Umugati na divayi ubundi byari bimwe mu byo kurya byari bigize amafunguro asanzwe y’Abayuda.Yesu yahaye agaciro kanini ibintu bbibiri byari bisanzwe cyane, ibyo kurya urebye buri wese yaryaga buri munsi. Iyo aza kuba yarabonye iby’imico y’ahandi mu yindi myaka itari iriya wenda Ifunguro Ryera rya mbere ryari kuba rigizwe na foromaje (cheese) n’amata y’ihene, cyangwa n’umutsima w’umuceri n’umutobe w’inanasi. Nuko rero ibyo kurya n’ibinyobwa ibyo ari byo byose bishobora kuba ikimenyetso cy’umubiri n’amaraso ya Yesu mu ifunguro risangiwe n’abigishwa be. Icy’ingenzi ni icyo risobanuye mu buryo bw’umwuka. Reka twogukerensa umwuka w’amategeko mu gihe dushobora kurinda inyuguti yayo!

Si ngombwa ko ifunguro risangiwe rikorerwa imihango y’akataraboneka. Abakristo ba mbere, nk’uko twamaze kubisoma, bamanyaguraga “umutsima iwabo…bakarya bishimye kandi bafite imitima itishama” (Ibyak 2:46). Ariko na none kubigiramo ubwitonzi birakwiriye igihe muri uko gufungura hageze igihe cyo kwibuka igitambo cya Yesu maze ibyo bateguye bikaribwa bibuka. Kwisuzuma birakwiye iteka mbere yo kurya Ifunguro Ryera, nk’uko amagambo akaze Pawulo yavuze yihanangiriza Abakristo b’Abakorinto abyerekana mu 1 Abakorinto 11:17-34.Kwica itegeko rya Kristo ryo gukundana ni uguhamagara igihano cy’Imana. Amakimbirane ayo ari yo yose n’amacakubiri yose bigomba kubanza gukemurwa mbere yo kurya ifunguro. Buri mukristo wese agomba kwisuzuma akatura ibyaha byose,ari byo byagereranywa no “kwicira urubanza ubwawe” dukoresheje imvugo ya Pawulo.

Umwuka Werekaniwe mu Mubiri

(The Spirit Manifested Through the Body)

Ifunguro rishobora kuza mbere cyangwa nyuma y’amateraniro yo guhimbaza Imana no kuramya, inyigisho no gukora kw’impano z’umwuka.Imiterere yaryo yaturuka ku buryo buri torero ryo mu rugo ribigennye,kandi bishobora guhinduka muri buri teraniro.

Biragaragara neza mu Byanditswe Byera ko guterana kw’itorero rya mbere byari bitandukanye cyane n’iby’amatorero-dini y’iki gihe. By’umwihariko, 1 Abakorinto 11-14 hatwereka mu buryo burambuye uko byagendaga iyo Abakristo ba mbere bateranaga, kandi nta mpamvu n’imwe yatuma umuntu yibwira ko ubwo buryo butakurikizwa cyangwa butagomba gukurikizwa muri iki gihe. Na none biragaragara neza ko ibyaberaga mu materaniro y’itorero rya mbere nk’uko Pawulo abisobanura, bishobora kubera gusa mu materaniro y’amatsinda mato.Ibyo Pawulo agaragaza ntushobora kubibonera uburyo n’ibikoresho byo kubitegura no kubitunganya biramutse bibaye ari amateraniro manini y’abantu benshi.

Ndi uwa mbere mu kwemera ko ndasobanukiwe neza ibintu byose mu byo Pawulo yanditse muri ibyo bice bine bya 1 Abakorinto. Nyamara biragaragara neza ko ikintu cy’ingenzi cyarangaga amateraniro avugwa mu 1 Abakorinto 11-14 kwari ukubaho k’Umwuka Wera no kwigaragaza kwe biciye mu bagize iteraniro.Yahaga abantu impano kugira ngo itorero ryose ryubakwe.

