Umugambi w’Imana w’Iteka Ryose (God’s Eternal Plan)

Igice Cya Makumyabiri N'umunani (Chapter Twenty-Eight)

Kuki Imana yaturemye? Mbese hari intego yari ifite mu bitekerezo byayo kuva ku ntangiriro? Mbese ntiyari izi ko buri wese azayigomekaho? Mbese ntiyaboneye kure ingaruka zizabaho zo kuyigomekaho, imibabaro n’agahinda inyoko muntu ihura na byo kuva icyo gihe? Hanyuma se ubundi yaremye buri muntu?

Bibiliya idusubiza ibi bibazo byose. Ivuga ko na mbere y’uko Imana irema Adamu na Eva, yari izi ko bo n’abandi bazabakurikira bazakora ibyaha. Ariko mu buryo butangaje, yari yaramaze gutegura umugambi w’uburyo izacungura abana b’abantu biciye muri Yesu. Ku by’umugambi Imana yari ifite mbere yo kurema Pawulo yaranditse ati,

Imana yadukijije, ikaduhamagara guhamagara kwera itabitewe n’imirimo yacu, ahubwo ibitewe n’uko yabigambiriye ubwayo, no ku bw’ubuntu bwayo twaherewe muri Krisito Yesu uhereye kera kose (2 Tim. 1:8b-9).

Ubuntu bw’Imana twaherewe muri Krisito uhereye iteka ryose, ntabwo ari ukugeza iteka ryose gusa. Ibi bigaragaza ko urupfu rwa Yesu yitangaho igitambo ari ikintu Imana yari yaragambiriye kuva kera cyane.

Ni na byo kandi Pawulo yanditse mu rwandiko rwe yandikira Abefeso:

Nk’uko yabigambiriye kuva kera muri Krisito Yesu Umwami wacu (Ef. 3:11).

Urupfu rwa Yesu ku musaraba ntabwo ari igitekerezo cyatunguranye, nk’umugambi ucuzwe huti huti wo gukemura ikibazo Imana itari yashoboye kubona hakiri kare ko kizabaho.

Imana ntiyagambiriye gusa kuva kera kutugirira ubuntu muri Krisito Yesu, ahubwo yanamenye kuva iteka ryose abazemera kwakira ubwo buntu, ndetse yandika n’amazina yabo mu gitabo:

Abari mu isi bose bazayiramya [ya nyamaswa yo mu Byahishuwe], umuntu wese izina rye ritanditswe mu gitabo cy’ubugingo cy’Umwana w’intama watambwe [Jesus] uhereye ku kuremwa kw’isi (Ibyah. 13:8).

Kugwa kwa Adamu ntabwo kwatunguye Imana. No kugwa kwawe cyangwa ukwanjye ntibyayitunguye. Imana yari izi ko tuzacumura, yari izi kandi uzihana akizera Umwami Yesu.

Ikibazo gikurikiraho

( The Next Question)

Niba Imana yari izi kuva mbere ko bamwe bazizera Yesu abandi bakanga kumwizera, kuki abo yari izi ko batazamwizera yabaremye? Kuki itaremye gusa abo yari izi ko bazihana bakizera Yesu?

Igisubizo kuri icyo kibazo biraruhije kucyumva ariko birashoboka.

Ubwa mbere tugomba kumva ko Imana yaturemanye umudendezo. Ni ukuvuga ko twese dufite amahirwe yo kwihitiramo niba dukorera Imana cyangwa tutayikorera. Ibyemezo byacu byo kumvira Imana cyangwa kutayumvira, ntabwo bishyirwaho n’Imana mbere y’igihe. Ni twe twihitiramo.

Nuko rero ubwo bimeze bityo, buri wese muri twe agomba kugeragezwa agashyirwa ku munzani. Birumvikana ko Imana yamenye kera ibyo tuzakora, ariko hari icyo tugomba kuzakora kugira ngo Imana ikimenye kitaraba.

Urugero, kuri buri mukino wose w’umupira w’amaguru, Imana iba izi uko biri buze kugenda n’uko bari butsindane mbere y’uko umukino uba, ariko hagomba kugira umukino uza kuba bagatsindana kugira ngo Imana imenye hakiri kare uko bari butsindane. Imana ntabwo imenya (kandi ntibishobora) mbere uko amakipe ari butsindane kandi nta mukino uri bube.

