Uburyo Bwo Kuyoborwa n’Umwuka (How to be Led by the Spirit)

Igice Cya Makumyabiri na Kabiri (Chapter Twenty-Two)

Ubutumwa bwiza bwa Yohana burimo amasezerano menshi ya Yesu ajyanye n’umurimo w’Umwuka Wera mu bugingo bw’abizera. Reka dusome amwe muri yo:

Nanjye nzasaba Data, na we azabaha undi Mufasha wo kubana namwe ibihe byose, ni we Mwuka w’ukuri. Ntibishoboka ko ab’isi bamuhabwa, kuko batamurora kandi batamuzi, ariko mwebweho muramuzi kuko abana namwe, kandi azaba muri mwe. (Yoh 14:16-17).

Ariko Umufasha ari we Mwuka Wera, uwo Data azatuma mu izina ryanjye ni we uzabigisha byose, abibutse ibyo nababwiye byose (Yoh. 14:26).

Ariko ndababwira ukuri yuko ikizagira icyo kibamarira ari uko ngenda, kuko nintagenda Umufasha atazaza aho muri, ariko ningenda nzamuboherereza….Ndacyafite ibyo kubabwira byinshi, ariko ubu ntimubasha kubyihanganira. Uwo Mwuka w’ukuri naza azabayobora mu kuri kose kuko atazavuga ku bwe, ahubwo ibyo azumva ni byo azavuga, kandi azababwira ibyenda kubaho. Uwo azanyubahiriza, kuko azenda ku byanjye akabibabwira. Ibyo Data afite byose ni ibyanjye, ni cyo gituma mvuga nti,’Azenda ku byanjye abibabwire’ (Yoh. 16:7, 12-15).

Yesu yasezeraniye abigishwa be ko Umwuka Wera azaba muri bo. Kandi ko azabafasha, akabigisha, akabayobora kandi akabereka ibyenda kubaho. Uyu munsi twebwe nk’abigishwa ba Yesu, nta mpamvu dufite yo kumva ko twebwe Umwuka Wera atadukorera ibyo.

Ikintu gitangaje, Yesu yabwiye abigishwa be ko icyababera cyiza ari uko yagenda, ko niba atagiye Umwuka Wera adashobora kuza! Ibyo byerekanaga ko ubusabane bwabo n’Umwuka Wera bwashoboraga kuba ari bwinshi cyane nk’aho Yesu yakabaye ari kumwe rwose na bo mu buryo bw’umubiri igihe cyose. Naho ubundi ntacyo byabamarira kugira Umwuka Wera aho kugira Yesu. Yesu ari kumwe natwe iteka ryose kandi ari muri twe mu buryo bw’Umwuka Wera.

Ni mu buhe buryo tugomba kumva ko Umwuka Wera yatuyoboramo?

Izina rye ubwaryo,Umwuka Wera, rigaragaza ko umurimo we w’ibanze ari ukutuyobora mu mu kuba abera tugakiranukira Imana kandi tukayigandukira. Bityo rero ikintu cyose kijyanye no kwera no gusohoza ubushake bw’Imana mu isi gituruka ku buyobozi bw’Umwuka Wera. Azatuyobora kumvira amategeko ya Kristo yose rusange kimwe n’amategeko ya Kristo y’umwihariko ajyanye n’umurimo wihariye Imana yaduhamagariye gukora. Nuko rero niba ushaka kuyoborwa n’Umwuka ku byerekeranye n’umurimo wahamagariwe by’umwihariko, ugomba kuyoborwa n’Umwuka mu gukiranuka no kwera muri rusange. Ntushobora kubona kimwe udafite ikindi. Abakozi b’Imana benshi birenze urugero usanga bashaka kuyoborwa n’Umwuka Wera ngo imirimo yabo itere imbere cyane bakoreshwe ibikomeye n’ibitangaza, ariko ugasanga ntibashaka kwigora ngo bakore “utunto duto” two gukiranuka muri rusange. Uko ni ukwibeshya gukomeye. Mbese Yesu yayoboye abigishwa be ate? Yabayoboye mbere na mbere abaha amabwiriza yo kwera no gukiranuka. Amabwiriza yo kubayobora mu buryo bw’umwihariko bujyanye n’imirimo bahamagariwe yari macye ugereranyije n’ayo kwera muri rusange. Ni na ko bimeze rero ku Mwuka Wera uba muri twe. Nuko rero niba ushaka kuyoborwa n’Umwuka, ugomba kubanza mbere nambere ugakurikira uko akuyobora mu kwera.