Pawulo avugamo nibura impano icyenda z’Umwuka: guhanura, kuvuga indimi, gusobanura indimi, ijambo ryo kumenya, ijambo ry’ubwenge, kurobanura imyuka, impano zo gukiza indwara, kwizera, no gukora ibitangaza. Ntavuga yuko izi mpano zose zakoraga muri buri teraniro, nyamara agasa n’ugaragaza ko zabaga zihari zishobora gukora ndetse agasa n’uvuga mu magambo macye mu 1 Abakorinto 14: 26 ibyerekana Umwuka byari bikunze kugaragara cyane:

Nuko bene Data iyo muteranye bimera bite?Umuntu wese afite indirimbo cyangwa amagambo yo kwigisha, cyangwa amagambo ahishuriwe, cyangwa ururimi rutamenyekana, cyangwa amagambo yo kurusobanura.Nuko rero byose bikorerwe kugira ngo abantu bunguke.

Reka turebe izi mpano zose uko ari eshanu, hanyuma mu kindi gice kiri buze turaza kureba twitonze neza za mpano icyenda zivugwa mu 1 Abakorinto 12:8-10.

Iya mbere ku rutonde ni indirimbo/zaburi. Indirimbo z’ibihimbano by’Umwuka zivugwa mu zindi nzandiko ebyiri Pawulo yandikiye amatorero, ashimangira umwanya zifite mu materaniro y’Abakristo.

Kandi ntimugasinde inzoga zirimo ubukubaganyi, ahubwo mwuzure Umwuka. Mubwirane zaburi n’indirimbo n’ibihimbano by’Umwuka, muririmba mucurangira Umwami wacu mu mitima yanyu. (Ef. 5:18-19).

Ijambo rya Kristo ribe muri mwe rigwiriye rifite ubwenge bwose, mwigishanye, muhugurane muri zaburi n’indirimbo n’ibihimbano by’Umwuka,muririmbirana Imana ishimwe mu mitima yanyu. (Kolo. 3:16).

Itandukaniro riri hagati ya zaburi, indirimbo n’ibihimbano by’Umwuka ntirisobanutse neza, ariko icy’ingenzi ni uko izo ndirimbo zose zishingiye ku magambo ya Kristo, zikaba zarahumetswe n’Umwuka, kandi zigomba kuririmbwa n’abizera kugira ngo bigishanye kandi bahugurane. Nta gushidikanya ko indirimbo zose zagiye ziririmbwa n’abakristo uko ibihe byagiye bisimburana mu mateka y’itorero ziri muri ibyo byiciro bitandukanye. Ikibabaje ni uko indirimbo nyinshi n’ibihimbano by’iki gihe usanga nta rufatiro rwa Bibiliya rurimo, ibyo bikerekana ko zitahumetswe n’Umwuka, kandi kubera uko kubura uburemere, ntizigire n’imbaraga zo kwigisha no guhugura abizera. Nyamara abakristo bateranira mu matorero yo mu Ngo bakwiye gutegereza bizeye ko Umwuka atazabahumekera gusa mu kuririmba indirimbo zimenyerewe za gikristo za kera n’inshya, ahubwo ko azaha bamwe muri bo n’indirimbo zidasanzwe zishobora gukoreshwa kugira ngo bose bubakwe. Koko kandi mbega ukuntu ari ibidasanzwe, amatorero agize indirimbo zayo bwite zihumetswe n’Umwuka!

Kwigisha

(Teaching)

Iya kabiri ku rutonde rwa Pawulo ni ukwigisha. Ibi na none birerekana ko uwo ari we wese mu iteraniro ashobora kugeza ku bandi inyigisho ihumetswe n’Umwuka. Birumvikana buri nyigisho yagombaga gusuzumwa ngo bumve niba iri mu murongo umwe n’uw’inyigisho z’intumwa (kuko buri wese yari abishishikariye: Ibyak. 2:42) kandi na twe dukwiye kubigenza dutyo muri iki gihe. Ariko wibuke ko ntaho tubona hano cyangwa ahandi ahari ho hose mu Isezerano Rishya ko umuntu umwe ari we wahoraga yigisha uko amatorero yateranaga, akaba ari we usumba abandi.

I Yerusalemu habagaho amateraniro manini mu rusengero intumwa zikigisha.Tuzi kandi ko n’abakuru b’itorero bahabwaga inshingano zo kwigisha mu matorero, kandi ko hari abantu bahamagariwe umurimo wo kwigisha. Pawulo yarigishije cyane, haba mu ruhame no mu Ngo inzu ku yindi(Ibyak. 20:20).Nyamara mu materaniro mato y’abizera, Umwuka Wera yashoboraga gukoresha abandi bakigisha batari intumwa, abakuru b’itorero cyangwa abigisha.