Ni cyo kimwe, Imana imenya gusa ibyemezo abantu bazafata ku bushake bwabo igihe abo bantu bahawe amahirwe yo kugira umudendezo wo gufata ibyemezo. Bagomba kugeragezwa. Iyo rero ni yo mpamvu Imana itaremye (nta n’ubwo yabikora) gusa abantu ibona ko bazihana bakizera Yesu.

Ikindi Kibazo

(Another Question)

Umuntu ashobora no kubaza ati, “Niba abantu Imana ishaka ari abayumvira gusa, kuki yaturemanye umudendezo wo guhitamo tugakora icyo dushatse? Kuki itaremye abantu bameze nk’imashini (robots) zumvira amabwiriza iteka ryose?”

Igisubizo ni uko Imana ari umubyeyi, ni Data. Ishaka kugirana natwe ubusabane bw’umwana na se, kandi ubwo busabane ntibubaho ku mashini zitifatira ibyemezo. Icyifuzo cy’Imana ni ukugira umuryango uzahoraho iteka w’abana bahisemo, bivuye ku bushake bwabo, kuyikunda. Nk’uko Bibiliya ivuga, uwo ni wo mugambi wayo isi itararemwa:

Kuko yagambiriye kera ku bw’urukundo rwayo ko duhinduka abana bayo, tubiheshejwe na Yesu Kristo ku bw’ineza y’ubushake bwayo (Ef. 1:4b-5).

Niba ushaka kumenya uko byari gushimisha Imana iyo itugira nk’imashini (robots), fata igipupe mu biganza byawe hanyuma ukivugishe kikubwire ko kigukunda. Igishoboka cyane ni uko utazumva ugize akanyamuneza mu mutima! Icyo gipupe kiba kivuga gusa ibyo ukivugishije. Mu byukuri ntikigukunda.

Igituma urukundo ruba rwiza ni uko ruba rushingiye ku guhitamo k’umuntu ku bw’ubushake bwe. Ibipupe cyangwa imashini (robots) nta cyo bizi ku rukundo kuko nta kintu na kimwe bibishobora kwihitiramo gukora.

Kuko Imana yashakaga umuryango w’abana bazihitiramo kuyikunda no kuyikorera biturutse ku mutima wabo ubwabo, yagombaga kurema abantu bafite umudendezo mu byemezo bafata. Imana ifata icyo cyemezo kwari ukuvuga ko yiteguye ko bamwe bazahitamo kutayikunda no kutayikorera. Kandi abo bantu bafite umudendezo wo guhitamo, nyuma y’ubuzima bwabo bwo kwinangira banga kumvira Imana yihishurira bose kandi yiyegereza abantu bose binyuze mu byaremwe, mu ijwi ry’umutima-nama wabo no mu guhamagara k’ubutumwa bwiza, bazakanirwa urubakwiye, kuko bazaba baragaragaje ko bakwiriye umujinya w’Imana.

Nta muntu n’umwe mu bazajya mu muriro ushobora kuzagira icyo ashinja Imana kuko yashyizeho uburyo buri muntu ashobora gukira igihano cy’ibyaha bye. Imana ishaka ko buri muntu wese akizwa (reba 1 Tim. 2:4; 2 Pet. 3:9), ariko buri muntu ni we ugomba kwihitiramo.

Bibiliya Ivuga ko Imana Ifite Uko Yagennye Ibintu Kuva Kera Kose

(Biblical Predestination)

Noneho se tuvuge iki ku byanditswe mu Isezerano Rishya bivuga ko Imana yagennye uko tuzaba, ikadutoranya isi itararemwa?

Ikibabaje ni uko hari abibwira ko Imana yagennye ko abantu bamwe bazakizwa abandi bakazarimbuka, idashingiye ku byo abo bantu bakoze. Ni ukuvuga ko ngo Imana yatoranyije abantu bamwe bazakizwa n’abandi bazacirwaho iteka. Birumvikana ko igitekerezo nk’icyo kiba gishatse kuvuga ko nta mudendezo wo guhitamo umuntu agira, kandi ibyo ntaho biri muri Bibiliya. Reka turebe icyo Bibiliya ibivugaho.