Intumwa Pawulo yaranditse ati, “Abayoborwa n’Umwuka w’Imana bose, ni bo bana b’Imana” (Rom. 8:14). Uburyo tuyoborwa n’Umwuka ni byo bigaragaza ko turi abana b’Imana. Bityo rero abana b’Imana bose bayoborwa n’Umwuka. Birumvikana ko ari twe ubwacu, nk’abantu bafite guhitamo, dukwiriye kumvira cyangwa ntitwumvire ubuyobozi bw’Umwuka.

Ubwo ibyo byose ari uko bimeze rero, nta mukristo n’umwe ukwiye kwigishwa uko yayoborwa n’Umwuka Wera, kuko ubusanzwe Umwuka Wera ayobora buri mukristo. Ku rundi ruhande, Satani agerageza kuyobya abana b’Imana, kandi tuba tugifite kamere yacu ya kera y’umubiri muri twe igerageza kutuyobora mu buryo buhabanye n’ubushake bw’Imana. Bityo rero abizera baba bakwiye kwiga gushishoza bakamenya gutandukanya ubuyobozi bw’Umwuka n’ubwo buyobozi bundi. Iyo ni inzira igana ku gukura mu mwuka. Ariko icy’ishingiro ni iki: Igihe cyose Umwuka azatuyobora mu buryo bujyanye n’Ijambo ry’Imana ryanditse, kandi iteka azatuyobora gukora ibyiza bishimisha Imana, bishobora kuyihesha icyubahiro (reba Yoh. 16:14).

Ijwi ry’Umwuka Wera

(The Voice of the Holy Spirit)

Nubwo Bibiliya itubwira ko Umwuka Wera ashobora kutuyobora mu buryo butangaje nk’amayerekwa, ubuhanuzi, no mu ijwi ryumvikana ry’Imana, uburyo Umwuka Wera akunze gukoresha cyane agira icyo atubwira, ni ugushyira “igitekerezo” mu mutima wacu. Ni ukuvuga, igihe Umwuka ashaka ko tugira ikintu runaka dukora, azana igitekerezo muri twe–mu mwuka wacu–ukumva “urahatirwa” kugana mu cyerekezo runaka.

Iryo ryo mu mutima/mwuka wacu dushobora kuryita “umutima-nama.” Abakristo bose bazi uko umutima-nama wabo uvuga. Iyo tugeragezwa twenda gukora icyaha, ntabwo twumva ijwi ryumvikana rituvugiramo ngo, “Uramenye utagwa mu cyaha.” Ahubwo, twumva gusa ari nk’ikintu muri twe kirwanya icyo kigeragezo. Kandi iyo ikigeragezo kitunesheje tukacyemerera, nyuma y’uko icyaha cyamaze gukorwa, ntitwumva ijwi risanzwe ryumvikana rivuga ngo, “Wakoze icyaha! Wakoze icyaha!” Ahubwo twumva gusa hari ugushinjwa mu mutima, kandi ibyo bikatugeza ku kwihana no kwatura icyaha.

Muri ubwo buryo ni ho Umwuka azatwigisha akanatuyobora mu kuri kose no gusobanukirwa. Azatwigisha atumanurira ihishurirwa rije ako kanya (iteka rihamanya na Bibiliya). Iryo hishurirwa rishobora gufata nk’iminota icumi kugira ngo uribwire undi muntu, nyamara Umwuka Wera ariguha mu masegonda gusa.

Ni muri ubwo buryo kandi na none Umwuka azatuyobora mu bijyanye n’umurimo twahamagariwe. Tugomba gukora uko dushoboye gusa tugatega amatwi ubwo buyobozi bw’imbere n’ibyo byiyumviro, buhoro buhoro tuzagenda twiga (tugwa tubyuka) kumva Umwuka mu bijyanye n’uko atuyobora mu murimo. Igihe twemereye imitwe yacu (imitekerereze yacu mizima cyangwa ipfuye) kwitambika imbere y’imitima yacu (mu nzira Umwuka atuyoboramo) ni ho twisanga twakoze amakosa mu bijyanye n’ubushake bw’Imana.