Iyo haje iby’inyigisho,ubanza turusha cyane ab’itorero rya mbere kugendana Bibiliya zacu iyo tugiye guterana.Ariko ku rundi ruhande wenda kuba dushobora kubona Bibiliya mu buryo bworoshye, byatumye tuzamura inyigisho cyane tuzisumbisha gukunda Imana n’imitima yacu yose no gukunda bene Data nk’uko twikunda, twinyaga ubugingo Ijambo ry’Imana ryari ryagenewe kuduhesha.Twarigishijwe birenze urugero. Amatsinda mato menshi y’inyigisho za Bibiliya usanga ntacyo amaze kandi akonje arambiranye nk’inyigisho zo ku cyumweru mu gitondo. Itegeko ryiza rikwiriye gukurikizwa mu bijyanye n’inyigisho mu itorero ryo mu rugo ni iri: Niba abana bakuru badashobora guhisha kurambirwa kwabo, abantu bakuru bo wenda barabihisha. Abana ni igipimo gikomeye gipima ukuri.

Guhishurirwa

(Revelation)

Iya gatatu Pawulo ashyira ku rutonde ni “ihishurirwa.” Ibyo bishatse kuvuga ikintu icyo ari cyo cyose gihishuwe n’Imana igihishurira umwe mu iteraniro. Urugero hari aho Pawulo avuga uko utizera ashobora kwinjira mu iteraniro ry’abakristo maze “ibihishwe byo mu mutima we bikerurwa” kubw’impano z’ubuhanuzi.Icyo bibyara ni uko “yakwemezwa ibyaha” kandi “akarondorwa” maze “yakwikubita hasi yubamye akaramya Imana, kandi akamamaza yuko Imana iri muri mwe koko” (1 Kor. 14:24-25).

Aha na none turabona ko kubaho nyakuri k’Umwuka Wera cyari ikintu gikurikiranwa cyane mu materaniro y’itorero, kandi ko ibintu by’indengakamere byahaberaga kubera uko kubaho k’Umwuka Wera. Abakristo ba mbere bizeraga rwose isezerano rya Yesu ngo, “Kuko aho babiri cyangwa batatu bateraniye mu izina ryanjye, nanjye mba ndi hagati yabo”(Mat. 18:20).Niba Yesu ubwe yarabaga ari hagati yabo, ibitangaza byarabaga.Koko “basengaga mu buryo bw’Umwuka w’Imana” (Fili. 3:3).

Uko biri kose,ubuhanuzi, ndibubuvugeho na none mu kanya, bwagombaga kuba burimo guhishurirwa iby’imitima y’abantu. Ariko ihishurirwa rishobora gutangwa no ku bindi bintu kandi biciye mu bundi buryo nk’inzozi n’amayerekwa (Ibyak. 2:17).

Indimi no Kuzisobanura

(Tongues and Interpretation)

Ubwa kane Pawulo yashyize ku rutonde impano ebyiri zigendana: indimi no gusobanura indimi. I Korinto barakabyaga cyane ndetse bagakoresha nabi ibyo kuvuga mu ndimi.Urugero, abantu bavugaga mu ndimi igihe cy’amateraniro y’itorero kandi ntihabe kuzisobanura; nuko ntihagire umenya ibirimo kuvugwa. Dushobora kwibaza impamvu Abakorinto babarwaho amakosa,kandi bisa nk’aho amakosa ahubwo ari ay’Umwuka Wera mu guha abantu impano y’indimi nta n’umwe yahaye impano yo kuzisobanura. Hari igisubizo cyiza cyane kuri icyo kibazo, ndaza kubivugaho mu gice kiri buze hanyuma.Uko biri kose ntabwo Pawulo yigeze abuzanya kuvuga mu ndimi (nk’uko amatorero-dini menshi abigira). Ahubwo yabujije abantu kubuzanya kuvuga mu ndimi, kandi avuga ko ari itegeko ry’Umwami (1 Kor. 14:37-39)![8] Yari impano ishobora kubaka itorero, iyo ikoreshejwe neza, kandi igashimangira kubaho kw’Imana kw’indengakamere hagati mu iteraniro.Ni Imana yabaga ivugira mu bantu, ibibutsa ukuri kwayo n’ubushake bwayo.