Koko Bibiliya ivuga ko Imana yadutoranyije, ariko ibyo bigomba kugira aho bishingiye. Imana yatoranyije kuva isi itararemwa gucungura abantu yamenye kera ko nibakuruza ubutumwa bwiza bazihana bakabwizera, ariko biturutse ku guhitamo kwabo bwite. Soma icyo intumwa Pawulo ivuga ku bantu Imana itoranya:

Imana ntiyaciye ubwoko bwayo yamenye kera. Ntimuzi ibyo ibyanditswe bivuga kuri Eliya, uburyo yivovoteye Abisirayeli abarega ku Mana ati “Mwmi, bishe abahanuzi bawe basenya n’ibicaniro byawe, nanjye nsigaye jyenyine kandi barashaka kunyica.” Mbese Imana yamushubije iki? Yaramushubije iti “Nishigarije abantu iihumbi birindwi batarapfukamira Bāli.” Nuko rero uko ni ko bikimeze no muri iki gihe, hariho abantu bakeya basigaye batoranijwe ku bw’ubuntu (Rom. 11:2-5).

Urabona ko Imana yabwiye Eliya ko “yishigarije abantu ibihumbi birindwi,” ariko ibyo bihumbi birindwi ni ababanje ubwabo gufata icyemezo cyo “kudapfukamira Bāli.” Pawulo yavuze ko ari ko n’ubu bimeze, icyo gihe hari Abayuda bizera Imana bari basigaye bishingiye ku gutoranya kw’Imana. Dushobora kuvuga ko koko, Imana yadutoranyije, ariko Imana yatoranyije abari babanje guhitamo neza ubwabo. Imana yahisemo gukiza abazizera Yesu bose, kandi uwo ni wo wari umugambi wayo na mbere y’uko isi iremwa.

Kumenya kw’Imana Mbere y’Igihe

(God’s Foreknowledge)

Hamwe n’iyo mirongo, Bibiliya kandi ivuga ko Imana yamenye kera abantu bose bazahitamo neza. Urugero, Petero yaranditse ati:

Mwebwe abimukira…mwatoranijwe nk’uko Imana Data wa twese yabamenye kera (1 Pet. 1:1-2a).

Twatoranijwe nk’uko Imana yatumenye kera. Na none Pawulo yanditse avuga ku bizera Imana yamenye kera:

Kuko abo yamenye kera [twebwe], yabatoranije kera gushushanywa n’ishusho y’Umwana wayo, kugira ngo abe[Yesu] impfura muri bene Se benshi. Abo yatoranije kera yarabahamagaye, kandi abo yahamagaye yarabatsindishirije, n’abo yatsindishirije yabahaye ubwiza (Rom. 8:29-30).

Imana yamenye kera abo muri twe bazahitamo kwizera Yesu, itoranya mbere ko tuzashushanywa n’Umwana wayo, tugahinduka abana bayo mu muryango wayo mugari. Mu gukomeza uwo mugambi wayo uhoraho, yaduhamagarishije ubutumwa bwiza, iradutsindishiriza (itugira abakiranutsi) kandi amaherezo izaduha ubwiza mu bwami bwayo bw’igihe kizaza.

Pawulo yanditse mu rundi rwandiko ati:

Imana y’Umwami wacu Yesu Krisito, ari yo na Se ishimwe, kuko yaduhereye muri Krisito imigisha yose y’umwuka yo mu ijuru, , nk’uko yadutoranirije muri we isi itararemwa, kugira ngo tube abera tutariho umugayo imbere yayo. Kuko yagambiriye kera ku bw’urukundo rwayo ko duhinduka abana bayo, tubiheshejwe na Yesu Krisito ku bw’ineza y’ubushake bwayo, kugira ngo ubuntu bwayo butagira akagero bushimwe, ubwo yaduhereye mu Mukunzi wayo (Ef. 1:3-6).

Ibyo na none ni byo tubona hano–Imana yadutoranirije (abo yamenye kera ko bazihana bakizera) kuba abana bayo batagira umugayo muri Yesu Krisito isi itararemwa.