Uburyo Umwuka Yayoboraga Yesu

(How the Spirit Led Jesus)

Yesu yayoborwaga n’Umwuka Wera mu buryo bw’ibyiyumviro by’imbere mu mutima. Urugero, ubutumwa bwiza bwa Mariko bwerekana ukuntu byagenze Yesu akimara kubatizwa mu Mwuka Wera nyuma yo kubatizwa na Yohana:

Uwo mwanya Umwuka amujyana mu butayu” (Mariko 1:12).

Yesu ntiyumvise ijwi risanzwe ryumvikana cyangwa ngo abone iyerekwa rimuyobora kujya mu butayu–Yumvise gusa yemejwe kugenda. Ubusanzwe uko ni ko Umwuka Wera atuyobora. Wumva usunikwa, uyoborwa, wemezwa muri wowe gukora ikintu runaka.

Igihe Yesu yabwiraga cya kirema bamanuriraga mu gisenge cy’inzu ngo ibyaha bye arabibabariwe, Yesu yamenye ko abanditsi bari bari aho bibwiye mu mitima ngo atutse Imana arigereranyije. Yamenye ate ibyo barimo bibwira mu mitima? Dusoma mu butumwa bwiza bwa Mariko ngo:

Uwo mwanya Yesu, amenya mu mutima we yuko biburanya batyo mu mitima yabo arababaza ati, “Ni iki gitumye mwiburanya mutyo mu mitima yanyu?” (Mariko 2:8).

Yesu yamenye mu mutima we ko biburanya. Duteze amatwi neza imitima yacu, natwe twamenya icyo tugomba kubwira abarwanya umurimo w’Imana.

Ubuyobozi bw’Umwuka mu Murimo wa Pawulo

(The Spirit’s Leading in the Ministry of Paul)

Nyuma y’imyaka nibura makumyabiri ari mu murimo, intumwa Pawulo yari yarize neza uburyo bwo gukurikira ubuyobozi bw’Umwuka Wera. Mu rugero runaka, Umwuka Wera yamwerekaga “ibyenda kuba” bijyanye n’umurimo azakora. Urugero, nk’igihe Pawulo yasozaga umurimo we muri Efeso, yiyumvisemo uko ibintu bigomba kugenda mu buzima bwe no mu murimo mu myaka itatu yagombaga gukurikiraho:

Ibyo bishize, Pawulo agambirira mu mutima we kunyura i Makedoniya na Akaya ngo ajye i Yerusalemu yibwira ati, “Nimara kugerayo, nkwiriye kureba n’i Roma na ho” (Ibyak 19:21).

Urabona ko Pawulo atagambiriye ibi mu bwenge bwe ahubwo ni mu mutima we. Ibyo byereka na ko Umwuka Wera yarimo amuyobora mu mutima we kubanza kujya I Makedoniya na Akaya (hombi ni mu gihugu cy’Ubugiriki bw’iki gihe), agakomereza i Yerusalemu hanyuma i Roma. Kandi iyo ni yo nzira yakurikiye rwose. Niba muri Bibiliya yawe harimo ikarita yerekana urugendo rwa gatatu rwa Pawulo rw’ivugabutumwa n’urugendo rwe ajya i Roma, ushobora gukurikirana neza inzira yakurikiye avuye i Efeso (aho yagambiririye inzira azacamo mumutima we) agaca Makedoniya na Akaya, akagera I Yerusalemu, hanyuma nyuma y’imyaka micye akajya i Roma.

Uko byagenze neza neza, Pawulo yanyuze i Makedoniya na Akaya, hanyuma asubira i Makedoniya, azenguruka inkengero z’inyanja ya Aege (Aegean Sea), akomeza ku nkengero z’iyo nyanja muri Asiya Ntoya. Muri urwo rugendo yahagaze mu mujyi wa Mileto, atumaho abakuru b’Itorero rihegereye rya Efeso, ababwira amagambo yo kubasezeraho; muri ayo magambo aravuga ati:

None dore ngiye i Yerusalemu mboshywe mu mutima, ibizambaho ngezeyo simbizi, keretse yuko Umwuka Wera ampamiriza mu midugudu yose, yuko ingoyi n’imibabaro bintegerejeyo (Ibyak 20:22-23).

Pawulo yavuze ko “aboshywe mu mutima,” bisobanura ko yumvaga yemezwa mu mutima we ko agomba kujya i Yerusalemu. Ntiyari azi neza ku buryo bunonosoye ibizamubaho byose ageze i Yerusalemu, ariko yavuze ko muri buri mudugudu yahagararagamo muri urwo rugendo rwe, Umwuka Wera yahamyaga ko ingoyi n’imibabaro bimutegereje. Umwuka Wera “yahamije” ate izo ngoyi n’imibabaro byari bimutegereje i Yerusalemu?