Pawulo yasobanuye neza atanga ingingo ku yindi avuga uburyo impano y’ubuhanuzi iruta cyane iyo kuvuga mu ndimi ntawe uri buzisobanure.Yakanguriye cyane Abakorinto kwifuza impano yo guhanura, bisobanura ko impano z’Umwuka zirushaho kwigaragaza mu materaniro y’abazifuza.Na none Pawulo yihanangirije abakristo b’Abatesalonike ati, “Ntimukazimye Umwuka w’Imana kandi ntimugahinyure ibihanurwa” (1 Tes. 5:19). Ibi byerekana ko abizera bashobora “kuzimya” Umwuka cyangwa “kuzimya umuriro we” mu kugira imitekerereze mibi ihinyura impano y’ubuhanuzi. Ni cyo gituma tudashidikanya ko ari yo mpamvu impano y’ubuhanuzi itakiboneka mu bakristo benshi bo muri iki gihe.

Uko watangira

(How to Start)

Amatorero yo mu Ngo abyarwa n’Umwuka Wera akoresheje umuntu ufite umuhamagaro wo gutangiza amatorero yo mu Ngo cyangwa umukuru w’itorero /umupastori/umwepiskopi wahawe n’Imana iyerekwa ry’itorero ryo mu rugo. Wibuke ko uwo Bibiliya yita umukuru w’itorero/pastori/umwepisikopi ashobora kuba ari uwo itorero-dini ryita umulayiki ukuze mu mwuka. Nta muntu ufite umuhamagaro wo gushinga amatorero yo mu rugo ugomba kubanza kubyigira mu mashuri ya Bibiliya.

Iyo nyirugutangiza itorero amaze guhabwa n’Umwuka iyerekwa ry’itorero ryo mu rugo, agomba gushaka mu maso h’Imana asengera abandi bashobora kuzaza bamusanga. Uwiteka amuhuza n’abandi bantu bafite iyerekwa nk’irye, kikamubera ikimenyetso cyo kumuhamiriza ko iyerekwa rye ari iry’ukuri.Cyangwa ashobora kuyoborwa kujya ku badakijijwe bagakingurira imitima yabo ubutumwa bwiza, akabakiriza Yesu hanyuma agatangira kubatoza nk’abigishwa mu itorero ryo mu rugo.

Abagitangira urwo rugendo rw’umurimo w’itorero ryo mu rugo bagomba kwitegura ko bizatwara igihe kugira ngo abagize itorero bamenyerane bisanzuraneho kandi bige gusabana no kugendana n’Umwuka Wera.Hazabaho kugwa babyuka muri urwo rugendo. Amahame y’uko buri wese agomba kugira icyo akora akumva bimureba, kuba umuyobozi-mugaragu nk’uko Bibiliya ibyigisha, guha ubushobozi abakuru b’itorero, kuyoborwa n’Umwuka Wera no gukora kw’impano, ifunguro risangiriwe hamwe, no guteranira ahantu hasanzwe ariko hari ukubaho k’Umwuka Wera biba ari ibintu bishyashya cyane ku bantu bamenyereye gusa amateraniro yo mu matorero-dini. Ubwo rero ni byiza kugendera mu bugwaneza no kwihangana igihe itorero ryo mu rugo ritangira. Mu ntangiriro umuntu ashobora kubigira nk’iteraniro ryo mu rugo ryo kwiga Bibiliya, hakaba umuntu umwe uyobora guhimbaza no kuramya, undi agatanga inyigisho yateguye, akarangiza atanga akanya ko gusengera hamwe, hanyuma hakabaho gusābāna no gusangirira hamwe ifunguro. Nyamara uko iryo tsinda rigenda risobanukirwa imikorere y’amatorero yo mu Ngo, umukuru w’itorero /pastori/umwepisikopi agomba kubakangurira gushakana Imana umwete bagatera intambwe mu by’umwuka.Hanyuma akishimira ibyo Imana ikora!