Nk’uko twamaze kubivuga, bamwe bagoreka insobanuro y’ibyanditswe nk’ibyo bakirengagiza ibindi byose Bibiliya ivuga, bakavuga ko mu byukuri nta guhitamo dufite ku by’agakiza kacu–ngo guhitamo ni ukw’Imana. Iyo myizerere bayita “gutoranywa bitagira ikindi bishingiyeho” (“unconditional election”). Ariko se ni nde waba warigeze yumva ikintu nk’icyo cyo “gutoranywa nta kindi kintu bishingiyeho,” ubwo ni ukuvuga gutoranywa nta kintu na kimwe cya ngombwa gisabwe kigomba kuzuzwa? Mu bihugu bidategekwa n’ingoma z’igitugu, dutora abayobozi ba politike dushingiye ku byangombwa baba bujuje dufite mu bitekerezo byacu. Duhitamo abo dushakana dukurikije ibyangombwa runaka bujuje, ibintu bibaranga bituma baba abo kwifuzwa. Ariko abanyatewolojiya bamwe bagashaka kutwumvisha ko ngo gutoranya kw’Imana abakizwa n’abadakizwa ari ugutoranya “kutagira icyo gushingiyeho,” kudashingiye ku cyangombwa na kimwe umuntu agomba kuba yujuje! Bityo rero gukizwa k’umuntu bikaba ari amahirwe gusa, bitewe no guhitamo kw’ikinyamaswa cy’ikigome, gikiranirwa, indyarya ndetse kitagira ubwenge kitwa Imana! Ayo magambo ngo, “gutoranya bidafite icyo bishingiyeho” ubwayo arivuguruza, kuko ijambo gutoranya ubwaryo ryumvikanisha ko hari igikurikizwa. Bibaye “gutoranya kudafite icyo gushingiyeho,” nta gutoranya kuba kuriho na mba; ni tombola cyangwa amahirwe gusa.

Kubireba Mu Buryo Bwagutse

(The Big Picture)

Noneho turareba mu buryo bwagutse. Imana yari izi ko twese tuzakora ibyaha, hanyuma ishyiraho umugambi wo kuducungura mbere y’uko hagira n’umwe muri twe wari wakavuka. Uwo mugambi wari kuzahishura urukundo rwayo rutangaje no gukiranuka kwayo, kuko wagombaga gutuma Umwana wayo utagira inenge apfira ibyaha byacu kugira ngo atubere incungu. Imana ntiyagennye gusa ko twebwe abazihana bakizera tuzababarirwa, ahubwo yanagennye ko tuzahinduka nk’Umwana wayo Yesu, nk’uko Pawulo yavuze ati, “Si jye uriho, ahubwo ni Krisito uriho muri jye” (Gal. 2:20).

Twebwe abana b’Imana bavutse ubwa kabiri umunsi umwe tuzahabwa imibiri itangirika, kandi tuzaba ahantu hatunganye rwose, aho tuzaba dukorera Data wo mu ijuru w’igitangaza utagira uko asa, tumukunda kandi dusabana na we! Tuzaba mu isi nshya no muri Yerusalemu nshya. Ibi byose bizaba byarashobotse kubera urupfu Yesu yapfuye yitangaho igitambo! Imana ishimwe ku bw’umugambi wayo yagennye kera isi itararemwa!

Ubuzima bw’Iki Gihe

(This Present Life)

Iyo tumaze gusobanukirwa umugambi w’Imana w’iteka ryose, dushobora kumva neza kurushaho noneho icyo ubu buzima turimo buvuze. Mbere na mbere ubu buzima ni igeragezwa kuri buri muntu. Ihitamo rya buri muntu rigaragaza niba azagira umugisha wo kuba umwe mu bana b’Imana bazabana na yo iteka ryose. Abaca bugufi bakemerera Imana ibahamagara, bakihana bakizera, bazashyirwa hejuru (reba Luka 18:14). Ubu buzima mbere na mbere ni ikizami cyo kugira ngo umuntu azagere muri ubwo buzima bw’igihe kizaza.

Ibi na none bidufasha gusobanukirwa amwe mu mayobera y’ubu buzima. Urugero abantu benshi bajya bibaza ngo, “Kuki Satani n’abadayimoni bemererwa kugerageza abantu?” cyangwa ngo, “kuki igihe Satani yirukanwaga mu ijuru, yemerewe kuza mu isi?”

Turabona ko na Satani afite icyo asohoza mu mugambi w’Imana. Mbere na mbere Satani ni we abantu badashatse gukurikira Imana bashobora gukurikira. Iyo Yesu aza kuba ari we wenyine duhitamo, buri wese yari kumukurikira abishaka cyangwa atabishaka.

Byari kumera nk’amatora aho uwiyamamaza aba ari umukandida umwe rukumbi. Uwo mukandida ashobora gutorwa na bose, ariko ntashobora kwizera na rimwe ko abamutoye bamukunda cyangwa ko bamwishimiye! Nta mahitamo yandi bari bafite uretse kumutora! Ni ko byaba bimeze no ku Mana iyo hataza kuba undi barwanira imitima y’abantu.