Ingero Ebyiri

(Two Examples)

Mu gice cya 21 cy’igitabo cy’Ibyakozwe, tubonamo hantu habiri hasubiza icyo kibazo. Urugero rwa mbere ni igihe Pawulo yambukiraga mu cyambu cy’umudugudu wa Tiro:

Tuhasanga abigishwa dusibirayo, na bo babwirijwe n’Umwuka babuza Pawulo kujya i Yerusalemu (Ibyak. 21:4).

Bitewe n’uyu murongo umwe, abasobanuzi bamwe ba Bibiliya banzuye ko Pawulo yanze kumvira Imana agakomeza urugendo ajya i Yerusalemu. Nyamara iyo turebye ibindi tubwirwa mu gitabo cy’Ibyakozwe, dushobora gufata umwanzuro nyawo. Ibi biraza gusobanuka neza uko tugenda dukomeza muri iyo nkuru.

Uko bigaragara, abigishwa b’i Tiro bumvaga Umwuka cyane hanyuma bahishurirwa ko ibibazo bitegereje Pawulo i Yerusalemu. Hanyuma bamaze guhishurirwa ibyo, bagerageje kumwumvisha ko atagomba kugenda. Mu busobanuro bwa William bw’Isezerano Rishya uyu murongo usobanuwe muri ubu buryo: “Bitewe n’uko Umwuka Wera yabumvishaga mu mitima bakomeje kuburira Pawulo ngo ntazakandagize ikirenge cye i Yerusalemu.”

Ariko abigishwa b’i Tiro ntibashoboye kugera ku byo bifuzaga, kuko Pawulo yakomeje urugendo rwe ajya i Yerusalemu nubwo bari bamuburiye.

Ibi bitwigisha ko tugomba kwirinda kwiyongerera ibyo dushatse ku nsobanuro z’amahishurirwa tubona mu mitima yacu. Pawulo yari azi neza ko ibibazo bimutegereje i Yerusalemu, ariko na none yari azi ko ari ubushake bw’Imana ko ajyayo uko biri kose. Iyo Imana iduhishuriye ikintu ku bw’Umwuka Wera, ntibivuga ko tugomba kukivuga, kandi tugomba kwirinda kwiyongereraho insobanuro zacu ku byo Umwuka aduhishuriye.

Ahagarara i Kayisariya

(Caesarea Stop Over)

Ahandi Pawulo yahagaze muri urwo rugendo rwe ajya i Yerusalemu ni ku cyambu cy’umudugudu wa Kayisariya:

Tugitinzeyo iminsi haza umuhanuzi witwaga Agabo avuye i Yudaya. Ageze aho turi, yenda umushumi wa Pawulo awibohesha amaguru n’amaboko aravuga ati, “Umwuka Wera avuze ngo; ‘Nyir’uyu mushumi ni ko Abayuda bazamubohera I Yerusalemu, bamutange mu maboko y’abapagani'” (Ibyak 21:10-11).

Urabona hano urundi rugero rw’ukuntu Umwuka Wera yahamyaga “ingoyi n’imibabaro” byari bitegereje Pawulo i Yerusalemu. Ariko urabona ko Agabo atavuze ngo, “Nuko rero, umva uko Uwiteka avuga, ‘Ntujye i Yerusalemu!'” Oya, Imana yayoboraga Pawulo kujya i Yerusalemu kandi yarimo imutegura ikoresheje ubuhanuzi bwa Agabo, imutegurira ibibazo byari bimutegereje i Yerusalemu. Urabona kandi ko ubuhanuzi bwa Agabo bwashimangiraga gusa ibyo Pawulo yari amaze amezi azi mu mutima we. Ntitugomba na rimwe kuyoborwa n’ubuhanuzi. Igihe ubuhanuzi butaje bushimangira ibyo dusanzwe tuzi, ntitugomba kubukurikira.