Bashobora kugenda bahinduranya aho bateranira bava mu rugo rw’umwe bajya mu rw’undi uko ibyumweru bikurikirana, cyangwa umuntu umwe agakingura amarembo bakajya bateranira iwe buri cyumweru.Amatorero amwe yo mu Ngo rimwe na rimwe bajya basohoka bakajya guteranira ku musozi ahantu batoranyije igihe ikirere kimeze neza hari umucyo. Aho bateranira n’igihe baterana ntibigomba kuba ari ku cyumweru mu gitondo gusa, ahubwo umunsi uwo ari wo wose bumvikanyeho uborohereza bose. Ndangize mvuga ko ari byiza cyane gutangirira ku itsinda rito; abantu batarenze cumi na babiri.

Uko wava mu Itorero-dini ujya mu Itorero ryo mu Rugo

(How to Transition from Institution to House Church)

Birashoboka cyane ko abapastori benshi barimo basoma ibi bagendera mu mikorere y’amatorero-dini, kandi wenda nawe ncuti musomyi, uri umwe muri bo. Niba hari agatima nakanguye muri wowe kari gasonzeye itorero nk’iryo nakomeje kuvugaho, wamaze gutangira kwibaza ukuntu wabigenza uva mu byo wari urimo ujya muri iryo torero.Reka ngusabe witonde we guhutiraho. Tangira wigisha ukuri kwa Bibiliya gusa kandi ukora icyo washobora gukora cyose kugira ngo uhindure abantu abigishwa bumvira amategeko ya Yesu ukurikije imikorere y’aho uri. Abigishwa nyakuri ni bo cyane cyane bashobora gushaka guhindura bakajya mu itorero riteye nk’uko Bibiliya ivuga, uko bagenda basobanukirwa. Ihene n’abanyedini ni bo barwanya bene izo mpinduka.

Ubwa kabiri, wige umenye icyo Ibyanditswe Byera bibivugaho kandi wigishe abanyetorero bawe iby’itorero ryo mu rugo n’imigisha igendana na ryo. Hanyuma ushobora kuzagezaho ugakuraho amateraniro yo mu mibyizi cyangwa ayo ku cyumweru nimugoroba ku rusengero kugira ngo utangize amateraniro y’amatsinda mu Ngo buri cyumweru, agahagarikirwa n’abakristo bakuze mu mwuka.Ukangurire buri wese kwitabīra. Kora ku buryo ayo materaniro arushaho kugenda akurikiza mu buryo bushoboka bwose ishusho y’amatorero yo mu Ngo nk’uko Bibiliya ibivuga.Hanyuma noneho ureke abantu batangire kunezererwa imigisha y’amatsinda mato yabo.

Igihe buri wese akirimo kwishimira amateraniro yo mu rugo, ushobora gutangaza ko mu kwezi gukurikiyeho rimwe ari ku Cyumweru hazabaho amateraniro nk’ay’itorero rya mbere ( “Early Church Sunday.”) Kuri icyo Cyumweru, urusengero ruzaba rukinze hanyuma bose bajye guteranira mu Ngo nk’uko itorero rya mbere ryagenzaga, banezererwe gusangira ibyo kurya bishyitse, Ifunguro Ryera, ubusabane, gusenga, guhimbaza no kuramya, inyigisho no gukora kw’impano z’Umwuka.Niba ibyo bigenze neza, ushobora gutangira kujya ukoresha amateraniro nk’ayo Ku cyumweru rimwe mu kwezi, hanyuma Ku cyumweru kabiri (two Sundays) mu kwezi, hanyuma ubukurikiyeho gatatu mu kwezi. Amaherezo ukazarekura buri tsinda rikajya kuba itorero ryo mu rugo ryigenga, rifite umudendezo wo gukura no kubyara andi, ndetse wenda ayo matorero yose akaba yajya ahurira hamwe mu iteraniro rinini, bakabikora rimwe buri mezi abiri.

Izo ntambwe zose uko nazivuze zo kugana ku mikorere y’itorero ryo mu rugo zishobora gufata igihe kingana n’umwaka umwe kugera kuri ibiri .

Cyangwa na none ushatse kwitonda kurushaho, ushobora gutangirana n’itsinda rimwe gusa ry’abantu bacye bo mu banyetorero bawe ubona babishishikariye kurusha abandi ukabiyoborera wowe ubwawe. (Nongere mvuge ko amatorero yo mu Ngo bitari ngombwa ko aterana ku Cyumweru mu gitondo.) Bishobora gukorwa mu rwego rw’igerageza kandi nta gushidikanya ko bose babyungukiramo.