Birebe muri ubu buryo: Byari kugenda bite iyo Imana ishyira Adamu na Eva mu busitani badafite icyo babujijwe? Adamu na Eva bari kuba bameze nk’ibimashini (robots) aho batuye. Ntibari gushobora kuvuga bati, “Twahisemo kumvira Imana,” kuko nta buryo bari kuba bafite bwo kuyigomekaho.

Ndetse ikiruseho, Imana ntiyari gushobora kuvuga iti, “Ndabizi neza ko Adamu na Eva bankunda,” kuko Adamu na Eva nta mahirwe bari kubona yo kumvira Imana ngo bayigaragarize urukundo rwabo. Imana igomba gushyiriraho abantu bafite umudendezo wo guhitamo uburyo bwo kuba bakwigomeka kugira ngo imenye niba bashaka kuyubaha. Imana nta muntu ijya igerageza (reba Yak. 1:13), ariko igerageza buri wese (reba Zab. 11:5; imig. 17:3). Uburyo bumwe ishobora kubagerageza ni ukureka Satani akabagerageza, bityo akaba ashohoje umugambi w’Imana w’iteka ryose.

Urugero Rwiza Cyane

(A Perfect Example)

Dusoma mu Gutegeka Kwa Kabiri 13:1-3 ngo:

Muri mwe nihaboneka umuhanuzi cyangwa umurōsi, akakubwira ikimenyetso cyangwa igitangaza, icyo kimenyetso cyangwa icyo gitangaza kigasohora, icyo yakubwiye agira ati, “Duhindukirire izindi mana (izo utigeze kumenya) tuzikorere,” ntuzemere amagambo y’uwo muhanuzi cyangwa uwo murōsi; kuko Uwiteka Imana yanyu izaba ibagerageza, ngo imenye yuko mukundisha Uwiteka Imana yanyu imitima yanyu yose n’ubugingo bwanyu bwose.

Umuntu yaba ashyize mu gaciro yakwanzura avuga ko atari Imana iba yahaye uwo muhanuzi w’ibinyoma ububasha bwo gukora ikimenyetso cyangwa igitangaza–ni Satani ugomba kuba aba yabumuhaye. Ariko Imana iba yabyemeye igakoresha Satani akagerageza uwo muntu kugira ngo imenye iiri mu mitima y’abantu bayo.

Iri hame rigaragara no mu gitabo cy’Abacamanza 2:21-3:8 ubwo Imana yemeraga ko Isirayeli igeragezwa n’amahanga ayikikije kugira ngo imenye niba Abisirayeli bazayumvira cyangwa batazumvira. Na Yesu yajyanywe n’Umwuka mu butayu, intego ari ukugira ngo ageragezwe na Satani (reba Mat. 4:1) bityo kandi yasuzumwe n’Imana. Yagombaga gupimwa ngo bigaragare ko nta cyaha kimurangwaho, kandi uburyo bwonyine buhari bwo kumenya ko nta nenge, ni uguca mu bigeragezo.

Satani Ntakwiriye Gushyirwaho Amakosa Yose

(Satan Does Not Deserve All the Blame)

Satani yamaze kuyobya umubare munini cyane w’abantu ahuma amaso y’imitima yabo ngo batamenya ukuri k’ubutumwa bwiza, ariko tugomba kumenya ko Satani adapfa guhumisha umuntu gusa. Ashobora gusa kuyobya umuntu umwemereye kuyoba, umuntu udashaka kumva ukuri.

Pawulo yavuze ko ubwenge bw’abapagani “buri mu mwijima” (Ef. 4:18) no mu bijiji, ariko kandi yahishuye umuzi w’uwo mwijima n’ubujiji:

Yuko mutakigenda nk’uko abapagani bagenda, bakurikiza ibitagira umumaro byo mu mitima yabo, ubwenge bwabo buri mu mwijima kandi ubujiji buri muri bo no kunangirwa kw’imitima yabo, byabatandukanije n’ubugingo buva ku Mana. Kandi babaye ibiti bīha ubusambanyi bwinshi, gukora iby’isoni nke byose bifatanije no kwifuza (Ef. 4:17b-19).

Abadakijijwe si abantu bagize ibyago gusa bakagirirwa nabi na Satani abayobya. Ahubwo ni abanyabyaha b’ibyigomeke bari mu bujiji ku bushake bwabo kandi bashaka gukomeza kwibera mu byo bayoberejwemo kuko imitima yabo yinangiye cyane.