Ubuhanuzi bwa Agabo ni ikintu dushobora gufata nko “kuyoborwa mu buryo butangaje,” kuko bwarenze uko Pawulo yumvaga mu mutima we gusa. Iyo Imana itanze “ubuyobozi butangaje,” nk’iyerekwa cyangwa ijwi ryumvikana, ubusanzwe biba bitewe n’uko Imana iba izi ko urugendo rutazaba rworoshye. Tuba dukeneye ibindi bimenyetso bitwemeza neza bizanwa n’uko kuyoborwa gutangaje. Ku bijyanye na Pawulo, yari kuzagarukira hafi gupfa yishwe n’igihiriri cy’abantu bigaragambije kandi akazamara imyaka itari micye mu nzu y’imbohe mbere y’uko afata urugendo rwe ajya I Roma ajyanywe ari imbohe. Nyamara bitewe n’uko kuyoborwa gutangaje yahawe, yashoboye gutuza arakomera muri ibyo bibazo byose, azi neza ko iherezo rizaba ryiza.

Niba utabonye uko kuyoborwa gutangaje ntibikwiye gutuma uhangayika kuko nubishaka, Imana izabiguha byanze bikunze. Ahubwo iteka tugomba kuba maso tugakurikira ijwi ry’imbere mu mutima riduhamiriza.

Mu Ngoyi ariko Mu Bushake bw’Imana

(In Chains and in God’s Will)

Igihe Pawulo yageze I Yerusalemu, yarafashwe atabwo mu nzu y’imbohe. Na none yongeye guhabwa kuyoborwa kudasanzwe mu buryo bw’iyerekwa abona:

Mu ijoro ry’uwo munsi Umwami amuhagarara iruhande[rwa Pawulo] aramubwira ati, “Humura; uko wampamirije i Yerusalemu ni ko ukwiriye kumpamiriza n’i Roma” (Ibyak. 23:11).

Urabona ko Yesu atavuze ngo, “Pawulo, ubu urakora iki hano? Nagerageje kukuburira ngo utaza i Yerusalemu!” Oya, mu byukuri ahubwo yashimangiye ubuyobozi Pawulo yari yumvise mu mutima we mu mezi macye mbere yaho. Pawulo i Yerusalemu yari ari rwose mu mugambi w’Imana kugira ngo ahamirize Yesu. Kandi amaherezo yagombaga kuzavuga Kristo i Roma.

Ugomba gukomeza kwibuka ko mu ruhande rumwe umuhamagaro w’ibanze wa Pawulo kwari ukuzahamya atari imbere y’Abayuda gusa, ahubwo n’imbere y’abanyamahanga n’imbere y’abami (reba Ibyak 9:15). Mu gihe cy’ifungwa rye I Yerusalemu na nyuma yaho i Kayisariya, Pawulo yagize amahirwe yo guhamya imbere y’umutegeka Feliki, imbere ya Porukiyo Fesito, n’imbere y’umwami Agiripa, uwo Pawulo “yabuzeho hato ngo amwemeze” (Ibyak 26:28) kwizera Yesu Kristo. Hanyuma amaherezo Pawulo yaje koherezwa guhamya imbere y’umwami w’Umuroma Nero ubwe.

Mu Nzira Ajya kwa Nero

(On the Way to See Nero)

Pawulo na none ari mu bwato bwari bumujyanye muri Italiya, yongeye guhabwa ubuyobozi bw’Imana mu gutega amatwi umutima we. Ubwo umutegeka w’ubwato n’umwerekeza bageragezaga gushaka aho batsika ubwato ku kirwa cya Kireti ngo bahamare igihe cy’imbeho, Pawulo yahawe ihishurirwa:

Ariko kuko hari hashize iminsi myinshi kandi kunyura mu nyanja kukaba kwari gufite akaga, kuko ndetse n’iminsi yo kwiyiriza ubusa yari yarashize, nuko Pawulo abagīra inama ati, “Yemwe bagabo, mbonye yuko uru rugendo rugiye kubamo ibyago no gupfusha byinshi, si iby’inkuge n’ibirimo gusa, ahubwo n’ubugingo bwacu na bwo” (Ibyak 27:9-10).

Pawulo yabonye ibyendaga kuba. Biragaragara ko uko kubibona kwe kwari ukubyiyumvamo mu buryo abihawe n’Umwuka.