Ibyo nibigenda neza, noneho ushobora gushyiraho umuyobozi ukarekura itsinda rikajya kuba itorero ryigenga rishobora kuzajya rijya guterana mu itorero-dini mu materaniro yo ku Cyumweru rimwe mu kwezi.Muri ubwo buryo iryo torero rishya riba rikiri igice kigize itorero rikuru rikomokaho,kandi ntirishobora kugaragara nabi mu maso y’abakiri mu itorero-dini.Ibyo bishobora gufasha gukangurira abandi banyetorero kujya kurema irindi torero ryo mu rugo ritangijwe n’itorero-dini.

Niba itsinda rya mbere rikuze,ubisengere hanyuma urigabanyemo amatsinda abiri ku buryo yombi agira abayobozi beza n’impano zihagije mu bayagize. Amatsinda yombi ashobora kujya ahurira hamwe mu iteraniro rinini ryo guhimbaza ku bihe byumvikanweho;wenda nka rimwe mu kwezi cyangwa rimwe mu mezi atatu.

Uko inzira unyuramo yaba imeze kose,komeza utumbire ku ntego n’ubwo waba unyura mu bintu by’urucantege bishobora kubaho.Amatorero yo mu Ngo agizwe n’abantu, kandi abantu bajya bateza ibibazo.Ntubireke ngo ubivemo.

Hari amahirwe macye cyane yo kugira ngo abanyetorero bawe bose uko bakabaye bajye mu matorero yo mu Ngo, ubwo rero ugomba kumenya igihe wowe ubwawe uzafatira icyemezo cyo kwiyegurira itorero ryo mu rugo cyangwa amatorero menshi yo mu Ngo ukareka idini. Uwo uzaba ari umunsi ukomeye kuri wowe!

Itorero Nyaryo

(The Ideal Church)

Mbese umupastori w’itorero ryo mu rugo ashobora kugaragara mu maso y’Imana ko ari we wageze ku ntego kurusha umupastori w’itorero rini cyane rya rutūra (mega-church) rifite urusengero rungana umusozi wose kandi riteraniramo ibihumbi n’ibihumbi by’abantu buri Cyumweru? Yego, niba ari mu kugwiza abigishwa bagandūka kandi bahindura abandi abigishwa, bakurikiza urugero rwa Yesu,atari ukurundānya gusa ihene zo mu buryo bw’umwuka buri Cyumweru ngo zize kwirebera konseri (concert) no kumva disikuru y’amagambo yagizwe matagatifu n’uturongo duke twa Bibiliya natwo turimo gutandukīra.

Umupastori uhisemo gukurikiza uburyo bw’itorero ryo mu rugo ntazigera agira itorero rinini rimwitirirwa.Nyamara uko imyaka izagenda itambuka azera imbuto zihoraho uko abigishwa be na bo bazagenda bahindura abandi abigishwa. Abapastori benshi b’amatorero “mato” y’abantu nka 40 cyangwa 50 bakirwanira kubona abandi benshi bari bakwiriye guhindura imitekerereze yabo. Amatorero yabo n’ubu ashobora kuba ari manini cyane. Ahari wenda bari bakwiriye kurekeraho gusengera kubaka urusengero runini kurutaho ahubwo bagasengera abantu bashingwa kuyobora andi matorero abiri mashya yo mu rugo. (Nyamuneka ibyo nibimara kuba ntugahite uha izina idini ryawe rishya, ngo nawe uhite wiyita musenyeri/umwepiskopi [“bishop”!] )

Dukwiriye kurandura burundu imitekerereze ivuga ko uko itorero rirushaho kuba rinini ari na ko riba rirushijeho kuba ryiza.Ubundi tugendeye neza ku buyobozi bwa Bibiliya, itorero rifite abayoboke amagana y’indorerezi zitigeze zitozwa kuba abigishwa ziteranira mu nyubako zihambaye zabugenewe, iryo si itorero. Hagize nk’umwe mu ntumwa za mbere za Yesu ugaruka agasura amatorero-dini yo muri iki gihe yakumirwa cyane!

Icyanyuma tutemeranyaho

(A Final Objection)

Bikunze kuvugwa ko mu bihugu by’i Bulayi n’Amerika aho Ubukristo bwamaze kuba umuco abantu badashobora kwemera na rimwe igitekerezo cyo kugira ngo amatorero ajye ateranira mu Ngo. Nuko rero bakavuga ko tugomba kuguma mu mikorere y’amatorero-dini.