Nta muntu n’umwe ugomba kuguma mu bujiji, nk’uko ubuzima bwawe bubyerekana! Igihe woroshyaga umutima wawe imbere y’Imana, Satani ntiyashoye kukugumisha mu kinyoma.

Amaherezo, Satani azabohwa muri ya myaka igihumbi y’ingoma ya Krisito, ntazaba agifite ububasha ku muntu n’umwe:

Afata [marayika] cya kiyoka, ari cyo ya nzoka ya kera, ari yo Mwanzi na Satani, akibohera kugira ngo kimare imyaka igihumbi, akijugunya ikuzimu arahakinga, ashyiraho ikimenyetso gifatanya kugira ngo kitongera kuyobya amahanga kugeza aho iyo myaka igihumbi izashirira, icyakora nishira gikwiriye kubohorerwa kugira ngo kimare igihe gito (Ibyah. 20:2-3).

Urabona ko mbere y’uko Satani abohwa “yayobyaga amahanga,” ariko namara kubohwa ntazongera kuyayobya. Igihe azabohorwa ariko azongera ayobye amahanga:

Iyo myaka igihumbi nishira, Satani azabohorwa ave aho yari abohewe. Azasohoka ajye kuyobya amahanga yo mu mfuruka enye z’isi…kugira ngo ayakoranyirize intambara….Bazazamuka bakwire isi yose, bagote amahema y’ingabo z’abera n’umurwa ukundwa. Umuriro uzamanuka uva mu ijuru ubatwike (Ibyah. 20:7-9).

Kuki Imana izabohora Satani ngo amare icyo gihe gito? Impamvu ni ukugira ngo abanga Krisito bose mu mitima yabo, ariko bakerekana mu buryarya ko bamugandukira mu gihe cy’ingoma ye, bagaragare. Iryo geragezwa ni ryo rizaba ari irya nyuma.

Kandi ni ku bw’iyo mpamvu, Satani yemerewe gukorera ku isi muri iki gihe–kugira ngo abanga Krisito mu mitima yabo bagaragazwe kandi amaherezo bazacirweho iteka. Igihe Imana izaba itagikeneye Satani mu gusohoza umugambi wayo, umushukanyi azatabwa mu nyanja y’umuriro ababarizweyo kuzageza iteka ryose (reba Ibyah. 20:10).

Kwitegura Isi y’Igihe Kizaza

( Preparing For the Future World)

Niba warihannye ukizera ubutumwa bwiza, watsinze ikizami cya mbere kandi gikomeye cy’ubu buzima. Nyamara ntiwibwire ko utazakomeza kugeragezwa kugira ngo Imana imenye niba ukomeje kuyikurikira no kuyibera umwizerwa. “Abakomeza kwizera” ni bo bonyine bazashyikirizwa Imana nk’ “abera batagira inenge” (Kolo. 1:22-23).

Nyuma y’ibyo, Bibiliya igaragaza neza ko twese umunsi umwe tuzahagarara imbere y’intebe y’urubanza y’Imana, icyo ni cyo gihe buri wese azagororerwa ibikwiranye n’uko twumviye hano mu isi. Nuko rero turacyageragezwa kugira ngo bigaragare ko dukwiriye izo ngororano zitangaje z’igihe kizaza mu bwami bw’Imana. Pawulo yaranditse ati,

Ariko ni iki gituma ucira mwene So urubanza? Kandi nawe ni iki gituma uhinyura mwene So? Twese tuzahagarara imbere y’intebe y’imanza y’Imana, kuko byanditswe ngo Uwiteka aravuga ati, “Ndirahiye, amavi yose azampfukamira, kandi indimi zose zizavugaishimwe ry’Imana.” Nuko rero umuntu wese wo muri twe azimurikira ibyo yakoze imbere y’Imana (Rom. 14:10-12).

Kuko twese dukwiriye kuzagaragarizwa imbere y’intebe y’imanza ya Krisito, kugira ngo umuntu wese ahabwe ibikwiriye ibyo yakoze akiri mu mubiri, ari ibyiza cyangwa ibibi (2 Kor. 5:10).

Ni cyo gituma mudakwiriye guca urubanza rw’ikintu cyose igihe cyarwo kitarasohora, kugeza ubwo Umwami wacu azaza agatangaza ibyari byahishwe mu mwijima, kandi akagaragaza n’imigambi yo mu mutima. Ubwo ni bwo umuntu wese azahabwa n’Imana ishimwe rimukwiriye (1 Kor. 4:5).