Ikibabaje ariko umutware utwara umutwe ntiyumviye inama ya Pawulo ahubwo ashaka ko bakomeza bakajya mu wundi mwaro. Ingaruka yabaye ko bamaze ibyumweru bibiri bafatiwe hagati mu miyaga ikomeye y’ishuheri. Ibintu byaje kuba bibi cyane kugeza ubwo ku munsi wa kabiri aberekeza ubwato batangiye kuroha ibintu byose byari mu bwato,ndetse ku munsi wa gatatu bajugunya n’iby’inkuge mu nyanja. Hanyuma Pawulo yaje kongera kuyoborwa n’Umwuka:

Kandi hashize iminsi myinshi izuba n’inyenyeri bitaboneka, duterwa na ruhuhuma y’umuyaga mwinshi, ibyo bituma twiheba rwose twibaza ko nta wuzakira. Kandi bamaze iminsi myinshi batarya, Pawulo ahagarara muri bo hagati arababwira ati, “Yemwe bagabo, mwari mukwiye kunyumvira ntimuve i Kirete, ngo mutabona ibi byago no gupfusha ibyanyu. Kandi none ndabakomeza, nimuhumure kuko muri mwe hatazapfa n’umwe keretse inkuge, kuko iri joro hahagaze marayika w’Imana, ndi uwayo nyikorera akambwira ati, ‘Pawulo, witinya ukwiriye guhagarara imbere ya Kayisari, kandi dore Imana iguhaye n’abo mugendana bose.’ Nuko nimuhumure mwa bagabo mwe, kuko nizeye Imana yuko bizaba uko nabwiwe. Ariko dukwiriye gusukwa ku kirwa” (Ibyak 27:20-26).

Ndibwira yuko icyatumye Imana iha Pawulo ukundi “kuyoborwa gutangaje ” kigaragara cyane ukurikije iri hishurirwa yari ahawe. Ibyo bishize, Pawulo yagombaga no guhura no kurohama mu bwato. Nyuma yaho gato yagombaga kuribwa n’inzoka y’ubumara bukaze (reba Ibyak 27:41-28:5). Mbega ukuntu ari byiza kugira marayika ukubwira mbere hakiri kare ko byose bizagenda NEZA!

Inama Zimwe na Zimwe

(Some Practical Advice)

Tangira utege amatwi umutima wawe wumve ibitekerezo n’ibyiyumviro bishobora kuba ari ubuyobozi bw’Umwuka Wera. Birashoboka ko mu ntangiriro wakora amakosa yo kwibwira ko ari Umwuka Wera urimo akuyobora kandi atari we, ariko ibyo ni ibisanzwe. Ntucike intege; wowe komeza gusa.

Na none kandi ni byiza gufata umwanya wiherereye ahantu hatuje, usenga mu ndimi unasoma Bibiliya. Iyo dusenga mu zindi ndimi ni umwuka wacu uba usenga, ibyo rero bituma turushaho kumva umwuka wacu. Na none kandi mu gusoma Ijambo ry’Imana no kuritekerezaho ukaryūza bituma urushaho kumva umwuka wawe kuko Ijambo ry’Imana ari ibyokurya by’umwuka.

Iyo Imana ikuyoboye mu cyerekezo runaka, kuyobora kwayo ntikugabanuka. Ni ukuvuga ko ugomba gukomeza gusenga usengera ibyemezo bikomeye bimwe na bimwe wakenera gufata kumara igihe runaka kugira ngo umenye neza ko ari Imana irimo irakuyobora atari ibitekerezo byawe cyangwa amarangamutima yawe. Iyo nta mahoro wumva mu mutima wawe igihe usengera icyerekezo runaka, ntugomba kujya muri icyo cyerekezo mu gihe utaragira amahoro mu mutima.

Igihe uhawe kuyoborwa gutangaje, ibyo ni byiza, ariko ntukagerageze “kwizerera” kubona iyerekwa cyangwa kumva ijwi. Imana ntiyasezeranye ko izatuyobora muri ubwo buryo (nubwo ijya ibikora ku bw’impamvu zayo z’uko icyo ishatse cyose igikora). Nyamara ahubwo, dushobora igihe cyose kwizera ko ituyobora ikoresheje igihamya cyo mu mutima.

Icya nyuma, ntukagire ibyo wiyongereraho ku byo Imana ikubwiye. Imana ishobora kuguhishurira umurimo yaguteguriye uzakora mu bihe biri imbere, ariko ushobora kwibwira ko ari nko mu byumweru bitaha kandi hashobora kuzaca imyaka. Ndavuga ibyo nabonye. Ntukagereranye gusa ngo wishyirireho igihe. Pawulo yari afite icyo azi ku bihe bye biri imbere ariko ntiyari azi byose. Imana ishaka ko dukomeza kugendera mu kwizera igihe cyose.