Ubwa mbere,ibi si ukuri kuko amatorero yo mu Ngo arimo ariyongera cyane muri ibyo bihugu.

Ubwa kabiri, ubusanzwe abantu bishimira guteranira mu Ngo mu bihe by’iminsi mikuru, gusangira ibyokurya, gusābāna, kwiga inyigisho za Bibiliya n gusengera mu maselire yo mu Ngo (home cell groups).Kwakira igitekerezo cy’itorero ryo mu rugo bifata akanya gato cyane ko guhindura imitekerereze.

Ubwa gatatu, ni byo koko abanyedini, “ihene zo mu buryo bw’umwuka,” ntibazigera bemera icyo gitekerezo cy’amatorero yo mu Ngo. Nta narimwe bashobora gukora ikintu cyatuma abaturanyi babo babibazaho. Ariko abigishwa nyakuri ba Yesu Kristo bemera rwose iby’itorero ryo mu rugo bakimara gusobanukirwa icyo Bibiliya ibivugaho. Bihuta gusobanukirwa ukuntu inyubako z’insengero zitari ngombwa mu guhindura abantu abigishwa.Niba ushaka kubaka itorero rinini wubakishije “ibiti, cyangwa ibyatsi cyangwa ibikenyeri”(1 Kor. 3:12), ukeneye inyubako y’urusengero, ariko ku iherezo byose bizashya. Ariko niba ushaka kugwiza abigishwa n’abahindura abandi abigishwa,ukubaka itorero rya Yesu Kristo wubakishije “izahabu, cyangwa ifeza cyangwa amabuye y’igiciro cyinshi,” ntugomba gupfusha ubusa amafaranga n’imbaraga ku nyubako.

Ivugabutumwa rikomeye cyane mu isi muri iki gihe ryitwa “back to Jerusalem” (Inzira isubira i Yerusalemu) ryahagurukijwe n’abenegihugu kavukire b’amatorero yo mu Ngo mu Bushinwa, biratangaje kureba uburyo bakoresha mu kubwiriza ubutumwa bya bihugu byo mu karere kiswe “the 10/40 window”(ducishishirije twavuga ko ari idirishya10/40. Ni akarere kiganjemo ibihugu by’abayisilamu, abahindu n’ababuda).Baravuga bati, “Ntidukeneye kugira urusengero na rumwe twubaka ahantu na hamwe!Ibyo bituma ubutumwa bwiza bukwirakwizwa mu buryo bwihuse, bikomerera ubutegetsi kubivumbura,kandi bituma ubushobozi bwose dufite buharirwa umurimo w’ivugabutumwa.”[9] Kandi koko ubwo ni uburyo bw’ubwenge Bibiliya yigisha bukwiriye gukurikizwa!

 


[1] Reba “Jesus on Money(Yesu ku birebana n’amafaranga)” ku rubuga rwa interineti [2] N’ubwo byumvikana nko gukabya, ariko impamvu imwe rukumbi ifatika ituma hagomba kubakwa insengero ni ibura ry’abakozi b’Imana bayobora amatorero mato yo mu Ngo, kandi ibyo bituruka ku kubura gutozwa kuba abigishwa kw’abantu bakavuyemo abakozi b’Imana bari mu matorero-dini. Ese birashoboka ko abapasitori b’amatorero manini bariho urubanza rwo kuvutsa uburenganzira bwo gukora umurimo abapasitori babihamagariwe n’Imana bicaye muri ayo matorero yabo? Yego.

[3] Umupasitori umwe ku bigishwa icumi cyangwa makumyabiri ni byo byari bikwiye dukurikije urugero rwa Yesu muri Bibiliya atoza abagabo cumi na babiri kuba abigishwa cyangwa Mose ashyiraho umucamanza kuri buri bantu icumi (reba Kuva 18:25).Abapasitori benshi b’amatorero bayoboye abantu benshi cyane barenze abo bafitiye ubushobozi bwo gutoza kuba abigishwa koko bonyine nta we ubafashije.