Zizaba ari Ingororano Ki?

(What Will be the Rewards?)

Izo ngororano abakunze Yesu bakamukurikira bazahabwa, zizaba ari ngororano ki neza neza?

Bibiliya ivuga ku ngororano ebyiri nibura zitandukanye–gushimwa n’Imana, n’andi mahirwe yo kuyikorera. Zombi zivugwa mu mugani wa Yesu w’umuntu w’impfura:

Nuko aravuga ati,” Hariho umuntu w’impfura wazindukiye mu gihugu cya kure kwimikirwayo, yamara kwima akagaruka. Nuko ahamagara abagaragu be cumi, abaha mina cumi arababwira ati,’ Mube muzigenzura kugeza aho nzazira.’ Ariko ingabo ze zaramwangaga, zimukurikiza intumwa ziti,’ Uyu ntidushaka ko adutegeka.’ Agarutse amaze kwimikwa, ategeka ko bahamagara ba bagaragu yasigiye za feza, ngo amenye urugenzo umuntu wese muri bo yagenzuye. Uwa mbere araza ati, ‘ Mwami, mina yawe yavuyemo izindi mina cumi.’ Aramubwira ati, ‘ Nuko nuko mugaragu mwiza, kuko wakiranutse ku gito cyane, nuko ube umutware w’imisozi cumi.’ Haza uwa kabiri ati, ‘ Mwami, mina yawe yavuyemo mina eshanu.’ Uwo na we aramubwira ati, ‘ Nawe, twara imisozi itanu.’ Undi araza aramubwira ati, ‘ Mwami, dore mina yawe! Narayibitse ipfunyitse mu gitambaro, kuko nagutinyiye ko uri umunyamwaga, ujyana ibyo utabitse, ugasarura ibyo utabibye.’ Aramubwira ati, ‘ Ndagucira urubanza ku byo uvuze, wa mugaragu mubi we. Waruzi ko ndi umunyamwaga, ko njyana ibyo ntabitse, ko nsarura ibyo ntabibye. Ni iki cyakubujije guha abagenza ifeza yanjye, ngo bayigenzure, maze naza nkayitwarana n’urugenzo rwayo?’ Abwira abahagaze aho ati, ‘ Nimumwake mina ye, muyihe ufite mina cumi.’ Baramubwira bati, ‘ Mwami, ko afite icumi!’ ‘Ndababwira yuko ufite azahabwa, ariko udafite azakwa n’icyo yari afite. Kandi ba banzi banjye batakunze ko mbategeka, nimubazane hano mubīcire imbere yanjye'” (Luka 19:12-27).

Biragaragara ko uyu muntu w’impfura wari wazindukiye kure ariko amaherezo akagaruka, ashushanya Yesu. Yesu nagaruka, tuzamurika icyo twakoresheje impano, ubushobozi, imihamagaro n’uburyo yaduhaye, bishushanywa na mina imwe buri mugaragu yahawe muri uyu mugani. Nituzaba twarabaye abizerwa, tuzahabwa ingororano yo gushimwa na Yesu kandi duhabwe ububasha bwo gutegekana na We no gutwara isi (reba 2 Tim. 2:12; Ibyah. 2:26-27; 5:10; 20:6), kandi muri uyu mugani bishushanywa n’imisozi buri mugaragu w’umwizerwa azahabwa gutwara.

Kutabera k’Urubanza Tuzacirwa

(The Fairness of Our Future Judgment)

Undi mugani wa Yesu werekana neza ukuntu urubanza tuzacirwa ruzaba rutabera na gato:

Ubwami bwo mu ijuru bwagereranywa n’umuntu ufite urugo, yazindutse kare gushaka abahinzi ngo bahingire uruzabibu rwe. Asezerana n’abahinzi idenariyo ku munsi umwe, abohereza mu ruzabibu rwe. Isaha eshatu arasohoka, asanga abandi bahagaze mu iguriro nta cyo bakora, na bo arababwira ati, “Namwe mujye mu ruzabibu rwanjye, ndi bubahe ibikwiriye.” Baragenda. Yongera gusohoka mu isaha esheshatu n’isaha icyenda, abigenza atyo. Isaha zibaye cumi n’imwe arasohoka, asanga abandi bahagaze arababaza ati, “Ni iki kibahagaritse hano umunsi wose nta cyo mukora?”Baramusubiza bati, “Kuko ari nta waduhaye umurimo.” Arababwira ati, “Namwe mujye mu ruzabibu rwanjye.” Bugorobye nyir’uruzabibu abwira igisonga cye ati, “Hamagara abahinzi ubahe bihembo byabo, utangirire ku ba nyuma ugeze ku ba mbere.” Abatangiye mu isaha cumi n’imwe baje, umuntu wese ahabwa idenariyo imwe. Ababanje baje bibwira ko bahembwa ibirutaho, ariko umuntu wese ahabwa idenariyo imwe. Bazihawe bitotombera nyir’uruzabibu bati, “Aba ba nyuma bakoze isaha imwe, ubanganyije natwe abahingitse umunsi wose tuvunika, twicwa n’izuba!” Na we asubiza umwe muri bo ati, “Mugenzi wanjye sinkugiriye nabi. Ntuzi ko twasezeranye idenariyo imwe? Ngiyo yijyane ugende. Konshatse guhemba uwanyuma nkawe, mbese hari icyambuza kugenza ibyanjye uko nshaka, ko undeba igitsure kuko ngize ubuntu?” Uko ni ko ab’inyuma bazaba ab’imbere, kandi ab’imbere bazaba ab’inyuma (Mat. 20:1-16).

Muri uyu mugani Yesu ntabwo yavugaga ko ku mperuka abakozi b’Imana bose bazahabwa ingororano zingana, kuko ibyo ntibyaba ari ukubera gusa ahubwo byaba binavuguruza ibindi byanditswe byinshi (reba, urugero, Luka 19:12-27; 1 Kor. 3:8).

Ahubwo Yesu yavugaga yuko buri mukozi w’Imana wese azagororerwa, hadashingiwe gusa ku byo bayikoreye, ahubwo hashingiwe ku mahirwe yabahaye. Ba bakozi bakoze isaha imwe bavugwa mu mugani wa Krisito, baba barakoze umunsi wose iyo nyir’uruzabibu aza kubaha ayo mahirwe. Nuko rero abakoresheje neza amahirwe yabo bahawe y’isaha imwe bahembwe kimwe n’abahawe amahirwe yo gukora umunsi wose.

Kandi rero, Imana itanga atandukanye kuri buri mugaragu wayo. Bamwe ibaha amahirwe menshi yo gukorera abandi no guhesha umugisha ibihumbi by’abantu bakoresha impano zitangaje yabahaye. Abandi ikabaha amahirwe make n’impano nkeya, nyamara amaherezo bakazahembwa kimwe iyo babaye abizerwa kimwe mu byo Imana yabahaye.[1]

Umwanzuro

(The Conclusion)

Nta kintu na kimwe kiruta kumvira Imana, kandi umunsi umwe buri muntu wese azabimenya. Abanyabwenge ibyo barabizi kandi barabizirikana mu mibereho yabo!

Iyi ni yo ndunduro y’ijambo, byose byarumviswe. Wubahe Imana kandi ukomeze amategeko yayo, kuko ibyo ari byo bikwiriye umuntu wese. Kuko Imana izazana umurimo wose mu manza, n’igihishwe cyose ari icyiza cyangwa ikibi (Umubw. 12:13-14).

Umukozi w’Imana uhindura abantu abigishwa agandukira Imana n’umutima we wose kandi akora uko ashoboye kose kugira ngo akangurire abigishwa be kugenza batyo!

Ushatse gukomeza kwiga binonosoye kurushaho iyi ngingo y’urubanza tuzacirwa mu gihe kizaza, wareba Mat. 6:1-6, 16-18; 10:41-42; 12:36-37; 19:28-29; 25:14-30; Luka 12:2-3; 14:12-14; 16:10-13; 1 Kor. 3:5-15; 2 Tim. 2:12; 1 Pet. 1:17; Ibyah. 2:26-27; 5:10; 20:6.

 


[1] Ntabwo uyu mugani uvuga yuko abihannye bakiri bato bagakorana umuhate n’ubwizerwa kumara imyaka myinshi bazahembwa kimwe n’abihannye mu mwaka wa nyuma w’ubuzima bwabo hanyuma bagakorera Imana mu bwizerwa mu mwaka umwe gusa. Ibyo byaba birimo akarengane, kandi ntabwo byaba bishingiye ku mahirwe Imana yahaye buri muntu, kuko Imana yahaye buri wese amahirwe yo kwihana mu buzima bwe bwose. Ubwo rero abaharanye igihe kinini bazahabwa ingororano iruta iz’abakoze igihe gito.