[4] Twakagombye no kwibaza impamvu muri Bibiliya ntaho dusanga ngo “pastori mukuru (senior pastors),” “pastori wungirije (associate pastors)” cyangwa “pastori ufasha pastori mukuru (assistant pastors)”. Twongere tuvuge ko aya mazina y’ibyubahiro asa n’ahawe agaciro cyane mu itorero ry’iki gihe bitewe n’imiterere yaryo Atari ngombwa mu itorero rya mbere na none bitewe n’imiterere yaryo.Itorero ryo mu rugo ry’abantu makumyabiri ntirikeneye abashumba bakuru, n’abungirije, n’ababafasha.

[5] Abapastori benshi ntibajya baba na rimwe intyoza mu kuvuga, n’ubwo baba barahamagawe n’Imana, ndetse bakaba ari abagaragu beza ba Kristo. Mbese mu by’ukuri koko, umuntu yaba arengereye cyane avuze ko akenshi cyangwa se tuvuge rimwe na rimwe, inyigisho (sermons) z’abapastori usanga zibishye? Icyo umuhanga umwe mu by’amatorero yise “kurebera umuntu ku bilometero” kiramenyerewe cyane ku bakristo bicara mu materaniro. Nyamara kandi abo bapastori bataba intyoza iyo bigisha usanga ari abantu bazi kuganira cyane iyo baganira n’abandi, kandi nta na rimwe uwo baganira yumva arambiwe. Icyo ni cyo gituma imyigishirize yo kuganira ikoreshwa mu matorero yo mu Ngo iba myiza cyane igashimisha. Icyo gihe ntumenya n’ukuntu amasaha yiruka; bitandukanye cyane n’ibyo tujya tubona mu nsengero abantu bakomeza buri kanya kureba ku masaha ku maboko yabo barambiwe inyigisho. Abapastori b’amatorero yo mu Ngo ntibagira impungenge zo kurambira abantu.

[6] Imwe mu nsobanuro nkunda zisobanura ijambo ibisazi ni iyi: Gukora ikintu kimwe mu buryo bumwe ugasubiramo incuro nyinshi wizera kugenda ubona umusaruro w’uburyo butandukanye. Abapastori bashobora kumara imyaka n’imyaka bigisha ko guhindura abantu abigishwa ari inshingano ya buri mukristo, ariko niba batagize icyo bakora ngo bahindure imikorere n’imiterere y’inyigisho, abantu bazakomeza bajye baza bicare, bumve, nibarangiza bitahire. Yemwe bapastori, nimukomeza gukora ibintu bitashoboye guhindura abantu mu gihe cyashize ntibazashobora guhindura abo mu gihe kizaza.Nimuhindure ibyo murimo mukora!

[7] Birumvikana ko impamvu ya mbere ituma abapastori barwanya iki gitekerezo ari uko ari ubwami bwabo baba bubaka, ntabwo ari ubwami bw’Imana.

[8] Nzi neza ko hari abavuga ko ibitangaza by’Umwuka Wera byakorwaga mu kinyajana cya mbere gusa kandi bakavuga yuko byarangiriye aho.Bati ubwo rero nta mpamvu yo gushakisha ibyabaga mu itorero rya mbere, kandi kuvuga mu ndimi ntacyo bikimaze. Numva ngiriye impuhwe bene abo bantu twagereranya n’Abasadukayo bo muri iki gihe. Jye nk’umuntu wahimbaje Imana kenshi mu rurimi rw’Ikiyapani nk’uko abantu bazi urwo rurimi banyumvise mvuga mu ndimi babimbwiraga, kandi ntaho nigeze niga Ikiyapani, nsobanukiwe cyane ko Umwuka Wera atigeze arekeraho gutanga izo mpano. Kandi ntangazwa n’ukuntu abo Basadukayo bacyemeza ko Umwuka Wera agikora ku mitima y’abanyabyaha akabemeza ibyaha byabo maze akabahindura ibyaremwe bishya, ariko bakavuga ko Umwuka Wera adashobora gukora ibitangaza birenze ahongaho. Bene iyo “tewologiya”ikomoka ku kutizera no kutumvira kwa kimuntu, nta shingiro ifite mu Byanditswe Byera, kandi rwose irwanya intego y’Imana. Ni ubwigomeke butaziguye kuri Kristo dukurikije ibyo Pawulo yanditse mu 1 Kor. 14:37.

[9] Brother Yun, Back to Jerusalem (“Inzira isubira i Yersalemu”), p. 58.